Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Rwabuze gica: Clarisse Karasira yateranye amagambo n’abafana kubera ubutumwa n’amafoto bye

radiotv10by radiotv10
14/07/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
5
Rwabuze gica: Clarisse Karasira yateranye amagambo n’abafana kubera ubutumwa n’amafoto bye
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe ati “wanze guheka mu mugongo ngo abazungu bataguseka”, undi ati “nta bupfura cyangwa uburokore warushije abandi”, abasubiza agira agira ati “Ariko mujye musobanuka.” Umuhanzikazi Clarisse Karasira n’abafana babaye nk’abakozanyaho mu magambo.

Umuhanzikazi Clarisse Karasira uherutse kwibaruka imfura ye, yashyize amafoto n’ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze, byazamuye impaka ndende hagati ye n’abafana.

Amafoto agaragaza Clarisse Karasira ari mu mihanda yo muri Leta Zunze Ubumwe za America, afite ingobyi y’akagare batwaramo abana, yayiherekesheje ubutumwa busa n’ubukebura abandi bakobwa bishobora mu ngeso mbi.

Yateruye avuga ko yanze kwiyandarika, agatera umugongo irari ry’ibyiza byashoboraga kumwangiriza ubuzima.

Yagize ati “Nanze kwiyandarika ngo nkurikire ibishashagirana mu bukumi bwanjye, nirinda umukiro ntavunikiye kuko narotaga igihe nk’iki.”

Yasoje ubutumwa bwe agira ati “Bakobwa beza b’iwacu twiyubahe, turebe kure Kandi duhange amaso ku byiza, Imana ntabwo izadukoza isoni.”

Nanze kwiyandarika ngo nkurikire ibishashagirana mu bukumi bwanjye, nirinda umukiro ntavunikiye kuko narotaga igihe nk'iki. Bakobwa beza b'iwacu twiyubahe, turebe kure Kandi duhange amaso ku byiza, Imana ntabwo izadukoza isoni. #MamaKwanda. pic.twitter.com/Xlk0RhppZX

— Clarisse Karasira (@clarissekarasi1) July 13, 2022

Kiiza Venant wahise atanga igitekerezo kuri aya mafoto n’ubutumwa bya Clarisse, yagize ati “None se wanze guheka umwana mu mugongo ngo abazungu bataguseka??”

Mu kumusubiza, uyu muhanzikazi, yagize ati “Ariko mujye musobanuka. Waheka umwana ugiye kujya mu modoka? Cyangwa urumva undusha kumenya uko nita kumwana nibyariye? Abantu bamwe muranshanga pe.”

Abandi batanze ibitekerezo, bahise babwira Clarisse Karasira ko icyo yarushije abandi ari amahirwe, atari ubupfura n’ubwitonzi.

Uwiyita A Night in Kigali kuri Twitter, yagize ati “Ugira ngo ni ubupfura cyangwa uburokore wabarushije? Jya ushimira Imana ariko abo bitakundiye ntabwo ari uko ari ibihomora cyangwa batutse Imana.”

Uwitwa Kokoliko na we yagize ati “Abantu bose ntibahirwa n’ibintu bimwe cyangwa kimwe rero waratomboye gusa nta nubwo Abanyarwandakazi bose bashobora kubaho nkawe. Komeza inzira watangiye.”

Clarisse Karasira wagerageje gusubiza buri wese ndetse n’abakoreshaga imvugo zisa nk’iziremereye, yagize ati “Ndabyemera buri wese afite umugisha we. Icyo navuze ni uko kwirinda ingeso mbi bifasha bifite akamaro kenshi ari yo mpamvu nabishishikarije abandi. Niba utabibona uko ntacyo bitwaye. Wikwirirwa ukurikiza inama zanjye.”

RADIOTV10

Comments 5

  1. Nice Ingabire says:
    3 years ago

    Ariko usibye umwiryo ubwo urwo ruhinja ushyize muri posete nuko rukunaniye cg rukuruhije mwagiye mureka kwigana njye nuwi3 mukubita umugongo akushima kd posete none gusobanuka nuko kwigana jyuheka uwo mwana sha dore ufite nibitugu binini avimviremo

    Reply
  2. Bronk says:
    3 years ago

    Jyewe uyu mugore amaze kunkomeretsa kabiri ibi avuze yigeze kuvuga ibisa nkabyo agiye kurongorwa ndumukobwa niba yarahiriwe sukuvuga ko yitonze ku rusha abandi harabafite imyaka irenze iye kandi bacyitonze ubuse Gabi kamazi yamwigezaho iyondaya ntawuyobewe ko hari miti bakoresha bagasubirana ubusugi afite imyaka nkiyo dufite turabakobwa yabayarandagaye nuko bamwanduruye harabafite imidari yubwitonzi kandi ntibabyirata

    Reply
  3. Bronk says:
    3 years ago

    Mbese azi ko yagezeyo yashyikiriye erega ibibintu yigeze abivuga nubundi icyonzicyo nagabanye ubwirasi harabasaziye mubukumi batigeze ibyo bishahagirana kandi nuko yabuze babimuha akantu gafite inda itereye mumutima,imisatsi,igeze mumaso, ni misatsi yuruziga nkiyabagabo ubanza afite ni mwemwe utubuno dukomeye tudqfite forme ubanza ari numusagwa butaka ,nukuntu arumuturanyi wubutaka nukuntu yirya ninkabatwakazi binyanza,nagwa kukibuye, nihonzi haba abatwakazi,bameze nkawe mbese yabonye umugabo,yunva ko ari igishongore, yewe namaso akunda ntabona neza niyo myiryo yose kuko ntibakwiranye

    Reply
    • Giramahoro Cynthia says:
      3 years ago

      None ga basha koyatanz ubutumwa kugira ababishaka babwumve,gutukana nkuko bimaz iki?nimb ubutumwa yatanze butakuryohey itekanire!nanj nd’umu mama yubatse Clarisse nagiy mukurikirana kenshi !vyaramushobokey akanabigeraho nivyiza !yarik ar’encouragea abandi kugira bamwigireho!!rero atacuributerer sivyiza gutukana,umengo mumugiriy ishari🤔

      Reply
  4. KADIMBA LEO LOLO says:
    3 years ago

    Nta kibi yavuze.
    Ahubwo yonkwe. kd asubireyo nta mahwa.
    turagusuhuje CLARISSE kd turagukunda wakoze no kunama watanze iyaba bazikurikizaga, erega hari ubwo umuntu yiyicira amahirwe kubera kubura abajyanama beza

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − five =

Previous Post

Rubavu: Uwohereje ‘Umukwikwi’ mu gikorwa cyo Kwibuka nk’umushyitsi mukuru na we bombi batawe muri yombi

Next Post

Umunyarwanda afunganywe n’abarwanyi 2 b’Abanyamerika muri Ukraine

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

by radiotv10
30/06/2025
0

Imyidagaduro yo mu Rwanda idasiba kuvugwamo ibyayo, ubu hagezweho iby’urugo rw’Umunyezamu Kimenyi Yves na Muyango Claudine, ruvugwamo umwuka utari mwiza...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

by radiotv10
30/06/2025
0

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Chryso Ndasingwa ugiye gukorana ubukwe na mugenzi we Sharon Gatete, avuga ko urukundo...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwanda afunganywe n’abarwanyi 2 b’Abanyamerika muri Ukraine

Umunyarwanda afunganywe n’abarwanyi 2 b’Abanyamerika muri Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.