Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwabuze gica: Baguye gitumo abo bita abarozi n’imiti y’amayobera, bo bavuga ko ari abavuzi

radiotv10by radiotv10
12/04/2022
in MU RWANDA
0
Rwabuze gica: Baguye gitumo abo bita abarozi n’imiti y’amayobera, bo bavuga ko ari abavuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Mbugangari mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, bafashe abantu bane babashinja kuba ari abarozi kuko babafatanye udupfunyika tw’imiti y’amayobera mu gihe bo bavuga ko baje kuvura urwaye ibisazi no kudatera akabariro.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasanze aba bantu bane bari mu nzu y’uwitwa Fisi bavuga ko bari baraje kumuvura indwara y’ibisazi no kudatera akabariro, yasanze bari gushima Imana mu ijwi rirangurura basa nk’abatanga abagabo ko atari abarozi.

Muri iri sengesho ryabo, baranyuzamo bakanashima Imana ko imiti bahaye uyu Fisi yagize icyo imumarira.

Abaturage bo muri aka Kagari ka Mbugangari bo bari bakingiranye aba bantu bashinja ko ari abarozi kuko babafashe bagenda basiga ibintu by’imiti ku nzu.

Umwe mu baturage wavugishije RADIOTV1O yagize ati “Bari bafite gacupa karimo ibintu by’umukara ndabaza nti se ibyo ni ibiki mugenda mujugunya, naje gukurura igikapu cyabo cyari kiri muri butike dusangamo ibintu by’ibirozi tubyereka abayobozi.”

Umwe muri aba bashinjwa kuba abarozi, yabwiye Umunyamakuru ko ibi bafatanywe bikitwa uburozi atari bwo ahubwo ko ari imiti irimo uw’igiti kitwa Umuhashya n’uw’icy’umuharavumba.

Uyu wemeye kuvugisha Umunyamakuru wa RADIOTV1O yabajijwe niba asanzwe ari umuvuzi gakondo, abanza kubura icyo asubiza, nyuma aza kugira ati “Ni uburyo …ni ubumenyi ba…riduhishuriria tukamenya ko ushobora kubisiga umuntu umubiri wabyimbiwe ukabyimbuka.”

Aba bantu baje baturutse mu Karere ka Rutsiro, bavugaga ko ibyo byiswe uburozi, na bo bashatse babiryaho kugira ngo berekane ko atari uburuzo gusa ntibabikora.

Bavuga ko bari basanzwe bavura uwo muntu witwa Fisi bakaba bari bahisemo kuza muri aka gace kugira ngo birukane burundu amashitani amurimo.

Ubuyobozi bw’Ibanze bwabwiye RADIOTV10 ko bugiye kumvikanisha aba bantu bane ndetse n’abaturage babafashe babashinja uburozi kugira ngo bakemure iki kibazo.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − fourteen =

Previous Post

Perezida Kagame na Sassou Nguesso bagize umusangiro baganira ku mubano mwiza wabo n’uw’Ibihugu byombi

Next Post

Uwagaragaye akubita ikibando umubyeyi mu muhanda rwagati yatawe muri yombi

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwagaragaye akubita ikibando umubyeyi mu muhanda rwagati yatawe muri yombi

Uwagaragaye akubita ikibando umubyeyi mu muhanda rwagati yatawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.