Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: Uwari umaze imyaka 15 bazi ko aba muri Uganda basanze umurambo we mu musarani

radiotv10by radiotv10
04/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Rwamagana: Uwari umaze imyaka 15 bazi ko aba muri Uganda basanze umurambo we mu musarani
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Nyagasenyi mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baguye mu kantu kubera umurambo bikekwa ko ari uw’umuturage bari bazi ko amaze imyaka 15 muri Uganda, wabonetse mu bwiherero, bikaba bikekwa ko yishwe n’umugabo we, wahise anatoroka.

Umubiri bikekwa ko ari uwa Ayinkamiye Rebecca, wabonetse ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, tariki 01 Mata 2023 mu bwiherero bw’urugo rwo mu Mudugudu wa Kirenge mu Kagari ka Nyagasenyi mu Murenge wa Kigabiro.

Uyu mubiri ukiboneka, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwahise rutangira iperereza ndetse rujyana n’umubiri kugira ngo ukorerwe isuzuma bimenyekane ko uyu mubiri ari uwa Ayinkamiye koko.

Bamwe mu bafitanye isano n’uyu bikekwa ko ari nyakwigendera barimo murumuna we witwa Mutoniwase Diane, yabwiye RADIOTV10 ko amakuru yatumye haboneka uyu mubiri, yamenyekanye ubwo yaganiraga n’umugore wa mukuru w’umugabo wa nyakwigendera bikekwa ko ari na we wamwivuganye.

Mutoniwase Diane “Yambwiye ko yashwanye n’umugabo amukubise akamucyurira ati ‘urashaka kunyica nkuko mwishe umugore wa mukuru wawe mukamuta muri wese?’ Duhita tujya gutanga ikirego.”

Abaturage bo muri aka gace banenga bagenzi babo bari baratinze gutanga amakuru kuko nyakwigendera, yari amaze igihe kinini hatazwi aho aherereye.

Mutsinzi Phenias akaba ari na Se wa nyakwigendera, avuga ko urugo rw’umukobwa we rwakundaga kubamo amakimbirane ariko ko hari hashize igihe kirekire yarabuze batazi aho aherereye.

Ati “Batinze kugira icyo badufasha ari yo mpamvu abaturage bagomba kujya batanga amakuru kare, niba umuntu abuze bakaba batamureba, ukwezi kumwe abiri, bagomba kwibaza bati ‘ese umuntu yagiye he’ bakanabaza abo muri uwo muryango w’uwagiye.”

Mukakananura Agnes na we utuye muri aka gace, avuga ko bari bazi ko nyakwigendera yagiye muri Uganda, bakaba bakubiswe n’inkuba bumva ko habonetse umurambo we.

Ati “Ntitunabimenye! Ahubwo abantu baba bagira ibanga ryabo, ahubwo uwo muntu wabivuze, kimwe n’uwamwishe, baraba babaye abanzi babiri.”

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry avuga ko umubiri wa nyakwigendera wahise ujyanwa gukorerwa isuzuma ry’uturemangingo.

Ati “Ikigiye gukurikiraho ni uko uwo mubiri ugiye gupimwa ADN kugira ngo hamenyekane niba ari uwa Ayinkamiye Rebecca koko.”

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwahise ruta muri yombi uwitwa Twizerimana Emmanuel akaba ari murumuna wa Harerimana Dieudonne ukekwaho kwica nyakwigendera wari umugore we, mu gihe we yahise atorokera muri Uganda.

 

INKURU MU MASHUSHO

Yussuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Kwibuka29: Hatangajwe ibizubahirizwa mu Cyunamo buri Muturarwanda akwiye kumenya

Next Post

Naba nahingiye 1.000Frw aho kugura ibijumba nkagura igi?- Imirire myiza n’imibereho birahanganye

Related Posts

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

IZIHERUKA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery
IMIBEREHO MYIZA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Naba nahingiye 1.000Frw aho kugura ibijumba nkagura igi?- Imirire myiza n’imibereho birahanganye

Naba nahingiye 1.000Frw aho kugura ibijumba nkagura igi?- Imirire myiza n’imibereho birahanganye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.