Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwabuze gica: Baguye gitumo abo bita abarozi n’imiti y’amayobera, bo bavuga ko ari abavuzi

radiotv10by radiotv10
12/04/2022
in MU RWANDA
0
Rwabuze gica: Baguye gitumo abo bita abarozi n’imiti y’amayobera, bo bavuga ko ari abavuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Mbugangari mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, bafashe abantu bane babashinja kuba ari abarozi kuko babafatanye udupfunyika tw’imiti y’amayobera mu gihe bo bavuga ko baje kuvura urwaye ibisazi no kudatera akabariro.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasanze aba bantu bane bari mu nzu y’uwitwa Fisi bavuga ko bari baraje kumuvura indwara y’ibisazi no kudatera akabariro, yasanze bari gushima Imana mu ijwi rirangurura basa nk’abatanga abagabo ko atari abarozi.

Muri iri sengesho ryabo, baranyuzamo bakanashima Imana ko imiti bahaye uyu Fisi yagize icyo imumarira.

Abaturage bo muri aka Kagari ka Mbugangari bo bari bakingiranye aba bantu bashinja ko ari abarozi kuko babafashe bagenda basiga ibintu by’imiti ku nzu.

Umwe mu baturage wavugishije RADIOTV1O yagize ati “Bari bafite gacupa karimo ibintu by’umukara ndabaza nti se ibyo ni ibiki mugenda mujugunya, naje gukurura igikapu cyabo cyari kiri muri butike dusangamo ibintu by’ibirozi tubyereka abayobozi.”

Umwe muri aba bashinjwa kuba abarozi, yabwiye Umunyamakuru ko ibi bafatanywe bikitwa uburozi atari bwo ahubwo ko ari imiti irimo uw’igiti kitwa Umuhashya n’uw’icy’umuharavumba.

Uyu wemeye kuvugisha Umunyamakuru wa RADIOTV1O yabajijwe niba asanzwe ari umuvuzi gakondo, abanza kubura icyo asubiza, nyuma aza kugira ati “Ni uburyo …ni ubumenyi ba…riduhishuriria tukamenya ko ushobora kubisiga umuntu umubiri wabyimbiwe ukabyimbuka.”

Aba bantu baje baturutse mu Karere ka Rutsiro, bavugaga ko ibyo byiswe uburozi, na bo bashatse babiryaho kugira ngo berekane ko atari uburuzo gusa ntibabikora.

Bavuga ko bari basanzwe bavura uwo muntu witwa Fisi bakaba bari bahisemo kuza muri aka gace kugira ngo birukane burundu amashitani amurimo.

Ubuyobozi bw’Ibanze bwabwiye RADIOTV10 ko bugiye kumvikanisha aba bantu bane ndetse n’abaturage babafashe babashinja uburozi kugira ngo bakemure iki kibazo.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + sixteen =

Previous Post

Perezida Kagame na Sassou Nguesso bagize umusangiro baganira ku mubano mwiza wabo n’uw’Ibihugu byombi

Next Post

Uwagaragaye akubita ikibando umubyeyi mu muhanda rwagati yatawe muri yombi

Related Posts

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

IZIHERUKA

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi
MU RWANDA

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

02/12/2025
AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

02/12/2025
Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

02/12/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwagaragaye akubita ikibando umubyeyi mu muhanda rwagati yatawe muri yombi

Uwagaragaye akubita ikibando umubyeyi mu muhanda rwagati yatawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.