Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Bizejwe ibitangaza nabo bicinya icyara ko bagiye gukira none ubukene n’inzara birabarembeje

radiotv10by radiotv10
11/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Bizejwe ibitangaza nabo bicinya icyara ko bagiye gukira none ubukene n’inzara birabarembeje
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko bafatiwe ubutaka n’umushinga LAFREC ngo bube ubuhumekero bwa Pariki ya Gishwati-Mukura, bizezwa kuzishyurwa amafaranga no kuzorozwa amatungo, none imyaka ibaye ine batarahabwa ibyo bemerewe.

Aba baturage bo mu kagari ka Rundoyi mu Murenge wa Ruhango, bavuga ko umushinga wa LAFREC waje ukeneye ubutaka bwabo buri ku nkengero za Kariki ya Gishwati-Mukura kugira ngo bube ubuhumekero bwayo.

Umwe yagize ati “Umushinga LAFREC waraje bati ni ‘ubuhumekero bwa parike dushaka’ tuti ‘rero ntabwo twatera amahane kandi ari inyungu za Leta n’izacu’.”

Uyu muturage akomeza avuga ko ubuyobozi bw’uyu mushinga bwahise bubizeza ko uzajya atwarirwa ubutaka bungana na hegitari azajya ahabwa inka ifite agaciro k’ibihumbi 500 Frw, naho abafite ubutaka bo bizezwa ko bazorozwa ihene cyangwa intama bifite agaciro k’ibihumbi 30 Frw.

Nanone kandi uyu mushinga wababwiye ko abantu bari hagati ya 25 na 30 bazajya bakora itsinda ubundi rigahabwa miliyoni 35 Frw, kugira ngo babone uko bakodesha ubundi butaka bwo guhingamo, ariko ngo batunguwe no kuba abari guhabwa inka y’ibihumbi 500 Frw bahawe ibihumbi 160 Frw.

Uyu muturage akomeza agira ati “Twanze kubyakira, ubuyobozi bwo hejuru mu Karere baravuga bati ‘mufate iyo ni inkunga ntabwo inkunga iburanwa’.”

Icyakora ngo ibyo byose bizejwe nta na kimwe babonye none byabazaniye imibereho mibi. Ati “Tumerewe nabi, ni ukuri ni inzara n’ubukene twari dutunzwe n’isuka, isuka barayitubujije, abana bacu ni uguhamahama bajya mu mashuri.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Murekatete Triphosie buvuga ko ntacyo bufite kuvuga kuri iki kibazo kuko cyamaze kugera mu nzego z’ubutabera.

Yagize ati ”Abo baturage twaraganiriye, twanakoranye na bo inama n’inzego zitandukanye, ikibazo cyabo kiri mu nkiko kandi twabagiriye n’inama y’uruhare rwabo aho bagaragaza ko babahemukiye ariko ikibazo cyageze mu rukiko ngira ngo ubu ngubu habaye ubujurire, twakoranye inama nabo kandi n’Umushinjacyaha twari kumwe yabagiriye inama y’inzira bacamo; ngira ngo rero ubwo ikibazo cyageze mu rukiko ni ukugikurikiranira mu rukiko tukumva icyo umwanzuro w’urukiko uzagaragaza.”

Abaturage bafatiwe ubutaka basaga 200 kandi ngo bari bijejwe guhabwa amafaranga miliyoni 25 Frw kuri buri tsinda ry’abantu 30 ndetse ufite ubutaka buri hejuru ya hegitari 1 agahabwa inka ifite agaciro k’ibihumbi 500 Frw naho uburi munsi ya hegitari agahabwa intama ifite agaciro k’ibihumbi 30 Frw.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Umunyamategeko azanye ingingo nshya ku mukozi wa Leta ukekwaho ibiterasoni byo gusambanira mu kabari

Next Post

DRCongo: M23 yavuze abahise bicwa ikirekura ibice yari yarafashe barimo Umuhoza washenguye benshi

Related Posts

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Igikomangomakazi Spéciose Mukabayojo, umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda hagati y’ 1896 n’ 1931, yitabiye Imana muri Kenya...

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

by radiotv10
28/10/2025
0

Inzego z’iperereza mu Rwanda zemeje ko nyiri uruganda rukora inzoga izwi nka ‘Be One Gin’ ari mu maboko y’inzego z’ubutabera,...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

by radiotv10
28/10/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo, the daughter of King Yuhi V Musinga who ruled Rwanda between 1896 and 1931, has passed away...

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

by radiotv10
28/10/2025
0

The Government of Rwanda has announced that the new digital national ID project, estimated to cost over Rwf 100 billion,...

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

by radiotv10
28/10/2025
0

Umugabo w’Umunyarwanda w’imyaka 39 y’amavuko, arakekwaho kwicisha icyuma umugore we na we w’Umunyarwandakazi w’imyaka 38, babanaga mu Bufaransa, ubwo yahengeraga...

IZIHERUKA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana
MU RWANDA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

28/10/2025
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

28/10/2025
Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

28/10/2025
Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: M23 yavuze abahise bicwa ikirekura ibice yari yarafashe barimo Umuhoza washenguye benshi

DRCongo: M23 yavuze abahise bicwa ikirekura ibice yari yarafashe barimo Umuhoza washenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.