Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Bizejwe ibitangaza nabo bicinya icyara ko bagiye gukira none ubukene n’inzara birabarembeje

radiotv10by radiotv10
11/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Bizejwe ibitangaza nabo bicinya icyara ko bagiye gukira none ubukene n’inzara birabarembeje
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko bafatiwe ubutaka n’umushinga LAFREC ngo bube ubuhumekero bwa Pariki ya Gishwati-Mukura, bizezwa kuzishyurwa amafaranga no kuzorozwa amatungo, none imyaka ibaye ine batarahabwa ibyo bemerewe.

Aba baturage bo mu kagari ka Rundoyi mu Murenge wa Ruhango, bavuga ko umushinga wa LAFREC waje ukeneye ubutaka bwabo buri ku nkengero za Kariki ya Gishwati-Mukura kugira ngo bube ubuhumekero bwayo.

Umwe yagize ati “Umushinga LAFREC waraje bati ni ‘ubuhumekero bwa parike dushaka’ tuti ‘rero ntabwo twatera amahane kandi ari inyungu za Leta n’izacu’.”

Uyu muturage akomeza avuga ko ubuyobozi bw’uyu mushinga bwahise bubizeza ko uzajya atwarirwa ubutaka bungana na hegitari azajya ahabwa inka ifite agaciro k’ibihumbi 500 Frw, naho abafite ubutaka bo bizezwa ko bazorozwa ihene cyangwa intama bifite agaciro k’ibihumbi 30 Frw.

Nanone kandi uyu mushinga wababwiye ko abantu bari hagati ya 25 na 30 bazajya bakora itsinda ubundi rigahabwa miliyoni 35 Frw, kugira ngo babone uko bakodesha ubundi butaka bwo guhingamo, ariko ngo batunguwe no kuba abari guhabwa inka y’ibihumbi 500 Frw bahawe ibihumbi 160 Frw.

Uyu muturage akomeza agira ati “Twanze kubyakira, ubuyobozi bwo hejuru mu Karere baravuga bati ‘mufate iyo ni inkunga ntabwo inkunga iburanwa’.”

Icyakora ngo ibyo byose bizejwe nta na kimwe babonye none byabazaniye imibereho mibi. Ati “Tumerewe nabi, ni ukuri ni inzara n’ubukene twari dutunzwe n’isuka, isuka barayitubujije, abana bacu ni uguhamahama bajya mu mashuri.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Murekatete Triphosie buvuga ko ntacyo bufite kuvuga kuri iki kibazo kuko cyamaze kugera mu nzego z’ubutabera.

Yagize ati ”Abo baturage twaraganiriye, twanakoranye na bo inama n’inzego zitandukanye, ikibazo cyabo kiri mu nkiko kandi twabagiriye n’inama y’uruhare rwabo aho bagaragaza ko babahemukiye ariko ikibazo cyageze mu rukiko ngira ngo ubu ngubu habaye ubujurire, twakoranye inama nabo kandi n’Umushinjacyaha twari kumwe yabagiriye inama y’inzira bacamo; ngira ngo rero ubwo ikibazo cyageze mu rukiko ni ukugikurikiranira mu rukiko tukumva icyo umwanzuro w’urukiko uzagaragaza.”

Abaturage bafatiwe ubutaka basaga 200 kandi ngo bari bijejwe guhabwa amafaranga miliyoni 25 Frw kuri buri tsinda ry’abantu 30 ndetse ufite ubutaka buri hejuru ya hegitari 1 agahabwa inka ifite agaciro k’ibihumbi 500 Frw naho uburi munsi ya hegitari agahabwa intama ifite agaciro k’ibihumbi 30 Frw.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 3 =

Previous Post

Umunyamategeko azanye ingingo nshya ku mukozi wa Leta ukekwaho ibiterasoni byo gusambanira mu kabari

Next Post

DRCongo: M23 yavuze abahise bicwa ikirekura ibice yari yarafashe barimo Umuhoza washenguye benshi

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

IZIHERUKA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize
MU RWANDA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: M23 yavuze abahise bicwa ikirekura ibice yari yarafashe barimo Umuhoza washenguye benshi

DRCongo: M23 yavuze abahise bicwa ikirekura ibice yari yarafashe barimo Umuhoza washenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.