Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Ibyabaye ku bagiye mu nama batumijweho n’umuyobozi byatumye bataha bamwijujutira

radiotv10by radiotv10
06/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Ibyabaye ku bagiye mu nama batumijweho n’umuyobozi byatumye bataha bamwijujutira
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Mudugudu wa Rebero mu Kagari ka Gihumuza mu Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bagiye mu Nteko y’Abaturage baramutegereza baramubura kandi ari we wari wabatumijeho.

Aba baturage bavuga ko ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 04 Mata 2023, bitabiriye inteko y’Abaturage nkuko bisanzwe ndetse bari bararitswe n’Umuyobozi w’Umudugudu.

Bamwe muri bo babwiye RADIOTV10 ko bahageze saa munani, abandi bahagera saa cyenda, ariko bagasanga umuyobozi atarahagera, bagategereza bagaheba kuko byageze saa kumi n’imwe bataramuca iryera.

Speciose Mukandutiye yagize ati “Nahageze saa cyenda kuko Mudugudu yari yatubwiye ngo twitabire inama yatubazaga amafaranga y’umuryango… ati ‘hari inteko idasanzwe’. Ubwo rero icyantunguye ku nteko idasanzwe, ndahageze mbura abantu.”

Uyu muturage avuga ko n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari, yabanyuzeho akigendera dore ko iyi nteko yagombaga kubera ku Biro by’Akagari.

Ati “Gitifu w’Akagari ntasohotse turi aha akigendera hari ubwo atubwiye ngo nta nama ihari!! Mudugudu se ari he? kandi yarabwiye abantu ngo hari inama idasanzwe!”

Aba baturaga basaba ko mu gihe iyi Nteko itari bube, bajya babimenyeshwa mbere, kugira ngo ntibirirwe baza, kugira ngo bagire utundi turimo bikorera.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rwamagana ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Nyirabihogo Jeanne yamenyesheke RADIOTV10 ko bagiye gukurikirana kugira ngo hamenyekane impamvu yatumye aba baturage baza mu nteko yabo ariko bagategereza umuyobozi bakamubura.

Yagize ati “Mbere yuko inteko iba hajyaho umuhwituzi akamenyesha aho inteko iri bubere. Ikindi ni uko tugiye gukurikirana tukareba ikibazo gihari mu Mudugudu wa Rebero ku bijyanye n’inteko.”

 

INKURU MU MASHUSHO

Yussuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + one =

Previous Post

Abaganga bahamijwe icyaha kidasanzwe cyakurikiwe n’imyigaragambyo y’umujinya w’umuranduranzuzi

Next Post

Hagiye hanze andi makuru mashya ku mukino wabanjirijwe n’impaka ndende

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko y’Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire
MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikirego cyasabaga ko ikipe ikunzwe mu Rwanda ifatirwa icyemezo gikomeye cyatewe utwatsi

Hagiye hanze andi makuru mashya ku mukino wabanjirijwe n’impaka ndende

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.