Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Yapfiriye mu murima ku mpamvu y’amaherere asiga uruhinja rw’amezi 6

radiotv10by radiotv10
27/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rutsiro: Yapfiriye mu murima ku mpamvu y’amaherere asiga uruhinja rw’amezi 6
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, yabyutse ajya gusarura ibishyimbo ari muzima, ariko aza kwicwa n’umuriro w’amashanyarazi biturutse ku makosa y’undi muturage.

Iri sanganya ryabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 26 Mutarama 2022 ubwo uyu muturage yajyaga gusarura ibishyimbo by’imishingiriro mu murima uherereye mu Mudugudu wa Rurembo, Akagari ka Kabijenje mu Murenge wa Kivumu.

Abatuye muri aka gace bavuga ko muri uyu murima hanyujijwe urusinga rw’amashanyarazi yakuruwe mu buryo butemewe n’amategeko, ari na yo ntandaro y’urupfu rw’uyu muturage witwa Jeannine Uwamahoro wari ufite uruhinja rw’amezi atandatu (6).

Umuturage wegereye uyu murima, yakuruye amashananyarazi mu buryo butemewe, anyuza urutsinga muri uyu murima w’ibishyimbo.

Munyamahoro Patrick uyobora Umurenge wa Kivumu, yavuze ko abakuruye aya mashanyarazi yivuganye nyakwigendera, banyujije urusinga hagana hasi ari na byo byaje gutuma uyu muturage abigwamo.

Yagize ati “Yafashe umushingiriro azi ko afashe igiti cy’igishyimbo ngo asarure, aba afashe ku rutsinga rw’amashanyarazi ahita amufata.”

Munyamahoro yakomeje avuga ko uyu muturage yari kumwe n’undi wanagerageje kumutabara, amukura kuri ayo mashanyarazi ariko na we aramufata, gusa ku bw’amahirwe we ntiyamuhitanye.

Uyu witabye Imana yahise ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Kivumu ariko ku bw’amahirwe macye ahita yitaba Imana mu gihe mugenzi we wagerageje kumutaraba, we yakize.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mugunga says:
    3 years ago

    Ubundi esitaration yo mukarere ka Rutsiro irajenjetse,icyabageza mumurenge wa Mushubati ho urusinga runyura murutoki ipoto yahindutse insina

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 12 =

Previous Post

Impundu zigiye kuvuga mu rugo rw’Umuhanzikazi wa Gospel ukomeye mu Rwanda

Next Post

Umunyamideri w’Umunyarwakazi yahawe impano yimodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Related Posts

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games
MU RWANDA

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamideri w’Umunyarwakazi yahawe impano yimodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Umunyamideri w’Umunyarwakazi yahawe impano yimodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.