Saturday, August 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Indimi ebyiri zihabanye hagati y’ubuyobozi n’abaturage kubera 1.000Frw

radiotv10by radiotv10
31/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Indimi ebyiri zihabanye hagati y’ubuyobozi n’abaturage kubera 1.000Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kaduha mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko batswe 1 000 Frw bizezwa imbabura zigezweho, bagatagereza bagaheba, mu gihe ubuyobozi buvuga ko ayo mafaranga ari ay’ubwizigamire bwa ‘Ejo Heza’.

Aba baturage bavuga ko ubuyobozi bwabanje kubaka amafaranga ibihumbi bitandatu (6 000 Frw) by’izo mbabura zizwi nka ‘Canarumwe’, ariko bukagaruka bukabaka andi mafaranga igihumbi y’izindi mbabura.

Nyirabagenzi Frida yagize ati “Ku gika gikurikiyeho Gitifu yaraje atwaka amafaranga igihumbi afotora nomero y’irangamuntu atubwira ko imbabura niziza azatubwira tukajya kuzifata ariko izo za kabiri ntazo twigeze tubona kandi amafaranga twarayatanze.”

Nyiragukura Xaveline yunzemo ati “Narayatanze, maze kuyatanga ntabwo nigeze mbona iyo mbabura.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kaduha, Gatete Pacifique, avuga ko amafaranga igihumbi yatanzwe n’aba baturage ari umusanzu wa Ejo Heza aho kuba ay’imbabura nk’uko babivuga.

Ati “Igihumbi bahuriraho bose ubwo wenda ni mu itsinda babasanze ni amafaranga bazigamiwe muri Ejo Heza. Imbabura ntigurishwa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Munyaga, Mukashyaka Chantal, we avuga ko izo mbabura zivugwa n’abaturage ari izatanzwe n’umufatanyabikorwa, wazitanze mu Tugari tubiri hakaba hasigaye utundi tubiri, kandi ko zitangwa ku buntu.

Ati “Ibyo ntabwo ari byo. Ni unufatanyabikorwa witwa DERAGWA ufatanya na Leta y’u Rwanda gukwirakwiza Imbabura zirondereza ibicanwa. Umufatanyabikorwa yatanzwe imbabura yatanze mu Tugari tubiri. Kaduha rero ntabwo iragerwaho ahubwo ni yo itahiwe.”

Gusa uyu muyobozi ntahuze na mugenzi we uyobora Akagari wavuze ko ayo mafaranga ari ubwizigamire. Ati “Ibya Ejo Heza n’iby’imbabura ntibihura kuko imbabura bazihabwa ku buntu.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − three =

Previous Post

Perezida w’Ikipe ikunzwe na benshi mu Rwanda atangaje ibishobora kudashimisha abafana

Next Post

Amafoto utabonye ya Perezida Kagame na Ange Kagame baje gushyigikira ikipe y’Igihugu

Related Posts

Language war: Kinyarwanda, French or English? Identity conflicts in homes, schools, and jobs

Language war: Kinyarwanda, French or English? Identity conflicts in homes, schools, and jobs

by radiotv10
16/08/2025
0

Language is more than just a tool for communication. It is an essential part of identity, culture, and belonging. In...

Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

by radiotv10
15/08/2025
0

When it comes to conversations about mental health, women’s struggles often receive more attention, but men’s mental health deserves equal...

Abagenzacyaha ba RIB bagaragarijwe impamvu ari bo Abanyarwanda bareberaho ishusho y’ubutabera bw’u Rwanda

Abagenzacyaha ba RIB bagaragarijwe impamvu ari bo Abanyarwanda bareberaho ishusho y’ubutabera bw’u Rwanda

by radiotv10
15/08/2025
0

Minisitiri w’Ubutabera, Dr Emmanuel Ugirashebuja yibukije abakorera Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ko mu itangwa ry’ubutabera ari bo bahura bwa mbere...

MTN Rwanda Delivers Strong Half-Year Results and Marks a Major Milestone with 5G Rollout

MTN Rwanda Delivers Strong Half-Year Results and Marks a Major Milestone with 5G Rollout

by radiotv10
15/08/2025
0

MTN Rwandacell Plc (MTN Rwanda) is pleased to announce its reviewed interim financial results for the six months ended 30...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
15/08/2025
5

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi byaranze guhura kwa Trump na Putin kwari guhanzwe amaso n’Isi yose
AMAHANGA

Iby’ingenzi byaranze guhura kwa Trump na Putin kwari guhanzwe amaso n’Isi yose

by radiotv10
16/08/2025
0

Uko ubukwe bw’umuhanzi ukunzwe muri Uganda ufite inkomoko mu Rwanda bwagenze

Uko ubukwe bw’umuhanzi ukunzwe muri Uganda ufite inkomoko mu Rwanda bwagenze

16/08/2025
Language war: Kinyarwanda, French or English? Identity conflicts in homes, schools, and jobs

Language war: Kinyarwanda, French or English? Identity conflicts in homes, schools, and jobs

16/08/2025
Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

15/08/2025
Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

15/08/2025
Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

15/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amafoto utabonye ya Perezida Kagame na Ange Kagame baje gushyigikira ikipe y’Igihugu

Amafoto utabonye ya Perezida Kagame na Ange Kagame baje gushyigikira ikipe y’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi byaranze guhura kwa Trump na Putin kwari guhanzwe amaso n’Isi yose

Uko ubukwe bw’umuhanzi ukunzwe muri Uganda ufite inkomoko mu Rwanda bwagenze

Language war: Kinyarwanda, French or English? Identity conflicts in homes, schools, and jobs

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.