Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC, haba urugamba rushyushye

radiotv10by radiotv10
08/07/2022
in MU RWANDA
0
Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC, haba urugamba rushyushye
Share on FacebookShare on Twitter

Urugamba rwongeye gusakirana hagati y’umutwe wa M23 n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho bari kurwanira mu gace kegereye ikigo cya Gisirikare cya Rumangabo.

Iyi mirwanyo iremereye yabereye mu gace ka Nyabusoro kari mu birometero bitanu uvuye kuri iki Kigo cya Gisirikare cya Rumangabo kiri mu byigeze kurwanirwa mu mirwano ikarishye hagati ya M23 na FARDC.

Ni imirwano ibaye nyuma y’iminsi ibiri habaye inama yahuje Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na João Lourenço wa Angola, yari igamije kwigira hamwe ibibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa DRC      ongo.

Amakuru avuga ko umutwe wa M23 ari wo wagabye ibitero ku birindiro by’igisirikare cya Congo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Nyakanga 2022 ahitwa Rusenge.

Iyi mirwano hagati ya FARDC na M23 yari inakomeje kuva ejo ku wa Kane tariki 07 Nyakanga, yongeye kugaragaramo guhangana cyane mu buryo bw’imirwano nyuma yuko ubutegetsi bwa DRC butangarije ko muri iriya nama y’i Luanda yanzuye ko M23 igomba kuva mu birindiro byayo mu buryo bwihuse.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane mu Rwanda, Dr Vincent Biruta, kuri uyu wa Gatanu yanyomoje amakuru yavugaga ko u Rwanda na DRC basinyanye amasezerano yo guhagarika intambara muri Congo.

Muri ubu butumwa yatambukije kuri Twitter ye, yagize ati “Nta masezerano y’ubwumvikane cyangwa yo guhagarika intambara yigeze asinywa.”

Umutwe wa M23 ukomeje guhangana na FARDC mu mirwano ikomeye, wo uherutse gutangaza ko udashobora kuva mu birindiro byawo kuko udashobora kongera kuva muri Congo ngo wongere usubire mu buhungiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 4 =

Previous Post

Musanze: Urujijo ku rupfu rw’umugabo basanze ku Kagari yapfuye yavuye amaraso

Next Post

Isi ipfushije undi munyapolitiki ukomeye

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Isi ipfushije undi munyapolitiki ukomeye

Isi ipfushije undi munyapolitiki ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.