Friday, October 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Indimi ebyiri zihabanye hagati y’ubuyobozi n’abaturage kubera 1.000Frw

radiotv10by radiotv10
31/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Indimi ebyiri zihabanye hagati y’ubuyobozi n’abaturage kubera 1.000Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kaduha mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko batswe 1 000 Frw bizezwa imbabura zigezweho, bagatagereza bagaheba, mu gihe ubuyobozi buvuga ko ayo mafaranga ari ay’ubwizigamire bwa ‘Ejo Heza’.

Aba baturage bavuga ko ubuyobozi bwabanje kubaka amafaranga ibihumbi bitandatu (6 000 Frw) by’izo mbabura zizwi nka ‘Canarumwe’, ariko bukagaruka bukabaka andi mafaranga igihumbi y’izindi mbabura.

Nyirabagenzi Frida yagize ati “Ku gika gikurikiyeho Gitifu yaraje atwaka amafaranga igihumbi afotora nomero y’irangamuntu atubwira ko imbabura niziza azatubwira tukajya kuzifata ariko izo za kabiri ntazo twigeze tubona kandi amafaranga twarayatanze.”

Nyiragukura Xaveline yunzemo ati “Narayatanze, maze kuyatanga ntabwo nigeze mbona iyo mbabura.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kaduha, Gatete Pacifique, avuga ko amafaranga igihumbi yatanzwe n’aba baturage ari umusanzu wa Ejo Heza aho kuba ay’imbabura nk’uko babivuga.

Ati “Igihumbi bahuriraho bose ubwo wenda ni mu itsinda babasanze ni amafaranga bazigamiwe muri Ejo Heza. Imbabura ntigurishwa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Munyaga, Mukashyaka Chantal, we avuga ko izo mbabura zivugwa n’abaturage ari izatanzwe n’umufatanyabikorwa, wazitanze mu Tugari tubiri hakaba hasigaye utundi tubiri, kandi ko zitangwa ku buntu.

Ati “Ibyo ntabwo ari byo. Ni unufatanyabikorwa witwa DERAGWA ufatanya na Leta y’u Rwanda gukwirakwiza Imbabura zirondereza ibicanwa. Umufatanyabikorwa yatanzwe imbabura yatanze mu Tugari tubiri. Kaduha rero ntabwo iragerwaho ahubwo ni yo itahiwe.”

Gusa uyu muyobozi ntahuze na mugenzi we uyobora Akagari wavuze ko ayo mafaranga ari ubwizigamire. Ati “Ibya Ejo Heza n’iby’imbabura ntibihura kuko imbabura bazihabwa ku buntu.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 4 =

Previous Post

Perezida w’Ikipe ikunzwe na benshi mu Rwanda atangaje ibishobora kudashimisha abafana

Next Post

Amafoto utabonye ya Perezida Kagame na Ange Kagame baje gushyigikira ikipe y’Igihugu

Related Posts

Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi

Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi

by radiotv10
02/10/2025
0

“…Ariko ahari nashonje…” Ni imwe mu mvugo ziri kugarukwaho na benshi ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda muri iyi minsi, bamwe...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Havuzwe amayeri yakoreshejwe n’Abayobozi mu z’ibanze i Nyagatare bakarya umuhinzi 100.000Frw

by radiotv10
02/10/2025
0

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari kamwe ko mu Karere ka Nyagatare n’ushinzwe Umutekano muri ako Kagari, Dosiye y’ikirego baregwamo kwakira ruswa y’ibihumbi...

Kigali: Uwafatiwe iwe kubera gukora ibitemewe yahishuye amayeri yakoreshaga

Nyanza: Abagabo babiri bari mu bikorwa bitemewe bahuye n’uruva gusenya umwe ahasiga ubuzima

by radiotv10
02/10/2025
0

Abagabo babiri barimo bateka kanyanga mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza, baturikanywe n’iki kiyobyabwenge, umwe ahasiga ubuzima, undi...

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

by radiotv10
02/10/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko mu ishyamba riri mu Kagari ka Kinzovu hafi y’umuhanda...

How to restart your life when you feel left behind

How to restart your life when you feel left behind

by radiotv10
02/10/2025
0

Feeling like everyone else is moving ahead while you’re stuck can be painful and frustrating. Maybe your friends are getting...

IZIHERUKA

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda
IBYAMAMARE

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

by radiotv10
02/10/2025
0

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

02/10/2025
Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

02/10/2025
Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi

Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi

02/10/2025
Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Havuzwe amayeri yakoreshejwe n’Abayobozi mu z’ibanze i Nyagatare bakarya umuhinzi 100.000Frw

02/10/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu wahamagawe bwa mbere mu Mavubi witezweho guhindura byinshi

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu wahamagawe bwa mbere mu Mavubi witezweho guhindura byinshi

02/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amafoto utabonye ya Perezida Kagame na Ange Kagame baje gushyigikira ikipe y’Igihugu

Amafoto utabonye ya Perezida Kagame na Ange Kagame baje gushyigikira ikipe y’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.