Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Barashinja ubuyobozi bwa Koperative kutuzuza isezerano ry’ibyo bemeranyijweho mu myaka 15 ishize

radiotv10by radiotv10
22/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Barashinja ubuyobozi bwa Koperative kutuzuza isezerano ry’ibyo bemeranyijweho mu myaka 15 ishize
Share on FacebookShare on Twitter

Abatwara abantu n’ibintu ku magare bazwi nk’Abanyonzi bibumbiye muri Koperative COTRAVERWA yo mu Karere ka Rwamagana, bashinja ubuyobozi bwayo kubizeza kubishyurira ubwisungane mu kwivuza, ariko bamwe bakaba bamaze imyaka 15 batarishyurirwa na rimwe.

Bamwe muri aba banyamuryango ba Koperative COTRAVERWA ikorera mu Murenge wa Kigabiro, bavuga ko bayimazemo imyaka 15 ariko batamenya irengero ry’imisanzu yabo yagakwiye kuvamo ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Sante.

Itangishaka Patrick avuga ko mbere yo kwinjira muri iyi Koperative, bagaragarizwa amahirwe arimo, nko kuzishyurirwa imisansu y’ubwishingizi, ariko ko hishyirirwa bamwe kandi na bo bacye.

Ati “Mbere yo kuba umunyamuryango baragusomesha ukabibona ugakurikiza ibyo ubonyemo. Ujya usanga bafashe abantu nka batatu akaba ari bo baha Mituweri abandi ntibabahe.”

Amza Emmanuel na we yagize ati “Mazemo imyaka cumi n’itanu ntibaranyishyurira Mituweri n’umunsi n’umwe.”

Bifuza ko ubuyobozi bwa Koperative bwajya bubahuriza hamwe bukabahera rimwe uyu musanzu wa Mituelle nk’uko buba bwarabijeje ko buzajya buwubatangira.

Itangishaka Patrick ati “Twebwe ikintu tuba dushaka nk’abanyamuryango niba igihe cyo gutanga Mituweri kigeze bakadutangariza inama twese tukabona ya Mituweri kuko tuba twarinjirije Koperative bakayidutangira, ibyo ni byo byaba byiza tukamenya ngo amafaranga dutanga akanatugarukira tukamenya ngo yaratuvunnye.”

Kanamugire Olivier uyobora iyi Koperative yabwiye RADIOTV10 ko ari mushya mu nshingano ariko ko hazasuzumwa iki kibazo ndetse kigahabwa umurongo w’uburyo cyakemuka.

Ati “Bararebye basanga kuzajya bafata umunyamuryango umwe ku giti cye bikaba bitashoboka ko batangira abanyamuryango bose bumva si byo ahubwo bakazajya bagabana inyungu muri rusange. Impinduka ni uko abanyamuryango twese muri rusange tuzajya tugabana iyo nyungu ya Koperative gusa.”

Iyi Koperative ya COTRAVERWA igizwe n’abanyamuryango barenga 1 000, barimo abavuga ko ntacyo ibamariye ahubwo ko ibereyeho guteza imbere abayiyobora.

Aba banyonzi bavuga ko akazi bakora kaba karimo akaga k’impanuka ariko ko batagira ubwisungane mu kwivuza
Bavuga ko batumva icyabaye hakaba hashize imyaka 15

Bavuga ko abayobozi ari bo babikiriramo

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 12 =

Previous Post

Kamonyi: Igikekwa ku musaza basanze yapfuye yanakaswe bimwe mu bice

Next Post

Nyabihu: Barashinja umuyobozi kubabwira amagambo abakomeretsa abaziza kubaza ibyo bizejwe bakabyimwa

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyabihu: Barashinja umuyobozi kubabwira amagambo abakomeretsa abaziza kubaza ibyo bizejwe bakabyimwa

Nyabihu: Barashinja umuyobozi kubabwira amagambo abakomeretsa abaziza kubaza ibyo bizejwe bakabyimwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.