Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Imyaka ibaye 15 bari mu maganya nyamara bari babanje kubyinira ku rukoma

radiotv10by radiotv10
07/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Imyaka ibaye 15 bari mu maganya nyamara bari babanje kubyinira ku rukoma
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko mu myaka 15 ishize bubakiwe ivomero ryagombaga kubaha amazi meza, ariko ko ritamaze kabiri kuko ryahise ripfa, none basubiye ku mazi yo mu bishanga.

Ni ikibazo kivugwa n’abaturage bo mu Midugudu y’Akagari ka Rukaragata irimo uwa Kagondero na Gahunga, bavuga ko bamaze imyaka igera muri 15 robine bari bubakiwe zigize ikibazo ku buryo zitakirangwamo amazi.

Nyirabasabose Jeannette ati “Tuvoma hano hasi kandi robine hano hepfo irahari n’indi muhiseho hano haruguru ariko nta mazi zigira.”

Aba baturage bavuga ko badahwema kugeza iki kibazo ku nzego z’ubuyobozi, ariko ko ntacyo zigikoraho, ahubwo ubu bakaba barasubiye ku mazi mabi y’ibishanga.

Nyiranshuti Beatrice ati “N’abayobozi turabibabwira bakabisaba inzego zo hejuru, Gahunga na Tagaza dukeneye robine, twasaba ubufasha bwo hejuru bukadufasha maze bukadukorera byibura isoko neza kugira ngo imvura nigwa, tureke kuvoma ibiziba.”

Ni mu gihe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigeyo, Mudahemuka Christophe avuga ko iki kibazo ari bwo akicyumva

Ati “Icyo kibazo nta muntu wakitugejejeho, ariko turakimenye tugiye kugikurikirana, ariko abaturage bakwiye kubona amazi.”

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura, WASAC mu Karere ka Rutsiro, Emmanuel Mudacumura we avuga ko habayeho ikibazo cy’umuyoboro wagaburiraga amazi izi robine.

Ati “Hashize igihe kitari gito uwo muyoboro wubatswe maze bakoresha ibikoresho bidafite ubuziranenge, noneho uko bashyizemo amazi bigaturika, aho WASAC tuhagereye rero hari imiyoboro igera kuri 14 na wo urimo twatangije igikorwa cyo kuyisana.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko uwo muyoboro wagezaga amazi meza ku baturage bo mu Kagari Rukaragata mu Murenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro nyuma ukaza kwangirika ngo ufite uburebure bwa kilometero imwe ariko ukazasanwa hamwe n’indi yose yo muri Rutsiro igera kuri 14.

Robine bari bubakiwe zimaze imyaka 15 zitazi uko amazi asa
Ubu baravoma ibiziba
Bavuga ko bibabaje

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + sixteen =

Previous Post

Menya ubumenyi Abasirikare b’u Rwanda bakuye mu myitozo ihambaye bamazemo amezi 6

Next Post

Hahishuwe akandi kamaro katazwi na benshi ko konsa umwana neza

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe akandi kamaro katazwi na benshi ko konsa umwana neza

Hahishuwe akandi kamaro katazwi na benshi ko konsa umwana neza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.