Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda&Burundi: Kuki ifungurwa ry’imipaka ryagirwa ubwiru?- Icyo impuguke ibivugaho

radiotv10by radiotv10
04/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Rwanda&Burundi: Kuki ifungurwa ry’imipaka ryagirwa ubwiru?- Icyo impuguke ibivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Impuguke mu bya Politiki mpuzamahanga, ivuga ko mu gihe imipaka ihuza u Rwanda n’u Burundi yaba yarafunguwe ariko impande zombi zigakomeza kubigira ibanga, bishobora gutera urujijo bigatuma umusaruro wari kuva mu rujya n’uruza utaboneka.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, hatangiye gucicikana amakuru y’ifungurwa ry’imipaka ihuza u Rwanda n’u Burundi.

Ni amakuru yanemejwe n’umwe mu bayobozi bakomeye mu Burundi, wabwiye BBC ko abambuka imipaka hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda, bazajya babikora bisanzuye.

Yagize ati “Impushya ntabwo zigisabwa. Abantu bazajya bambuka bisanzuye.” 

Gusa Umuvugizi wa Perezida w’u Burundi, Alain Diomède Nzeyimana yahakanye aya makuru, avuga ko gufungura imipaka ihuza u Burundi n’u Rwanda bidashoboka mu gihe ubuyobozi bw’i Kigali budakoze ibyo bwasabwe n’u Burundi.

Yagize ati “Ibyo kubana aha ku mipaka murabizi ko abantu bagenda n’amabisi aragenda ariko imigenderanire nyayo hagati y’u Burundi n’u Rwanda ntishoboka u Rwanda rudatanze bariya bantu bahiritse ubutegetsi muri 2015.”

Gusa abambukiranya iyi mipaka bemeza ko kuva mu cyumweru gishize, habayemo impinduka kuko ubu abantu babasha kugenda nta mananiza menshi bashyiriweho nkuko byari bimeze mbere.

 

Gufungura imipaka ukabigira ibanga bitera urujijo

Impuguke mu bya Politiki mpuzamahanga, Dr. Ismael Buchanan avuga ko imipaka ihuza u Rwanda n’u Burundi iramutse yarafunguwe byaba ari amahirwe ku batuye ibi Bihugu byombi kuko muri iki gihe hari ibibazo byugarije Isi bisaba imikoranire myiza hagati y’Ibihugu by’ibituranyi.

Ati “Bibaye ari inkuru mpamo, byatanga icyizere ko ibintu biri kugenda bijya mu buryo nyuma y’imyaka irindwi urabizi ntabwo byari byiza, ari mu rwego rw’umutekano, mu rwego rwa dipolomasi no mu rwego rw’isoko rusange; ntabwo byari bimeze neza.

Muri iki gihe hari intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine, ubu Ibihugu birakeneranye mu rwego rwo gufashanya muri byose. Ubwo rero gufungura imipaka haba kimwe mu bisubizo mu guhangana n’izamuka ry’ibiciro bitandukanye.”

Iyi mpuguke igaruka ku kuba Ibihugu byombi bikomeje kugira ibanga iyi ngingo yo gufungura imipaka, ikavuga ko na byo atari byiza.

Ati “Gufungura imipaka ukabigira ikintu cy’ibanga na byo burya bitera urujijo ku buryo uwashaka kwirekura wese, ari ugucuruza ari umuturage, nshobora gutambuka nkagira ibibazo. Nkumva rero kugira ngo icyizere cyize ari uko bagomba kubishyira ahagaragara.”

Uyu musesenguzi asoza avuga ko Imbande z’Ibihugu byombi zagaragaje ubushake bwa politiki mu kubyutsa umubano umaze imyaka irindwi urimo igitotsi, bityo ko bitari bikwiye korosa ku musaruro mwiza wavuye muri ubwo bushake n’ibiganiro byagiye biba hagati yabyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + nineteen =

Previous Post

DRC-Beni: Abahirimbanira uburenganzira bwa muntu baramukiye mu myigaragambyo bahita bafungwa

Next Post

Kayonza: Banze kugurana iterambere umuco, ngo gusangira ku muheha ntibazabicikaho

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Banze kugurana iterambere umuco, ngo gusangira ku muheha ntibazabicikaho

Kayonza: Banze kugurana iterambere umuco, ngo gusangira ku muheha ntibazabicikaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.