Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda: Umuryango uri mu ihurizo ritaworoheye nyuma yo kwibaruka impanga eshatu

radiotv10by radiotv10
06/12/2023
in MU RWANDA
0
Rwanda: Umuryango uri mu ihurizo ritaworoheye nyuma yo kwibaruka impanga eshatu
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango utishoboye wo mu Murenge wa Kazo mu Karere ka Ngoma wibarutse impanga z’abana batatu, uravuga ko nubwo ari ibyishimo ariko ufite n’ihurizo ry’amadeni bafitiye Ibitaro babyariyemo, ndetse n’uburyo uzabasha gutunga aba bana kuko iberere ryonyine ritabakuza kandi bakaba ari ba ntaho nikora.

Uyu muryo wa Mutungirehe Anastase na Mukansanga Elina utuye mu Mudugudu wa Rango mu Kagari ka Karama, umaze ibyumweru bibiri wibarutse izi mpanga z’abakobwa, mu Bitaro bya Kibungo.

Bavuga ko bageze mu Bitaro tariki 19 Ukwakira 2023, babivamo tariki 17 Ugushyingo 2023, ni ukuvuga ko babimazemo ukwezi kumwe.

Mu gusezererwa batangiye guhura n’inzitizi zitandukanye zirimo izo kubura ubushobozi bwo kwishyura ibihumbi 100 Frw bari bamaze kugeramo ibi Bitaro, bakaba barasabwe kuyishyura bitarenze muri Werurwe umwaka utaha wa 2024, ari na bo babyisabiye.

Mutungirehe Anastase yagize ati “Numvaga ko ari ntabundi bubasha nshobora kuba nabona bwo kugira ngo nkureyo umuryango wanjye nibura nkubone hano mu rugo.”

Avuga ko yagerageje kwegera ubuyobozi bw’Umurenge ngo buba bwabaha inkunga, ariko ko kugeza n’ubu nta n’ijana burabaha kandi kwita kuri izi mpanga bikaba bigoye.

Ati “Aba bana banywa amata ariko kugira ngo na yo aboneke na byo ni intamabara. Ni ukwigora umuntu akarya rimwe ku munsi.”

Bamwe mu baturanyi b’uyu muryango, basaba ko Leta cyangwa abagiraneza gufasha uyu muryango kuko usanzwe utifashije ku buryo ngo utatunga izi mpanga muri ibi bihe.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Natahalie yabwiye RADIOTV10 ko uyu mugabo akwiye kugana ubuyobozi bw’Akarere agasobanura ikibazo cye.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + six =

Previous Post

Menya iby’ingenzi byongewe mu masezerano mashya y’u Bwongereza n’u Rwanda bishoboza kuzatuma ntakiyakumira

Next Post

Perezida w’Ikipe yo mu Rwanda yatawe muri yombi akurikiranyweho ibivugwamo miliyoni 160Frw

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’Ikipe yo mu Rwanda yatawe muri yombi akurikiranyweho ibivugwamo miliyoni 160Frw

Perezida w’Ikipe yo mu Rwanda yatawe muri yombi akurikiranyweho ibivugwamo miliyoni 160Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.