• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sadate arahamagarira abayoboke b’Ishyaka rya Frank Habineza kumwirukana vuba na bwangu

radiotv10by radiotv10
15/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Sadate arahamagarira abayoboke b’Ishyaka rya Frank Habineza kumwirukana vuba na bwangu
Share on FacebookShare on Twitter

Munyakazi Sadate yahamagariye abarwanashyaka b’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije (DGPR), ‘kwirukana’ Dr Fank Habineza warishinze mu Rwanda akaba anariyobora.

Munyakazi Sadate wabaye Perezida wa Rayon Sports ukunze gutanga ibitekerezo ku mbuga nkoranyamabaga, akomeje kugaragaza ko atishimiye ibiherutse gutangazwa na Dr Frank Habineza wavuze ko yifuza ko Leta y’u Rwanda igirana ibiganiro n’abayirwanya.

Uyu mugabo ukunze kugaragaza ko akunda u Rwanda bihebuje, yagaruye inkuru yanditswe mu kwezi k’Ukwakira 2021, ubwo iri shyaka DGPR (Democratic Green Party of Rwanda) ryirukanaga abari abayoboke baryo babiri, ribaziza ubugambanyi bagamije kurisenya.

Mu butumwa buherekeje iyi nkuru yashyize kuri Twitter, Munyakazi Sadate yavuze ko iyirukanwa rya bariya bayoboke, ryatewe n’ingaruka “zo kugira Umuyobozi uhubuka kandi w’Umunyagitugu, ntekereza ko kwirukana Umunyamuryango ari ububasha bw’Inteko rusange kandi ntayateranye. Mbona uri Umunyagitugu Frank Habineza.”

Munyakazi Sadate yakomeje agira ati “Ndashishikariza abanyamuryango b’inyangamugayo ba Green Party kwirukana vuba na bwangu Frank Habineza ndetse aba yashyizeho Igitugu mwifatanye n’abandi banyamuryango b’inyangamugayo mushyireho ubuyobozi bushya bw’Ishyaka.”

Ubu butumwa bwashyizwe kuri Twitter na Munyakazi Sadate kuri iki Cyumweru tariki 14 Kanama 2022, bwaje bukurikira ubundi yashyizeho tariki 11 Kanama buherekeje ifoto igaragaza Dr Frank Habineza asa n’uwicaye mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko yasinziriye.

Yari yakoresheje amagambo aremereye ataranavuzweho rumwe na bamwe banamucyashye bamusaba kudakoresha imvugo nk’izo bafashe nka nyandagazi, ndetse bamwe bakavuga ko iyo foto yacuzwe [photoshop] atari umwimerere.

Ibi byose bikomeje gukorwa na Sadate, yabitangiye ubwo yamaganaga ibiherutse gutangazwa na Depite Dr Frank Habineza wasabye ko Leta y’u Rwanda yaganira n’abatavuga rumwe na yo yaba ari imitwe yitwaje intwaro ndetse n’abandi banyapolitiki bose.

Iyi ntumwa ya rubanda yagize icyo ivuga ku byakozwe na Munyakazi Sadate, yavuze ko atari ubwa mbere amwibasiye ndetse ko ashobora kumujyana mu nzego z’ubutabera zikabimuryoza kuko ibyo yakoze bigize icyaha.

Dr Fank Habineza yagize ati “Amagambo yakoresheje ni yo mabi cyane, nari nirinze kubivugaho kubera ko Sadate ni ubwa kabiri anyibasiye, na cya gihe Perezida avuga iby’imyaka 20 Sadate yaranyandagaje cyane. Ndabona harimo urwango n’ubugome, ntabwo ari ugutanga ibitekerezo.”

Munyakazi wahise yongera kugira icyo avuga, yagaragaje ko adatewe ubwoba no kuba Depite Frank Habineza yamujyana mu butabera.

Mu butumwa yanditse tariki 12 Kanama 2022, yagize ati “Ndifuza ko Haboneza andega maze Abanyarwanda mwese mukabona ko ibyo birirwa baririmba bya Freedom of Spech [ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo] ari ikinyoma, uwabaha ubutegetsi batwambura niyo dufite.”

Dr Frank Habineza
Munyakazi Sadate

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − twelve =

Previous Post

Niba nta miliyoni z’umurage ugenewe kora ureke kugendera mu kigare cya Social Media- Clarisse Karasira

Next Post

Hateguwe isengesho ryo gusabira Buravan urembye

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Hateguwe isengesho ryo gusabira Buravan urembye

Hateguwe isengesho ryo gusabira Buravan urembye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.