Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rutsiro: Abari bagiye guhemba uwibarutse bakoze impanuka y’ubwato babiri bahita bapfa

radiotv10by radiotv10
03/05/2022
in MU RWANDA
0
Rutsiro: Abari bagiye guhemba uwibarutse bakoze impanuka y’ubwato babiri bahita bapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwato bwari butwaye abantu bari bagiye guhemba umubyeyi wibarutse, bwakoreye impanuka mu Kiyaga ya Kivu mu gice giherereye mu Kagari ka Remera mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yaguyemo abantu babiri, abandi batatu barabura.

Ubu bwato bwakoze impanuka ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 02 Gicurasi 2022, bwari butwaye abantu 33 bwerecyeza ku Kirwa cya Bugaragara.

Bivuga ko aba bantu bari bavuye mu Kagari ka Remera berecyeza kuri iki Kirwa guhemba umubyeyi uherutse kwibaruka.

Mudahemuka Christophe uyobora Umurenge wa Boneza, yemeje ko ubu bwato bwari burimo abantu 33, aho 30 babonetse ariko babiri muri bo bahise bitaba Imana mu gihe abandi batatu batari baboneka.

Uyu muyobozi avuga ko iyi mpanuka ishobora kuba yatewe n’umuyaga mwisnhi wari uri mu Kiyaga cya Kivu dore ko n’ubu bwato butari bwaragenewe gutwara abagenzi ahubwo ko bwari ubwo gukoresha mu mirimo yo kuroba.

Ubwo uyu muyaga mwinshi wakubitanaga n’ubu bwato bwari bumaze gufata umuvuduko bwerecyeza ku Kirwa, ni bwo bwabuze uburinganire mu mazi, bihita bitera iyi mpanuka.

Aba bantu bari bari mu bwato kandi ntibari bambaye imyenda yabugenewe yatuma batarohama.

Abakora ingendo zo mu mazi bakunze kuburirwa kenshi ko bagomba kugenda bambaye imyenda yabugenewe [Life jacket] ndetse bakanakoresha ubwato busanzwe butwara abagenzi kandi bunafite ubwishingizi mu gihe ubu bwakoze iyi mpanuka butari bubufite.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 − 1 =

Previous Post

Kongera kunga ubumwe bwa RDF na UPDF ni intego ya mbere ngezeho- Muhoozi

Next Post

Nyamasheke: Umwarimu akurikiranyweho gusambanya abana batatu yigisha ‘Cours du soir’

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Umwarimu akurikiranyweho gusambanya abana batatu yigisha ‘Cours du soir’

Nyamasheke: Umwarimu akurikiranyweho gusambanya abana batatu yigisha ‘Cours du soir’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.