Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Barashinja ubuyobozi bwa Koperative kutuzuza isezerano ry’ibyo bemeranyijweho mu myaka 15 ishize

radiotv10by radiotv10
22/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Barashinja ubuyobozi bwa Koperative kutuzuza isezerano ry’ibyo bemeranyijweho mu myaka 15 ishize
Share on FacebookShare on Twitter

Abatwara abantu n’ibintu ku magare bazwi nk’Abanyonzi bibumbiye muri Koperative COTRAVERWA yo mu Karere ka Rwamagana, bashinja ubuyobozi bwayo kubizeza kubishyurira ubwisungane mu kwivuza, ariko bamwe bakaba bamaze imyaka 15 batarishyurirwa na rimwe.

Bamwe muri aba banyamuryango ba Koperative COTRAVERWA ikorera mu Murenge wa Kigabiro, bavuga ko bayimazemo imyaka 15 ariko batamenya irengero ry’imisanzu yabo yagakwiye kuvamo ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Sante.

Itangishaka Patrick avuga ko mbere yo kwinjira muri iyi Koperative, bagaragarizwa amahirwe arimo, nko kuzishyurirwa imisansu y’ubwishingizi, ariko ko hishyirirwa bamwe kandi na bo bacye.

Ati “Mbere yo kuba umunyamuryango baragusomesha ukabibona ugakurikiza ibyo ubonyemo. Ujya usanga bafashe abantu nka batatu akaba ari bo baha Mituweri abandi ntibabahe.”

Amza Emmanuel na we yagize ati “Mazemo imyaka cumi n’itanu ntibaranyishyurira Mituweri n’umunsi n’umwe.”

Bifuza ko ubuyobozi bwa Koperative bwajya bubahuriza hamwe bukabahera rimwe uyu musanzu wa Mituelle nk’uko buba bwarabijeje ko buzajya buwubatangira.

Itangishaka Patrick ati “Twebwe ikintu tuba dushaka nk’abanyamuryango niba igihe cyo gutanga Mituweri kigeze bakadutangariza inama twese tukabona ya Mituweri kuko tuba twarinjirije Koperative bakayidutangira, ibyo ni byo byaba byiza tukamenya ngo amafaranga dutanga akanatugarukira tukamenya ngo yaratuvunnye.”

Kanamugire Olivier uyobora iyi Koperative yabwiye RADIOTV10 ko ari mushya mu nshingano ariko ko hazasuzumwa iki kibazo ndetse kigahabwa umurongo w’uburyo cyakemuka.

Ati “Bararebye basanga kuzajya bafata umunyamuryango umwe ku giti cye bikaba bitashoboka ko batangira abanyamuryango bose bumva si byo ahubwo bakazajya bagabana inyungu muri rusange. Impinduka ni uko abanyamuryango twese muri rusange tuzajya tugabana iyo nyungu ya Koperative gusa.”

Iyi Koperative ya COTRAVERWA igizwe n’abanyamuryango barenga 1 000, barimo abavuga ko ntacyo ibamariye ahubwo ko ibereyeho guteza imbere abayiyobora.

Aba banyonzi bavuga ko akazi bakora kaba karimo akaga k’impanuka ariko ko batagira ubwisungane mu kwivuza
Bavuga ko batumva icyabaye hakaba hashize imyaka 15

Bavuga ko abayobozi ari bo babikiriramo

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 1 =

Previous Post

Kamonyi: Igikekwa ku musaza basanze yapfuye yanakaswe bimwe mu bice

Next Post

Nyabihu: Barashinja umuyobozi kubabwira amagambo abakomeretsa abaziza kubaza ibyo bizejwe bakabyimwa

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyabihu: Barashinja umuyobozi kubabwira amagambo abakomeretsa abaziza kubaza ibyo bizejwe bakabyimwa

Nyabihu: Barashinja umuyobozi kubabwira amagambo abakomeretsa abaziza kubaza ibyo bizejwe bakabyimwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.