Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rutahizamu wahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana yagarutse ku kibuga nyuma y’igihe atagaragara

radiotv10by radiotv10
30/07/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rutahizamu wahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana yagarutse ku kibuga nyuma y’igihe atagaragara
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu Sugira Ernest wanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda, wanakiniye Amavubi yanatsinzemo ibitego byagiye biha ibyishimo Abanyarwanda, akaba amaze igihe adafite ikipe, yaramukiye ku kibuga gusubukura imyitozo, ariko ntiyayikorana n’abandi bakinnyi b’ikipe yari ajemo.

Sugira Ernest umaze igihe adafite ikipe, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Nyakanga 2024 ubwo ikipe ya AS Kigali yasubukuraga imyitozo, na we yagaragaye kuri Kigali Pele Stadium nk’uje na we mu myitozo.

Uyu rutahizamu ufite izina rizwi na benshi mu bakunzi ba ruhago mu Rwanda, ubwo yari kuri Kigali Pele Stadium, yabanje kumva amabwiriza hamwe n’abandi bakinnyi bari baje gusubukura imyitozo muri AS Kigali, ariko iyi nama ihumuje we ahita ajya kwicara hanze y’ikibuga, mu gihe abandi bahise batangira imyitozo.

Kugeza ubu ntiharamenyekana impamvu Sugira Ernest atakoranye imyitozo n’abandi bakinnyi ba AS Kigali na yo yasubukuye imyitozo kuri uyu wa Kabiri, nyuma y’uko imaze igihe ivugwamo ibibazo by’amikora byanatumye itinda kuyitangira.

Sugira wari umaze igihe adafite ikipe, aheruka kugira ikipe mu ntangiro za 2023 ubwo yakiniraga Al Wahda yo muri Syria, ariko akaza gutandukana n’iyi kipe atarangije amasezerano ye.

Sugira Ernest ni rutahizamu uri mu batanze ibyishimo muri ruhago nyarwanda
Ubwo yari aje mu myitozo ya AS Kigali ntiyakoze imyitozo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: U Rwanda na Congo bagiye kongera guhurira ku meza y’ibiganiro

Next Post

Umunyarwanda uba muri Uganda yatawe muri yombi akekwaho ibyumvikanamo amahano

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Umunyarwanda uba muri Uganda yatawe muri yombi akekwaho ibyumvikanamo amahano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.