Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwanda: Hatangiye igikorwa cyo gusakaza inzitiramibu mu bigo byose by’amashuri kinazaniye ababyeyi inkuru nziza

radiotv10by radiotv10
15/12/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwanda: Hatangiye igikorwa cyo gusakaza inzitiramibu mu bigo byose by’amashuri kinazaniye ababyeyi inkuru nziza
Share on FacebookShare on Twitter

Ku bufatanye bw’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta ikorera mu Rwanda n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, hatangijwe igikorwa cyo gusakaza inzitiramibu mu bigo byose by’amashuri bicumbikira abanyeshuri mu rwego rwo kurandura Malaria mu banyeshuri, aho ibyamaze kuzihabwa bivuga ko uretse kuba ari ukubifasha, ari no gufasha ababyeyi bajyaga bazigurira abana babo.

RBC ivuga ko mu isesenguramakuru rishingiye ku mibare y’uko indwara ya Malaria ihagaze mu Rwanda, ryagaragaje ko hari ibyiciro by’abantu bafite ibyago byo kuba barwara iyi ndwara, birimo abanyeshuri biga bacumbitse mu bigo bigamo.

Ibi byatumye iki Kigo gifatanyije n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta ikorera mu Rwanda (Rwanda NGO’S Forum) na Minisiteri y’Uburezi, bategura igikorwa cyo gukwirakwiza inzitiramibu mu bigo by’amashuri bicumbikira abanyeshuri byose byo mu Rwanda.

Iki gikorwa cyatangiye muri iki cyumweru, gishimwa n’abanyeshuri ndetse n’ubuyobozi bw’ibigo by’amashuri bigamo, bavuga ko iyi gahunda ari nziza, kuko izabafasha guca ukubiri n’indwara ya Malaria.

Rurangirwa Emmanuel, Umuyobozi Wungirije ushinzwe Amasomo muri ESSA Nyarugunga, rimwe mu mashuri yahawe izi nzitiramibu, avuga ko bashima iki gikorwa.

Yagize ati “Ni igikorwa cy’ingenzi, turabashimiye cyane kuko kenshi na kenshi twajyaga tubwira ababyeyi mu bisabwa y’uko inzitiramibu ari ingenzi nk’ikigo gicumbikira abanyeshuri. Ubu rero RBC igaragaje ko ari uruhare itanze yaba ari ku ishuri ndetse n’ababyeyi hari icyo mubashije kubaruhuraho, bigaragara ko n’umubyeyi uzongera kugaragarizwa babyeyi itagaragaza ko supanet ikenewe, na we bizaba bigaragaje ko Igihugu gifite uburyo kibatekereza.”

Uyu muyobozi muri ESSA Nyarugunga avuga ko nubwo iri shuri ryari rifite gahunda yo kurwanya indwara ya Malaria, ariko ko kuba bahawe izi nzitiramibu, bigiye kuyirandura burundu.

Umwe mu banyeshuri wiga muri iri shuri, avuga ko bishimiye iyi gahunda kuko igaragaza ko ubuyobozi buhora butekereza abana b’Igihugu kuko ari bo Rwanda rw’ejo.

Avuga ko kuri iri shuri hari hasanzweho gahunda yo gusaba abanyeshuri bose kuza bitwaje inzitiramibu, ariko ko ubu zitazongera kubagora kuko zimaze no guhenda ku isoko.

Ati “Nk’iyo wajyaga uza ku ishuri utayizanye bagusubizagayo, kandi kugira ngo ubone aho uyigura byabaga bigoye, ariko ubu icyo kibazo ntikizongera kubaho.”

Avuga ko nk’abanyeshuri bagenzi be bagomba gufata neza izi nzitiramibu bahawe kandi bakajya baziraramo kugira ngo birinde ko hari uwakongera kurwara Malaria kuko iyi ndwara isanzwe ihungabanya imyigire y’uwayirwaye.

RBC igaragaza ko imibare y’abarwara Malaria yagabanutse ku kigero gishimishije kuva muri Nyakanga 2022 kugeza muri Kanama 2023.

Imibare y’iki Kigo igaragaza ko umubare w’abasanganywe iyi ndwara ariko ntibarembe cyane, wavuye ku bantu 998 811 mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2021-2022 ukagera ku bantu 622 900 muri 2022-2023. Ni ukuvuga ko habayeho igabanuka rya 38%. Ni mu gihe kandi 58% y’aba bantu, bavurirwa ku mavuriro y’ibanze.

Naho abarembejwe n’iyi ndwara bo bavuye ku 1 831 mu mwaka wa 2021-2022 bagera kuri 1 316 muri 2022-2023. Ni ukuvuga ko ho habayeho igabanuka rya 28%.

Mu gihe abahitanywe n’iyi ndwara bo bavuye ku bantu 71 muri 2021-2022 bakagera kuri 51 muri 2022-2023, hakaba harabayeho igabanuka rya 28%.

Ubwo izi nzitiramibu zajyanwaga ku kigo cy’ishuri

Abanyeshuri bashimye iyi gahunda

Igikorwa kiri gukorwa ku bufatanye bwa Rwanda NGO’S Forum na RBC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 17 =

Previous Post

Cameroon: Nyuma y’irekurwa ry’abakekwaho kwica umunyamakuru w’ikirangirire Perezida yakoze icyagaragaye nk’utarabyishimiye

Next Post

Umukinnyi wahaye Aba-Rayon ibyishimo bitazibagirana hagaragaye igisa n’amarenga ko ashobora kuyigarukamo

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi wahaye Aba-Rayon ibyishimo bitazibagirana hagaragaye igisa n’amarenga ko ashobora kuyigarukamo

Umukinnyi wahaye Aba-Rayon ibyishimo bitazibagirana hagaragaye igisa n’amarenga ko ashobora kuyigarukamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.