Saturday, July 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kongera kunga ubumwe bwa RDF na UPDF ni intego ya mbere ngezeho- Muhoozi

radiotv10by radiotv10
02/05/2022
in MU RWANDA
0
Kongera kunga ubumwe bwa RDF na UPDF ni intego ya mbere ngezeho- Muhoozi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba arishimira ko RDF na UPDF bongeye kuba umwe ndetse ko ari yo ntego ya mbere agezeho mu buzima bwa Gisirikare.

Yabitangaje mu butumwa yatambukije kuri Twitter kuri uyu wa Mbere tariki 02 Gicurasi 2022, nyuma y’uko u Rwanda na Uganda bongeye kunga ubumwe.

Uyu musirikare usanzwe afite ijambo muri Uganda akaba n’Umujyanama wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu bikorwa byihariye bya Gisirikare, yavuze ko kuba Igisirikare cy’Igihugu cye n’icy’u Rwanda byongeye kunga ubumwe ari intego ikomeye yari afite.

Muhoozi yagize ati “Namaze kugera ku ntego yanjye ya mbere mu buzima bwa gisirikare. Kongera guhuza ubumwe bwa UPDF na RDF! Ubwo ubu twongeye kunga ubumwe, abanzi bacu bagiye guhura n’akaga.”

Muri Gashyantare uyu mwaka, ubwo umubano w’u Rwanda na Uganda wari uri kuzahuka, Muhoozi yari yatangaje ko Igirikare cya Uganda n’icy’u Rwanda bishobora guhuza imbaraga mu guhashya no kurandura imitwe ya FDLR na ADF iri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubwo yaganiraga n’Umunyamakuru Arinaitwe Rugyendo, Muhoozi yabajijwe ku byo guhuza imbaraga kwa UPDF na RDF mu guhashya iyi mitwe, yagize ati “Yego kandi ndizera ko ari igitekerezo cyiza kuri FARDC, UPDF na RDF mu gukurikirana iriya mitwe yitwaje intwaro hanyuma igasohorwa.”

Inama y’abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yateranye mu kwezi gushize, yafatiwemo imyanzuro igamije gutsinsura ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro ihungabanya umutekano wo mu karere ifite ibirindiro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi myanzuro isaba imitwe yose ikomoka mu Bihugu byo hanze, gushyira hasi intwaro igataka bitaba ibyo ikagabwaho ibitero byo kuyirandura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − one =

Previous Post

Urupfu rw’uwakusanyirizwaga inkunga yo kujya kwivuza rwashenguye benshi

Next Post

Rutsiro: Abari bagiye guhemba uwibarutse bakoze impanuka y’ubwato babiri bahita bapfa

Related Posts

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
05/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Abari bagiye guhemba uwibarutse bakoze impanuka y’ubwato babiri bahita bapfa

Rutsiro: Abari bagiye guhemba uwibarutse bakoze impanuka y’ubwato babiri bahita bapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.