Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwabuze gica: Baguye gitumo abo bita abarozi n’imiti y’amayobera, bo bavuga ko ari abavuzi

radiotv10by radiotv10
12/04/2022
in MU RWANDA
0
Rwabuze gica: Baguye gitumo abo bita abarozi n’imiti y’amayobera, bo bavuga ko ari abavuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Mbugangari mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, bafashe abantu bane babashinja kuba ari abarozi kuko babafatanye udupfunyika tw’imiti y’amayobera mu gihe bo bavuga ko baje kuvura urwaye ibisazi no kudatera akabariro.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasanze aba bantu bane bari mu nzu y’uwitwa Fisi bavuga ko bari baraje kumuvura indwara y’ibisazi no kudatera akabariro, yasanze bari gushima Imana mu ijwi rirangurura basa nk’abatanga abagabo ko atari abarozi.

Muri iri sengesho ryabo, baranyuzamo bakanashima Imana ko imiti bahaye uyu Fisi yagize icyo imumarira.

Abaturage bo muri aka Kagari ka Mbugangari bo bari bakingiranye aba bantu bashinja ko ari abarozi kuko babafashe bagenda basiga ibintu by’imiti ku nzu.

Umwe mu baturage wavugishije RADIOTV1O yagize ati “Bari bafite gacupa karimo ibintu by’umukara ndabaza nti se ibyo ni ibiki mugenda mujugunya, naje gukurura igikapu cyabo cyari kiri muri butike dusangamo ibintu by’ibirozi tubyereka abayobozi.”

Umwe muri aba bashinjwa kuba abarozi, yabwiye Umunyamakuru ko ibi bafatanywe bikitwa uburozi atari bwo ahubwo ko ari imiti irimo uw’igiti kitwa Umuhashya n’uw’icy’umuharavumba.

Uyu wemeye kuvugisha Umunyamakuru wa RADIOTV1O yabajijwe niba asanzwe ari umuvuzi gakondo, abanza kubura icyo asubiza, nyuma aza kugira ati “Ni uburyo …ni ubumenyi ba…riduhishuriria tukamenya ko ushobora kubisiga umuntu umubiri wabyimbiwe ukabyimbuka.”

Aba bantu baje baturutse mu Karere ka Rutsiro, bavugaga ko ibyo byiswe uburozi, na bo bashatse babiryaho kugira ngo berekane ko atari uburuzo gusa ntibabikora.

Bavuga ko bari basanzwe bavura uwo muntu witwa Fisi bakaba bari bahisemo kuza muri aka gace kugira ngo birukane burundu amashitani amurimo.

Ubuyobozi bw’Ibanze bwabwiye RADIOTV10 ko bugiye kumvikanisha aba bantu bane ndetse n’abaturage babafashe babashinja uburozi kugira ngo bakemure iki kibazo.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Perezida Kagame na Sassou Nguesso bagize umusangiro baganira ku mubano mwiza wabo n’uw’Ibihugu byombi

Next Post

Uwagaragaye akubita ikibando umubyeyi mu muhanda rwagati yatawe muri yombi

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwagaragaye akubita ikibando umubyeyi mu muhanda rwagati yatawe muri yombi

Uwagaragaye akubita ikibando umubyeyi mu muhanda rwagati yatawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.