Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RwandaVs Senega: Sadio Mane wari wibuze mu mukino araje Abanyarwanda mu marira

radiotv10by radiotv10
07/06/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
RwandaVs Senega: Sadio Mane wari wibuze mu mukino araje Abanyarwanda mu marira
Share on FacebookShare on Twitter

Mutsinzi Ange na Salomon Nirisarike bari bahagaze bwuma ku buryo nta rutahizamu wa Senegal wabameneragamo, iminota 90’ irangira icyizere kikiri cyose kuko byari 0-0 hagati y’u Rwanda na Senegal, gusa mu minota y’inyongera byaje kuba bibi ubwo Senegal yabonaga Penaliti ikinjizwa na Sadio Mane wari wibuze mu mukino, agatuma akanyamuneza kari kagiye kurara mu Banyarwanda kabaca mu myanya y’intoki.

Muri uyu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, u Rwanda rwawakiririye muri Senegal kuri Stade yitiriwe Abdoulaye Wade, Amavubi yari yashyize imbaraga mu bwugarizi ku buryo ba rutahizamu ba Senegal bageraga imbere y’izamu bakamera nk’amazi amenetse ku rutare.

Mutsinzi Ange Jimmy, Salomon Nirisarike ndetse na Manzi Thierry bari bahagaze neza, bigatuma ba Sadio Mane babagera imbere ntibabone aho banyura.

Abasore b’Amavubi bakinnye umukino mwiza ugereranyije n’uwo bakinnye na Mozambique, batangiye igice cya mbere bakinira inyuma ariko bakanyuzamo, bagaca mu rihumye aba Senegal ariko bagasanga ba myugariro babo na bo bahaze neza.

Igice cya mbere cyarangiye Amavubi anganya 0-0 na Senegal ifite igikombe cya Afurika, bituma u Rwanda rukomeza kwizera ko kunganya n’iyi kipe bishoboka.

Iminota 90′ yarinze irangira iki cyizere kigihari kuko abasore b’Amavubi bakomeje kugarira ndetse bakananyuzamo bakazamuka kugira ngo bashake igitego.

Iyi mikinire y’Amavubi, yatumye yihangira abafana muri Stade yitiriwe Abdoulaye Wade kuko bahagarika abakinnyi ba Senegal, abafana bakabakomera amashyi mu gihe u Rwanda rwari rwatekererejwe ko ruza kwinjizwa ibitego byinshi

Ku mbuga nkoranyambaga zose, Abanyarwanda bagaragazaga ko bafatiye iry’iburyo ikipe yabo, bakomeza gushima uburyo ubwugarizi bw’ikipe y’u Rwanda bwari buhagaze ndetse n’uburyo abakinnyi bose bakinnye muri rusange.

Benshi bavugaga ko Ikipe y’u Rwanda isanzwe imenyerewe itakiri ya yindi kuko yagaragaje umukino unogeye ijisho byumwihariko ubwugarizi bwayo bwatumye rutahizamu ukomeye ku Isi, Sadio Mane yibura muri uyu mukini.

Gusa mu minota itanu y’inyongera, uyu rutahizamu wa Liverpool yo mu Bwongereza ndetse na Saliou Ciss bakomeje kwisirisimbya imbere y’izamu rya Kwizera Olivier biza no gutuma Saliou Ciss akorerwaho ikosa na Ange Mutsinzi Jimmy, umusifuzi ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ahita ahuha mu ifirimbi, atanga Penaliti yatewe na Sadio Mane arayinjiza.

Kwizera Olivier wanakuyemo imipira myinshi yari yabazwemo ibitego, yagerageje gukurikira ishoti rya Sadio Mane ariko umupira uramucika, igitego gihita kinjira, umusifuzi ahita anasoza umukino.

 

Abakinnyi babanje mu kibuga ku mpande zombi :

U Rwanda: Kwizera Olivier, Serumogo Ali, Imanishimwe Emmanuel, Mutsinzi Ange, Nirisarike Salomon, Manzi Thierry, Bizimana Djihad, Muhire Kévin, Ruboneka Bosco, Rafael York na Meddie Kagere.

Sénégal: Mendy, Diallo, Koulibaly, Sabaly, Fode Ballo, Nampalys Mendy, PM Sarr, Gana Gueye, Ismaila Sarr, Habib Diallo na Sadio Mané.

Amakipe yombi yabanje gufata umunota wo kwibuka Kit Manager w’Ikipe y’u Rwanda witabye Imana
Ababanjemo mu ikipe ya Senegal
Abasore b’u Rwanda bari bahagaze neza
Bageraga kuri Mutsinzi Ange bikaba nk’amazi aguye ku rutare
Banyuzagamo bagakora akanama
Sadio Mane atumye Abanyarwanda batararana akanyamuneza bari bizeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Hamenyekanye uwasimbuye umunyamakuru M.Irene uherutse gusezera kuri Televiziyo yakoreraga

Next Post

Umuyobozi muri RGB waburanye yemera icyaha akurikiranyweho cy’uburiganya bwa Miliyoni 22Frw yafatiwe icyemezo

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano
IMIBEREHO

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi muri RGB waburanye yemera icyaha akurikiranyweho cy’uburiganya bwa Miliyoni 22Frw yafatiwe icyemezo

Umuyobozi muri RGB waburanye yemera icyaha akurikiranyweho cy’uburiganya bwa Miliyoni 22Frw yafatiwe icyemezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.