Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: Abaturanye na nyiri urugo rwasanzwemo umutwe w’umwana wishwe bagize icyo bamuvugaho

radiotv10by radiotv10
22/11/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
3
Rwamagana: Abaturanye na nyiri urugo rwasanzwemo umutwe w’umwana wishwe bagize icyo bamuvugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturanyi b’umuturage wo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, wasanganywe mu rugo rwe umutwe w’umwana wiciwe mu wundi Murenge, baravuga ko uwazanye umutwe wa nyakwigendera kuri uyu muturanyi wabo, ashaka kumushyirishamo kuko batamuziho ubugizi bwa nabi.

Umwana witwa Imanishimwe Josiane yishwe n’umugizi wa nabi wari wamuteze we n’abandi bari bajyanye kuvoma mu Mudugudu wa Nyakabungo mu Kagari ka Bwinsanga mu Murenge wa Gishari, ariko basanga hari igihimba gusa kuko uwamwishe yahise acikana umutwe we.

Nyuma y’ubu bwicanyi bwabereye mu Murenge wa Gishari tariki 16 Ugushyingo 2022, umutwe wa nyakwigendera wabonetse tariki 17 Ugushyingo, usangwa uri mu mufuka mu rugo rw’umuturage utuye mu Mudugudu wa Ramba mu Kagari ka Nyagasenyi mu Murenge wa Kigabiro uhana imbibi n’uriya wiciwemo nyakwigendera.

Abaturanyi b’uyu muturage nyiri uru rugo rwasanzwemo umutwe wa nyakwigendera, bavuga ko batunguwe kuko badasanzwe bazi ikintu kibi kuri uyu muturanyi wabo.

Umwe yagize ati “Twebwe twagize ngo ni umuntu waba ashaka kugirira umuturanyi nabi wenda baba bafitanye ikibazo.”

Uyu muturage akomeza agira ati “Tukibaza tuti umuturanyi umaze imyaka hafi makumyabiri inaha nta muturanyi yari yagirana na we ikibazo, tukumva wenda n’ababa bamwanga cyangwa umuntu w’ahandi waba wahamutumye.”

Aba baturage bavuga kandi ko byabateye ubwoba ariko bakavuga ko nubwo inzego z’iperereza ziri mu kazi kazo ariko uyu muturanyi ashobora kuba yaragambaniwe.

Undi ati “Ni uguhorana ubwoba, twababajwe n’uyu muturanyi wacu n’ukuntu yitonda, bakaza kubona ibyo bintu aho. Twebwe twarumiwe turavuga tuti ‘ese uyu mutwe wavuye he?’ ariko tukumva ngo i Gishari bahishe umuntu.”

Aba baturage kandi bavuga ko bahise bafata ingamba zikomeye ku buryo basigaye bacunga abana babo ntibemere ko bakora ingendo mu masaha akuze.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yabwiye RADIOTV10 ko uru rwego ruri gukora iperereza ku bwicanyi bwakorewe uriya mwana.

Ati “Ubutumwa tubaha ni uguhumuriza abantu bose ariko bakizera inzego z’iperereza, iperereza icyo rizagaragaza bazikimenyeshwa.”

Dr Murangira yasabye umuturage uwo ari we wese waba afite amakuru yagira icyo afasha muri iri perereza, ko yakwegera RIB akayiha ayo makuru.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 3

  1. BIKORIMANA EMMANUEL says:
    3 years ago

    Ariko ubundi mu Rwanda hazasubiyeho igihano cy’urupfu inkozi z’amahano nkaya bakajya batumizaho inteko y’abaturage umuntu nkuyu bakamutumurira mu maso ya Rubanda wenda ko nundi wese nkuyu urushwa impuhwe n’impyisi yajya ahita ava ku izima .ibintu byo kubembereza abagome nkaba nibyo bizatumaraho abantu.uwicishije inkota na we agomba kwicishwa indi .

    Reply
  2. BIKORIMANA EMMANUEL says:
    3 years ago

    uwo muturanyi wasanganywe umutwe wuwo mwana akorerwe iprereza neza ataza kuva abirenganiramo kuko naho yaba injiji akajana ntiyakwica umuntu ngo anibekeho umutwe kereka habaye hari uwumutumye habaye nuwawumutumye yawuhisha kure hatari aho .RIB ifite akazi katoroshye ariko turayizeye mu gushishoza kwayo

    Reply
  3. Munyameta Emmanuel says:
    3 years ago

    Yewe abagome ntibagira konji koko umwana nkowo baba bamujijije iki gusa iperereza nirikorwa rigafata umuntu wakoze nkibi nukuri ntakindi gihano nawe akwiriye atarugupfa kuko inkota yicijije undi nawe agomba kuyikishwa umuryango nukomeze wihangane

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 9 =

Previous Post

Indonesia: Ubuhamya bw’agahinda bw’abarokotse umutingito umaze kwivugana abantu 270

Next Post

Burundi: Hamenyakanye amakuru mashya ku munyamakuru wa Politiki wari waburiwe irengero

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burundi: Hamenyakanye amakuru mashya ku munyamakuru wa Politiki wari waburiwe irengero

Burundi: Hamenyakanye amakuru mashya ku munyamakuru wa Politiki wari waburiwe irengero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.