• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Yapfiriye mu murima ku mpamvu y’amaherere asiga uruhinja rw’amezi 6

radiotv10by radiotv10
27/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rutsiro: Yapfiriye mu murima ku mpamvu y’amaherere asiga uruhinja rw’amezi 6
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, yabyutse ajya gusarura ibishyimbo ari muzima, ariko aza kwicwa n’umuriro w’amashanyarazi biturutse ku makosa y’undi muturage.

Iri sanganya ryabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 26 Mutarama 2022 ubwo uyu muturage yajyaga gusarura ibishyimbo by’imishingiriro mu murima uherereye mu Mudugudu wa Rurembo, Akagari ka Kabijenje mu Murenge wa Kivumu.

Abatuye muri aka gace bavuga ko muri uyu murima hanyujijwe urusinga rw’amashanyarazi yakuruwe mu buryo butemewe n’amategeko, ari na yo ntandaro y’urupfu rw’uyu muturage witwa Jeannine Uwamahoro wari ufite uruhinja rw’amezi atandatu (6).

Umuturage wegereye uyu murima, yakuruye amashananyarazi mu buryo butemewe, anyuza urutsinga muri uyu murima w’ibishyimbo.

Munyamahoro Patrick uyobora Umurenge wa Kivumu, yavuze ko abakuruye aya mashanyarazi yivuganye nyakwigendera, banyujije urusinga hagana hasi ari na byo byaje gutuma uyu muturage abigwamo.

Yagize ati “Yafashe umushingiriro azi ko afashe igiti cy’igishyimbo ngo asarure, aba afashe ku rutsinga rw’amashanyarazi ahita amufata.”

Munyamahoro yakomeje avuga ko uyu muturage yari kumwe n’undi wanagerageje kumutabara, amukura kuri ayo mashanyarazi ariko na we aramufata, gusa ku bw’amahirwe we ntiyamuhitanye.

Uyu witabye Imana yahise ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Kivumu ariko ku bw’amahirwe macye ahita yitaba Imana mu gihe mugenzi we wagerageje kumutaraba, we yakize.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mugunga says:
    3 years ago

    Ubundi esitaration yo mukarere ka Rutsiro irajenjetse,icyabageza mumurenge wa Mushubati ho urusinga runyura murutoki ipoto yahindutse insina

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Impundu zigiye kuvuga mu rugo rw’Umuhanzikazi wa Gospel ukomeye mu Rwanda

Next Post

Umunyamideri w’Umunyarwakazi yahawe impano yimodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Umunyamideri w’Umunyarwakazi yahawe impano yimodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Umunyamideri w’Umunyarwakazi yahawe impano yimodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.