Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda& DRCongo: Ibiganiro by’Abakuru b’Ibihugu byatangiye

radiotv10by radiotv10
31/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Rwanda& DRCongo: Ibiganiro by’Abakuru b’Ibihugu byatangiye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Macky Sall wa Senegal unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yatangaje ko yagiranye ibiganiro n’abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bigamije gushaka umuti w’umwuka mubi wavutse hagati y’Ibihugu byombi.

Perezida Macky Sall yatangaje ibi nyuma y’iminsi Igihugu cy’u Rwanda n’icya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bishinjanya bimwe mu birego byo guhungabanya umutekano wa buri Gihugu.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter kuri uyu wa Mbere tariki 30 Gicurasi, Perezida Macky Sall yagize ati “Ndashimira ba Perezida Tshisekedi na Kagame kubera ibiganiro twagiranye kuri telefone ejo ndetse n’uyu munsi biri mu murongo wo gushaka umuti w’amahoro ku kutumvikana kuri hagati ya RDC n’u Rwanda.”

Macky Sall yahise agaragaza ko yanashyizeho umuhuza ugomba gukurikirana inzira zo gusha umuti w’umwuka mubi uri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yakomeje agira ati “Ndasaba Perezida Lourenço [wa Angola] akaba na Perezida wa CIGL gukurikirana intambwe z’ubuhuza zigamije gushaka umuti.”

Umubano w’u Rwanda na Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo wari umaze iminsi wifashe neza, waguyemo igitotsi cyafashe intera mu cyumweru gishize ubwo Ibihugu byombi byagiraga ibyo bishinjanya bishingiye ku guhungabanya umutekano.

Ku Mbere w’icyumweru gishize tariki 23 Gicurasi 2022, Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyarashe ibisasu bya rutura mu Rwanda bikomeretsa bamwe mu Baturarwanda ndetse byangiza n’ibikorwa byabo.

Muri icyo cyumweru kandi, FARDC ifatanyije n’umutwe wa FDLR bashimuse abasirikare babiri b’u Rwanda babakuye ku mupaka aho bariho bacunga umutekano nk’uko byatangajwe na RDF.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwari bwasabye Itsinda ry’Ingabo rihuriweho rishinzwe kugenzura imipaka mu karere, gukora iperereza ryihuse kuri biriya bisasu, bwanasabye ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gukorana na FDLR bakarekura mu mahoro aba basirikare babiri b’u Rwanda.

Ubuyobozi bwa Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo na bwo bushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 uherutse kubura imirwano yatumye FARDC yiyambaza imwe mu mitwe yitwaje intwaro irimo na FDLR.

Ibi byanatumye mu cyumweru gishize habaho inama idasanzwe y’akanama k’umutekano, yafatiwemo ibyemezo bishinja byeruye ko u Rwanda ruri gutera inkunga uyu mutwe wa M23 ndetse DRC ihita ihagarika ingendo za sosiyete y’Indege y’u Rwanda ya RwandAir zerecyezaga mu bice bitatu by’iki Gihugu.

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kwamagana ibi birego byo gutera inkunga umutwe wa M23, ivuga ko kuba uyu mutwe urimo Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda bitavuze ko ari Abanyarwanda.

U Rwanda ruvuga ko ibiriho bibera muri Congo ari ikibazo cy’iki Gihugu ubwacyo ariko ko cyananiwe kubyikemurira bigatuma kinashaka uwo kikoreza uyu mutwaro ari na ho hakunze guturuka ibi birego bihoraho.

Gusa u Rwanda ruvuga ko nubwo Igisirikare cya DRCongo gikomeje gushotora u Rwanda ariko rwo rudafite umwuka wo kuba rwarwana.

Ibi byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda mu kiganiro yagiranye na Televiziyo Rwanda ku Cyumweru tariki 29 Gicurasi 2022.

Yagize ati “Umwuka wo kurwana ntawuhari, ntawuhari kuko iyo umwuka wo kurwana uba uhari, bari kurasa ku butaka bw’u Rwanda mu kwezi kwa Gatatu ukihangana ariko mu kwa Gatanu barasa na we ukarasa, ntabwo bivuze ko u Rwanda rudashoboye kurasa.”

Mukuralinda yavuze ko iteka u Rwanda ruhora rwifuza kubana neza n’abaturanyi ndetse ko niyo havutse ibibazo nk’ibi ruba rwifuza ko bikemuka binyuze mu nzira zashyizweho zemewe n’amategeko bityo ko rwo rukomeza kubinyuza mu nzego n’imiryango Ibihugu byombi bihuriyemo.

Yanavuze kandi ko u Rwanda rwifuza ko ibi bibazo bikemuka binyuze mu nzira z’ibiganiro kuruta kuba ibihugu byakomeza kugira ibyo bitangaza mu bitangazamakuru nkuko DRC iri kubyitwaramo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 13 =

Previous Post

Umupadiri uyobora ishuri n’umwarimu bavuze ko habayeho Jenoside yakorewe Abanyarwanda bakurikiranyweho ingengabitekerezo

Next Post

V/Mayor waringanye Umunyamakuru: Ati “Nta gisubizo nari mfite”, Meya ati “Ni ikosa ry’akazi”

Related Posts

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

Mu irushanwa ry'imibare, hahembwe abanyeshuri, abarimu n'ibigo by'amashuri, bitwaye neza mu Gihugu hose, aho Ishuri ryabaye irya Mbere ari École...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera

V/Mayor waringanye Umunyamakuru: Ati “Nta gisubizo nari mfite”, Meya ati “Ni ikosa ry’akazi”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.