Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwanda: Abarenga 70 bajyanywe kwa muganga igitaraganya ku mpamvu ikekwa

radiotv10by radiotv10
08/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwanda: Abarenga 70 bajyanywe kwa muganga igitaraganya ku mpamvu ikekwa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Karere ka Gisagara, hari abaturage 74 bajyanywe kwa muganga nyuma yo kunywa umusururu/ikigage mu bukwe bari batashye, kikaza kubagiraho ingaruka zirimo gucibwamo.

Aba baturage bajyanywe ku Kigo Nderabuzima cya Save muri aka Karere ka Gisagara, nyuma y’uko mu mpera z’icyumweru gishize batashye ubukwe mu rugo rwo mu Kagari ka Zivu mu Murenge wa Save, bakabazimanira ikigage kikabagwa nabi.

Aba mbere bajyanywe muri iki Kigo Nderabuzima kuva kuri uyu wa Mbere tariki 07 Kanama, mu gihe bamwe boherejwe mu Bitaro bya Kabutare kuko bari barembye cyane.

Habineza Jean Paul, Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Gisagara ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, yavuze ko uburwayi bw’aba baturage bukekwa ko bwatewe n’ikigage banyoye mu bukwe batashye ku wa Gatandatu tariki 05 Kanama.

Avuga ko iki kigage gishobora kuba cyari gifite umwanda kubera uburyo cyengwa, ku buryo aba barwaye bashobora kuba barabitewe n’umwanda dore ko bagaragazaga ibimenyetso bijya gusa

Yasabye abazajya benga ibigage nk’ibi, kujya bitwararika bakabikorana isuku, kugira ngo hirindwe ingaruka nk’izi z’uburwayi buterwa n’umwanda.

Ati “Bari barabibwiwe na mbere hose, ariko bakajya babirengaho, bakomeze bagendere mu mabwiriza y’isuku kandi birinde ibintu byo gusangira ku muheha. Niba benga ibyo bigage babyengeshe amazi asukuye kandi ashyushye kugira ngo bitabagiraho ingaruka.”

Bamwe mu bagizweho ingaruka n’iki kigage banyereye mu bukwe, bavuga ko batangire baribwa mu nda, ubundi bagacika intege, kandi ko ari benshi bahuriye kuri ibi bimenyetso.

Umwe witwa Eugenie Nyiramana yagize ati “Byatangiye umuntu aribwa mu nda, ukumva wacitse intege umubiri wose, ubundi ukumva urababara ingingo, ubundi ukanahitwa.”

Si ubwa mbere ikigage kigize ingaruka ku baturage dore ko n’umwaka ushize, mu Karere ka Rwamagana, hari abaturage 52 bajyanywe kwa muganga nyuma yo kunywa ikigage mu rugo rw’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Nkungu, byanaje gutuma ahagarikwa mu gihe cy’ukwezi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Umukecuru rukukuri yakoze ibidasanzwe bitapfa no gushoborwa n’inkumi n’abasore

Next Post

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda bwa mbere yavuze ku byamuzweho byo gutandukana n’umugore

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukomeye mu Rwanda bwa mbere yavuze ku byamuzweho byo gutandukana n’umugore

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda bwa mbere yavuze ku byamuzweho byo gutandukana n’umugore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.