Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Ubuyobozi burabusanya imvugo ku kibazo kibangamiye abaturage

radiotv10by radiotv10
28/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Ubuyobozi burabusanya imvugo ku kibazo kibangamiye abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana, buvuga ko bwamenyesheje ubw’Akarere, ikibazo cy’imiyoboro ifata amazi ibangamiye bamwe mu baturage bo mu Tugari twa Bwinsanga na Ruhimbi, mu gihe ubw’Akarere bwo buvuga ko butabizi, nyamara hari ibaruwa bwandikiwe.

Iki kibazo kivugwa na bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Bwinsanga n’abo mu Kagari ka Ruhimbi mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko batewe impungenge n’imiyoboro (Rigole) ifata amazi yashyizwe mu nzira nyabagendwa zibahuza mu ngo, ikaba iri kugwamo abana n’abakecuru.

Ubwo hakorwaga umuhamda wa Kaburimbo uva mu Byimana werecyeza ku ishuri rya Gishari, hashyizweho imiyoboro itwara amazi aturuka kuri uyu muhanda, ariko zinyuzwa mu nzira nyabagendwa zisanzwe zinyurwamo n’abaturage bo mu Tugari twa Bwinsanga na Ruhimbi.

Abaturage bavuga ko iyi miyoboro ibangamye kuko iri no kugwamo abantu by’umwihariko abana n’abakuze, dore ko yashyizweho batanategujwe, ngo na bo bajye bitwararika.

Bavuga ntawanze iterambere ariko ko iyi miyoboro ikwiye gupfundikirwa, kugira ngo idakomeza gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Iki kibazo kandi kizwi n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, kuko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishari, Niyomwungeri Richard, yandikiye ubuyobozi bw’Akarere, abumenyesha iki kibazo, nk’uko bikubiye mu ibaruwa dufitiye kopi nka RADIOTV10.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbinyumuvunyi Radjab yatangarije RADIOTV10 ko iki kibazo batakizi kuko batigeze bakimenyeshwa.

Ati “Iyi baruwa nubwo mbona ari njye wandikiwe ariko ntiyigeze ingeraho. Ni yo mpamvu mubona nta reception y’akarere iriho. Ntawigeze akimbwira.”

Uyu muyobozi wavuze ko iki kibazo yakimenyeshejwe n’umunyamakuru, yavuze ko Ubuyobozi bw’Akarere bugiye guhita bugikurikirana.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 6 =

Previous Post

Hagiye gutangwa ibihembo byihariye mu myidagaduro bibaye bwa mbere mu Rwanda

Next Post

Ibidasanzwe wamenya ku gitaramo cy’itsinda ririmo abakobwa bahuriye ku bwiza

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

IZIHERUKA

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City
AMAHANGA

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibidasanzwe wamenya ku gitaramo cy’itsinda ririmo abakobwa bahuriye ku bwiza

Ibidasanzwe wamenya ku gitaramo cy’itsinda ririmo abakobwa bahuriye ku bwiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.