Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: Abaturanye na nyiri urugo rwasanzwemo umutwe w’umwana wishwe bagize icyo bamuvugaho

radiotv10by radiotv10
22/11/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
3
Rwamagana: Abaturanye na nyiri urugo rwasanzwemo umutwe w’umwana wishwe bagize icyo bamuvugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturanyi b’umuturage wo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, wasanganywe mu rugo rwe umutwe w’umwana wiciwe mu wundi Murenge, baravuga ko uwazanye umutwe wa nyakwigendera kuri uyu muturanyi wabo, ashaka kumushyirishamo kuko batamuziho ubugizi bwa nabi.

Umwana witwa Imanishimwe Josiane yishwe n’umugizi wa nabi wari wamuteze we n’abandi bari bajyanye kuvoma mu Mudugudu wa Nyakabungo mu Kagari ka Bwinsanga mu Murenge wa Gishari, ariko basanga hari igihimba gusa kuko uwamwishe yahise acikana umutwe we.

Nyuma y’ubu bwicanyi bwabereye mu Murenge wa Gishari tariki 16 Ugushyingo 2022, umutwe wa nyakwigendera wabonetse tariki 17 Ugushyingo, usangwa uri mu mufuka mu rugo rw’umuturage utuye mu Mudugudu wa Ramba mu Kagari ka Nyagasenyi mu Murenge wa Kigabiro uhana imbibi n’uriya wiciwemo nyakwigendera.

Abaturanyi b’uyu muturage nyiri uru rugo rwasanzwemo umutwe wa nyakwigendera, bavuga ko batunguwe kuko badasanzwe bazi ikintu kibi kuri uyu muturanyi wabo.

Umwe yagize ati “Twebwe twagize ngo ni umuntu waba ashaka kugirira umuturanyi nabi wenda baba bafitanye ikibazo.”

Uyu muturage akomeza agira ati “Tukibaza tuti umuturanyi umaze imyaka hafi makumyabiri inaha nta muturanyi yari yagirana na we ikibazo, tukumva wenda n’ababa bamwanga cyangwa umuntu w’ahandi waba wahamutumye.”

Aba baturage bavuga kandi ko byabateye ubwoba ariko bakavuga ko nubwo inzego z’iperereza ziri mu kazi kazo ariko uyu muturanyi ashobora kuba yaragambaniwe.

Undi ati “Ni uguhorana ubwoba, twababajwe n’uyu muturanyi wacu n’ukuntu yitonda, bakaza kubona ibyo bintu aho. Twebwe twarumiwe turavuga tuti ‘ese uyu mutwe wavuye he?’ ariko tukumva ngo i Gishari bahishe umuntu.”

Aba baturage kandi bavuga ko bahise bafata ingamba zikomeye ku buryo basigaye bacunga abana babo ntibemere ko bakora ingendo mu masaha akuze.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yabwiye RADIOTV10 ko uru rwego ruri gukora iperereza ku bwicanyi bwakorewe uriya mwana.

Ati “Ubutumwa tubaha ni uguhumuriza abantu bose ariko bakizera inzego z’iperereza, iperereza icyo rizagaragaza bazikimenyeshwa.”

Dr Murangira yasabye umuturage uwo ari we wese waba afite amakuru yagira icyo afasha muri iri perereza, ko yakwegera RIB akayiha ayo makuru.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 3

  1. BIKORIMANA EMMANUEL says:
    3 years ago

    Ariko ubundi mu Rwanda hazasubiyeho igihano cy’urupfu inkozi z’amahano nkaya bakajya batumizaho inteko y’abaturage umuntu nkuyu bakamutumurira mu maso ya Rubanda wenda ko nundi wese nkuyu urushwa impuhwe n’impyisi yajya ahita ava ku izima .ibintu byo kubembereza abagome nkaba nibyo bizatumaraho abantu.uwicishije inkota na we agomba kwicishwa indi .

    Reply
  2. BIKORIMANA EMMANUEL says:
    3 years ago

    uwo muturanyi wasanganywe umutwe wuwo mwana akorerwe iprereza neza ataza kuva abirenganiramo kuko naho yaba injiji akajana ntiyakwica umuntu ngo anibekeho umutwe kereka habaye hari uwumutumye habaye nuwawumutumye yawuhisha kure hatari aho .RIB ifite akazi katoroshye ariko turayizeye mu gushishoza kwayo

    Reply
  3. Munyameta Emmanuel says:
    3 years ago

    Yewe abagome ntibagira konji koko umwana nkowo baba bamujijije iki gusa iperereza nirikorwa rigafata umuntu wakoze nkibi nukuri ntakindi gihano nawe akwiriye atarugupfa kuko inkota yicijije undi nawe agomba kuyikishwa umuryango nukomeze wihangane

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 13 =

Previous Post

Indonesia: Ubuhamya bw’agahinda bw’abarokotse umutingito umaze kwivugana abantu 270

Next Post

Burundi: Hamenyakanye amakuru mashya ku munyamakuru wa Politiki wari waburiwe irengero

Related Posts

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, rugaragaza...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

IZIHERUKA

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze
MU RWANDA

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze

by radiotv10
28/01/2026
0

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burundi: Hamenyakanye amakuru mashya ku munyamakuru wa Politiki wari waburiwe irengero

Burundi: Hamenyakanye amakuru mashya ku munyamakuru wa Politiki wari waburiwe irengero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.