Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Bizejwe ibitangaza nabo bicinya icyara ko bagiye gukira none ubukene n’inzara birabarembeje

radiotv10by radiotv10
11/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Bizejwe ibitangaza nabo bicinya icyara ko bagiye gukira none ubukene n’inzara birabarembeje
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko bafatiwe ubutaka n’umushinga LAFREC ngo bube ubuhumekero bwa Pariki ya Gishwati-Mukura, bizezwa kuzishyurwa amafaranga no kuzorozwa amatungo, none imyaka ibaye ine batarahabwa ibyo bemerewe.

Aba baturage bo mu kagari ka Rundoyi mu Murenge wa Ruhango, bavuga ko umushinga wa LAFREC waje ukeneye ubutaka bwabo buri ku nkengero za Kariki ya Gishwati-Mukura kugira ngo bube ubuhumekero bwayo.

Umwe yagize ati “Umushinga LAFREC waraje bati ni ‘ubuhumekero bwa parike dushaka’ tuti ‘rero ntabwo twatera amahane kandi ari inyungu za Leta n’izacu’.”

Uyu muturage akomeza avuga ko ubuyobozi bw’uyu mushinga bwahise bubizeza ko uzajya atwarirwa ubutaka bungana na hegitari azajya ahabwa inka ifite agaciro k’ibihumbi 500 Frw, naho abafite ubutaka bo bizezwa ko bazorozwa ihene cyangwa intama bifite agaciro k’ibihumbi 30 Frw.

Nanone kandi uyu mushinga wababwiye ko abantu bari hagati ya 25 na 30 bazajya bakora itsinda ubundi rigahabwa miliyoni 35 Frw, kugira ngo babone uko bakodesha ubundi butaka bwo guhingamo, ariko ngo batunguwe no kuba abari guhabwa inka y’ibihumbi 500 Frw bahawe ibihumbi 160 Frw.

Uyu muturage akomeza agira ati “Twanze kubyakira, ubuyobozi bwo hejuru mu Karere baravuga bati ‘mufate iyo ni inkunga ntabwo inkunga iburanwa’.”

Icyakora ngo ibyo byose bizejwe nta na kimwe babonye none byabazaniye imibereho mibi. Ati “Tumerewe nabi, ni ukuri ni inzara n’ubukene twari dutunzwe n’isuka, isuka barayitubujije, abana bacu ni uguhamahama bajya mu mashuri.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Murekatete Triphosie buvuga ko ntacyo bufite kuvuga kuri iki kibazo kuko cyamaze kugera mu nzego z’ubutabera.

Yagize ati ”Abo baturage twaraganiriye, twanakoranye na bo inama n’inzego zitandukanye, ikibazo cyabo kiri mu nkiko kandi twabagiriye n’inama y’uruhare rwabo aho bagaragaza ko babahemukiye ariko ikibazo cyageze mu rukiko ngira ngo ubu ngubu habaye ubujurire, twakoranye inama nabo kandi n’Umushinjacyaha twari kumwe yabagiriye inama y’inzira bacamo; ngira ngo rero ubwo ikibazo cyageze mu rukiko ni ukugikurikiranira mu rukiko tukumva icyo umwanzuro w’urukiko uzagaragaza.”

Abaturage bafatiwe ubutaka basaga 200 kandi ngo bari bijejwe guhabwa amafaranga miliyoni 25 Frw kuri buri tsinda ry’abantu 30 ndetse ufite ubutaka buri hejuru ya hegitari 1 agahabwa inka ifite agaciro k’ibihumbi 500 Frw naho uburi munsi ya hegitari agahabwa intama ifite agaciro k’ibihumbi 30 Frw.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Umunyamategeko azanye ingingo nshya ku mukozi wa Leta ukekwaho ibiterasoni byo gusambanira mu kabari

Next Post

DRCongo: M23 yavuze abahise bicwa ikirekura ibice yari yarafashe barimo Umuhoza washenguye benshi

Related Posts

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

by radiotv10
11/11/2025
0

Iraguha Clement wari uzwi nka Mwarimu Clement mu kazi ko kwigisha gutwara imodoka, yitabye Imana bikekwa ko yiyahuye mu Kiyaga...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

by radiotv10
11/11/2025
0

Sosiyete y’Igihigu Ishinzwe Ingufu-REG yasobanuye ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku Cyumweru mu bice hafi ya byose by’Igihugu, ryaturutse ku...

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

by radiotv10
11/11/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere cyatangaje ko muri iki gice cya kabiri cy’ukwezi k’Ugushyingo, mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hejuru y’isanzwe...

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

by radiotv10
11/11/2025
0

Abapadiri n’Ababikira ba Kiliziya Gatulika yo mu Rwanda, mu Burundi no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuye mu biganiro...

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

by radiotv10
11/11/2025
0

Catholic priests and nuns from Rwanda, Burundi, and the Democratic Republic of Congo have gathered in Kigali for discussions aimed...

IZIHERUKA

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon
FOOTBALL

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

11/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

11/11/2025
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

11/11/2025
Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

11/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: M23 yavuze abahise bicwa ikirekura ibice yari yarafashe barimo Umuhoza washenguye benshi

DRCongo: M23 yavuze abahise bicwa ikirekura ibice yari yarafashe barimo Umuhoza washenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.