Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Imyaka ibaye 15 bari mu maganya nyamara bari babanje kubyinira ku rukoma

radiotv10by radiotv10
07/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Imyaka ibaye 15 bari mu maganya nyamara bari babanje kubyinira ku rukoma
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko mu myaka 15 ishize bubakiwe ivomero ryagombaga kubaha amazi meza, ariko ko ritamaze kabiri kuko ryahise ripfa, none basubiye ku mazi yo mu bishanga.

Ni ikibazo kivugwa n’abaturage bo mu Midugudu y’Akagari ka Rukaragata irimo uwa Kagondero na Gahunga, bavuga ko bamaze imyaka igera muri 15 robine bari bubakiwe zigize ikibazo ku buryo zitakirangwamo amazi.

Nyirabasabose Jeannette ati “Tuvoma hano hasi kandi robine hano hepfo irahari n’indi muhiseho hano haruguru ariko nta mazi zigira.”

Aba baturage bavuga ko badahwema kugeza iki kibazo ku nzego z’ubuyobozi, ariko ko ntacyo zigikoraho, ahubwo ubu bakaba barasubiye ku mazi mabi y’ibishanga.

Nyiranshuti Beatrice ati “N’abayobozi turabibabwira bakabisaba inzego zo hejuru, Gahunga na Tagaza dukeneye robine, twasaba ubufasha bwo hejuru bukadufasha maze bukadukorera byibura isoko neza kugira ngo imvura nigwa, tureke kuvoma ibiziba.”

Ni mu gihe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigeyo, Mudahemuka Christophe avuga ko iki kibazo ari bwo akicyumva

Ati “Icyo kibazo nta muntu wakitugejejeho, ariko turakimenye tugiye kugikurikirana, ariko abaturage bakwiye kubona amazi.”

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura, WASAC mu Karere ka Rutsiro, Emmanuel Mudacumura we avuga ko habayeho ikibazo cy’umuyoboro wagaburiraga amazi izi robine.

Ati “Hashize igihe kitari gito uwo muyoboro wubatswe maze bakoresha ibikoresho bidafite ubuziranenge, noneho uko bashyizemo amazi bigaturika, aho WASAC tuhagereye rero hari imiyoboro igera kuri 14 na wo urimo twatangije igikorwa cyo kuyisana.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko uwo muyoboro wagezaga amazi meza ku baturage bo mu Kagari Rukaragata mu Murenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro nyuma ukaza kwangirika ngo ufite uburebure bwa kilometero imwe ariko ukazasanwa hamwe n’indi yose yo muri Rutsiro igera kuri 14.

Robine bari bubakiwe zimaze imyaka 15 zitazi uko amazi asa
Ubu baravoma ibiziba
Bavuga ko bibabaje

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Menya ubumenyi Abasirikare b’u Rwanda bakuye mu myitozo ihambaye bamazemo amezi 6

Next Post

Hahishuwe akandi kamaro katazwi na benshi ko konsa umwana neza

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe akandi kamaro katazwi na benshi ko konsa umwana neza

Hahishuwe akandi kamaro katazwi na benshi ko konsa umwana neza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.