Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

radiotv10by radiotv10
08/12/2025
in MU RWANDA
0
Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko batewe impungenge n’icyorezo cy’uburwayi kiri kubibasira, ndetse n’abagiye kwivuriza ku Kigo cy’Ubuzima (Poste de Santé) cya Bunyoni kibegereye, kikababwira ko kitabavurira kuri Mituweli.

Aba baturage bavuga ko iki cyorezo kimaze gufata benshi, kandi ngo iyo cyageze mu rugo rumwe, abarurimo bose kibageraho.

Nyirabusiha Venantie ati “Iki kirwara cyankubise hasi n’abuzukuru banjye, twese kiratuzambije kandi sinjye njyenyine; ni aka gasozi kose. Urebye cyahereye aha kirazamuka cyurira uyu musozi.”

Sibonteze Albert ati “Aka gace kose rwose cyatugezeho. Mu rugo twese twararwaye, n’aha kwa mudugudu bararwara, kuri uru rugo, umukecuru waho nawe amaze iminsi arwaye. Mbese uwo gifashe niba aryamye, uwo baryamanye nawe bucya yarwaye.”

Cyokora ikibahangayikishije kurushaho, ni uko ivuriro rito rya Bunyoni ribari hafi ritakira abivuriza kuri Mituweli, bityo bigatuma ab’intege nke bashobora kurembera mu ngo zabo mu gihe badafite ubushobozi bwo kwivuza biyishyurira 100%.

Nyirabusiha Venantie ati “Turi abakene, ariko badufasha bakaduha imiti nk’uko bari kuyihereza abandi barwaye iki cyorezo muri Rubavu. Nk’ubu nagiye ku Kivumu ngenda saa kumi n’ebyiri, ngerayo saa sita. Cyokora ho bamvurira kuri Mituweli, ngaruka gake gake n’abuzukuru banjye. Saa moya (za nijoro) twari tugeze mu rugo.”

Ayingeneye Dancille na we ati “Nararwaye mbura n’imiti, ni yo mpamvu niryamiye hano kuko nta mafaranga mfite. Ahubwo mutuvuganire baduhereze imiti.”

Ngabo Pie Denys ukorera muri iri vuriro rito rya Bunyoni, agaragaza ko impamvu bishyuza abaturage 100% ari uko batarahabwa ibyangombwa byo gukorana na Mituweli, agahera aho asaba ko ibi byangombwa byajya byihuta.

Ngabo Pie Denys ati “Impamvu tubishyuza 100% ni uko tutarahabwa access yo gukorana na Mituweli, kandi natwe biraduhombya. Twasaba ko ibyangombwa byajya byihutishwa cyane ibitangwa na RDB.”

Naho ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro, mu butumwa bugufi bwahaye umunyamakuru kuri telefone, Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rutsiro, Umuganwa Marie Chantal, yirinze kugira icyo avuga kuri icyo cyorezo kivugwa n’abaturage.

Gusa avuga ko ntawe ukwiye kurembera mu rugo kubera kubura ubushobozi, ndetse ko uwabuze uko yivuza biteguye kumufasha. Ni mu gihe iyi Poste de Santé ya Bunyoni ngo hari ibyangombwa irimo kuzuza muri RSSB ngo ibashe kwakira abarwayi bakoresha Mituweli.

Abaturage bamwe baheze mu kirago
Bavuga ko n’ikigo cy’ubuzima kibegereye gikomeje kubatenguha

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + eleven =

Previous Post

Umuhigo w’abarangije muri Kaminuza ya Mount Kigali yashyize ku isoko ry’umurimo abarenga 1.000

Next Post

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.