Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sadate arahamagarira abayoboke b’Ishyaka rya Frank Habineza kumwirukana vuba na bwangu

radiotv10by radiotv10
15/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Sadate arahamagarira abayoboke b’Ishyaka rya Frank Habineza kumwirukana vuba na bwangu
Share on FacebookShare on Twitter

Munyakazi Sadate yahamagariye abarwanashyaka b’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije (DGPR), ‘kwirukana’ Dr Fank Habineza warishinze mu Rwanda akaba anariyobora.

Munyakazi Sadate wabaye Perezida wa Rayon Sports ukunze gutanga ibitekerezo ku mbuga nkoranyamabaga, akomeje kugaragaza ko atishimiye ibiherutse gutangazwa na Dr Frank Habineza wavuze ko yifuza ko Leta y’u Rwanda igirana ibiganiro n’abayirwanya.

Uyu mugabo ukunze kugaragaza ko akunda u Rwanda bihebuje, yagaruye inkuru yanditswe mu kwezi k’Ukwakira 2021, ubwo iri shyaka DGPR (Democratic Green Party of Rwanda) ryirukanaga abari abayoboke baryo babiri, ribaziza ubugambanyi bagamije kurisenya.

Mu butumwa buherekeje iyi nkuru yashyize kuri Twitter, Munyakazi Sadate yavuze ko iyirukanwa rya bariya bayoboke, ryatewe n’ingaruka “zo kugira Umuyobozi uhubuka kandi w’Umunyagitugu, ntekereza ko kwirukana Umunyamuryango ari ububasha bw’Inteko rusange kandi ntayateranye. Mbona uri Umunyagitugu Frank Habineza.”

Munyakazi Sadate yakomeje agira ati “Ndashishikariza abanyamuryango b’inyangamugayo ba Green Party kwirukana vuba na bwangu Frank Habineza ndetse aba yashyizeho Igitugu mwifatanye n’abandi banyamuryango b’inyangamugayo mushyireho ubuyobozi bushya bw’Ishyaka.”

Ubu butumwa bwashyizwe kuri Twitter na Munyakazi Sadate kuri iki Cyumweru tariki 14 Kanama 2022, bwaje bukurikira ubundi yashyizeho tariki 11 Kanama buherekeje ifoto igaragaza Dr Frank Habineza asa n’uwicaye mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko yasinziriye.

Yari yakoresheje amagambo aremereye ataranavuzweho rumwe na bamwe banamucyashye bamusaba kudakoresha imvugo nk’izo bafashe nka nyandagazi, ndetse bamwe bakavuga ko iyo foto yacuzwe [photoshop] atari umwimerere.

Ibi byose bikomeje gukorwa na Sadate, yabitangiye ubwo yamaganaga ibiherutse gutangazwa na Depite Dr Frank Habineza wasabye ko Leta y’u Rwanda yaganira n’abatavuga rumwe na yo yaba ari imitwe yitwaje intwaro ndetse n’abandi banyapolitiki bose.

Iyi ntumwa ya rubanda yagize icyo ivuga ku byakozwe na Munyakazi Sadate, yavuze ko atari ubwa mbere amwibasiye ndetse ko ashobora kumujyana mu nzego z’ubutabera zikabimuryoza kuko ibyo yakoze bigize icyaha.

Dr Fank Habineza yagize ati “Amagambo yakoresheje ni yo mabi cyane, nari nirinze kubivugaho kubera ko Sadate ni ubwa kabiri anyibasiye, na cya gihe Perezida avuga iby’imyaka 20 Sadate yaranyandagaje cyane. Ndabona harimo urwango n’ubugome, ntabwo ari ugutanga ibitekerezo.”

Munyakazi wahise yongera kugira icyo avuga, yagaragaje ko adatewe ubwoba no kuba Depite Frank Habineza yamujyana mu butabera.

Mu butumwa yanditse tariki 12 Kanama 2022, yagize ati “Ndifuza ko Haboneza andega maze Abanyarwanda mwese mukabona ko ibyo birirwa baririmba bya Freedom of Spech [ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo] ari ikinyoma, uwabaha ubutegetsi batwambura niyo dufite.”

Dr Frank Habineza
Munyakazi Sadate

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Niba nta miliyoni z’umurage ugenewe kora ureke kugendera mu kigare cya Social Media- Clarisse Karasira

Next Post

Hateguwe isengesho ryo gusabira Buravan urembye

Related Posts

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

by radiotv10
11/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yahaye ikiganiro urubyiruko ruri mu Itorero Indangamirwa icyiciro cya 15, arugaragariza ko...

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

by radiotv10
11/08/2025
0

The Rwanda Defence Force (RDF) CDS, General MK Mubarakh, has called on the country’s youth to take ownership of Africa’s...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

by radiotv10
11/08/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abagabo babiri bari mu bantu bakekwaho ubwicanyi n’ubujura byakorewe mu Murenge wa Muyumbu mu Karere...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
11/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

by radiotv10
11/08/2025
0

In Rwanda and across Africa, digital entertainment is undergoing a quiet revolution. At the center of this change is the...

IZIHERUKA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga
AMAHANGA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

11/08/2025
Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

11/08/2025
Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

11/08/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

11/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

11/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hateguwe isengesho ryo gusabira Buravan urembye

Hateguwe isengesho ryo gusabira Buravan urembye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.