Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: Haribazwa uzabazwa igihombo cy’impanuka yabaye mu isoko ry’Akarere igasigira abacuruzi agahinda

radiotv10by radiotv10
06/10/2023
in MU RWANDA
0
Rwamagana: Haribazwa uzabazwa igihombo cy’impanuka yabaye mu isoko ry’Akarere igasigira abacuruzi agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko igice kimwe cy’isoko ry’agateganyo ry’Akarere ka Rwamagana, gifashwe n’inkongi y’umuriro, abafite ibyabo byahiriyemo bari mu ihurizo bibaza uzabishyura kuko batari bafite ubwishingizi.

Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo humvikanye inkuru yo gushya ku igice kimwe cy’isoko ry’agateganyo ry’Akarere ka Rwamagana.

Abacururiza muri iri soko bavuga ko kuba bakorera mu isoko ry’agateganyo kandi bakisuganya batari biteze ko bahura n’iyi mpanuka ku buryo bari guhita batekereza gushyira ibicuruzwa byabo mu bwishingizi.

Biziyaremye Ernest wakoraga ibikoresho byo mu rugo nk’amaradiyo, televiziyo, na amaterefoni, avuga ko iyi nkongi yibasiye igice bakoreragamo yabatunguye.

Ati “Ariko mu by’ukuri nta kintu twigeze turokoramo hano byose byarahiye. Ba nyiri bintu bari kubitubaza tukabereka ko byahiriyemo hano nta kindi kintu barenzaho.”

Akomeza agira ati “Iri soko twari turirimo by’agateganyo. Ntabwo twumvaga ngo twicaye mu kazi nyakuri kuko twumvaga ko tuza tukazamuka ruguru (Ahahoze isoko bakuwemo).”

Uyu muturage avuga ko ubuyobozi bw’Akarere bukwiye kugoboka abafite ibyabo byahiriyemo, bakabona ubushobozi bwo gusubira mu mirimo yabo.

Kugeza ubu ntacyo ubuyobozi bw’Akarere buratangaza ku kizafashwa aba bacuruzi bafite ibyabo byahiriye muri iri soko.

Mujyambere Louis de Montfort uyobora urwego rw’Abikorera mu Karere ka Rwamagana, avuga ko abacuruzi bakwiye kujya bitabira gushyira mu bwishingizi ibicuruzwa byabo.

Iyi nkongi y’umuriro yibasiye iri soko ry’agateganyo rya Rwamagana, ibaye nyuma y’uko ahahoze isoko hari kubakwa isoko rigezweho, aho abarikoreragamo bose bimuriwe muri iri riri iruhande rw’agakiriro.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Imibare ihanitse y’uburyo indwara iri mu zica cyane ihagaze mu Rwanda n’impamvu hari Intara yatumbagiyemo

Next Post

DRCongo: Amakuru arambuye ku bugome ndengakamere bwongeye gukorerwa Abatutsi n’abandi babyihishe inyuma batakekwaga

Related Posts

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

IZIHERUKA

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho
IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Amakuru arambuye ku bugome ndengakamere bwongeye gukorerwa Abatutsi n’abandi babyihishe inyuma batakekwaga

DRCongo: Amakuru arambuye ku bugome ndengakamere bwongeye gukorerwa Abatutsi n’abandi babyihishe inyuma batakekwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Simple Habits That Improve Digestion

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.