Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rutsiro: Umwarimu arakekwaho guhengera umugore we adahari agasambanya umwana w’umuturanyi

radiotv10by radiotv10
16/08/2022
in MU RWANDA
0
Rutsiro: Umwarimu arakekwaho guhengera umugore we adahari agasambanya umwana w’umuturanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Umwarimu wigisha mu mashuri abanza mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, ari gushakishwa nyuma yo gukekwaho gusambanya umwana wo mu baturanyi bari batumye mu rugo rwe.

Igikorwa cyo gushakisha uyu mwarimu, cyatangiye ubwo umwana ukekwaho gusambanywa, yavugaga ko yakorewe ibya mfura mbi n’uwo murezi ariko ko yabivuze yatinze kuko ukekwaho kumusambanya yamuteye ubwoba amubwira ko naramuka abivuze azamumerera nabi.

Uyu mwarimu usanzwe wigisha ku Ishuri Ribanza rya Gahondo mu Murenge wa Kivumu, afite imyaka 30 mu gihe umwana w’umukobwa akekwaho gusambanya we afite imyaka 13 y’amavuko akaba yiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza.

Patrick Muhizi Munyamahoro uyobora uyu Murenge wa Kivumu yataganje ko uyu mwana yabihishuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Kanama.

Yagize ati “Yabanje kurwana nabyo, nyuma yuko mwarimu amushyizeho iterabwoba ko nabivuga azamwica.”

Avuga ko uyu mwana yabanje kubibwira umubyeyi we [Mama we] na we agahita abimenyesha inzego.

Ati “Icyo twihutiye gukora ni ukujyana umwana kwa muganga, naho inzego turimo kumushakisha [umwarimu ukekwa].”

Uyu muyobozi avuga ko igikorwa cyo gusambanya uriya mwana gikekwa kuri uriya mwarimu yagikoze“Ku wa Gatandatu ahengereye umugore we adahari, asambanya umwana w’imyaka 13 w’umuturanyi.”

Avuga ko uyu mwana w’umukobwa akekwaho gusambanywa tariki 13 Kanama 2022, ubwo iwabo bari bamutumye mu rugo rw’uwo mwarimu ukekwaho kumusambanya.

Uyu mwarimu uri gushakishwa, asanzwe afite umugore n’abana batatu, bikaba bivugwa ko kiriya gikorwa akekwaho gukora cyabaye abandi bo muri uru rugo rwe badahari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 2 =

Previous Post

Ari gukoresha ‘repetition’ abaturage uko bazarira bazanamuririmbira ubwo azaba ari gushyingurwa yapfuye

Next Post

Perezida Ndayishimiye yashimiye William Ruto asaba abatanyuzwe kwiyambaza inzira ziteganywa n’amategeko

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Ndayishimiye yashimiye William Ruto asaba abatanyuzwe kwiyambaza inzira ziteganywa n’amategeko

Perezida Ndayishimiye yashimiye William Ruto asaba abatanyuzwe kwiyambaza inzira ziteganywa n’amategeko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.