Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC, haba urugamba rushyushye

radiotv10by radiotv10
08/07/2022
in MU RWANDA
0
Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC, haba urugamba rushyushye
Share on FacebookShare on Twitter

Urugamba rwongeye gusakirana hagati y’umutwe wa M23 n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho bari kurwanira mu gace kegereye ikigo cya Gisirikare cya Rumangabo.

Iyi mirwanyo iremereye yabereye mu gace ka Nyabusoro kari mu birometero bitanu uvuye kuri iki Kigo cya Gisirikare cya Rumangabo kiri mu byigeze kurwanirwa mu mirwano ikarishye hagati ya M23 na FARDC.

Ni imirwano ibaye nyuma y’iminsi ibiri habaye inama yahuje Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na João Lourenço wa Angola, yari igamije kwigira hamwe ibibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa DRC      ongo.

Amakuru avuga ko umutwe wa M23 ari wo wagabye ibitero ku birindiro by’igisirikare cya Congo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Nyakanga 2022 ahitwa Rusenge.

Iyi mirwano hagati ya FARDC na M23 yari inakomeje kuva ejo ku wa Kane tariki 07 Nyakanga, yongeye kugaragaramo guhangana cyane mu buryo bw’imirwano nyuma yuko ubutegetsi bwa DRC butangarije ko muri iriya nama y’i Luanda yanzuye ko M23 igomba kuva mu birindiro byayo mu buryo bwihuse.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane mu Rwanda, Dr Vincent Biruta, kuri uyu wa Gatanu yanyomoje amakuru yavugaga ko u Rwanda na DRC basinyanye amasezerano yo guhagarika intambara muri Congo.

Muri ubu butumwa yatambukije kuri Twitter ye, yagize ati “Nta masezerano y’ubwumvikane cyangwa yo guhagarika intambara yigeze asinywa.”

Umutwe wa M23 ukomeje guhangana na FARDC mu mirwano ikomeye, wo uherutse gutangaza ko udashobora kuva mu birindiro byawo kuko udashobora kongera kuva muri Congo ngo wongere usubire mu buhungiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Musanze: Urujijo ku rupfu rw’umugabo basanze ku Kagari yapfuye yavuye amaraso

Next Post

Isi ipfushije undi munyapolitiki ukomeye

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Isi ipfushije undi munyapolitiki ukomeye

Isi ipfushije undi munyapolitiki ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.