Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sadate arahamagarira abayoboke b’Ishyaka rya Frank Habineza kumwirukana vuba na bwangu

radiotv10by radiotv10
15/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Sadate arahamagarira abayoboke b’Ishyaka rya Frank Habineza kumwirukana vuba na bwangu
Share on FacebookShare on Twitter

Munyakazi Sadate yahamagariye abarwanashyaka b’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije (DGPR), ‘kwirukana’ Dr Fank Habineza warishinze mu Rwanda akaba anariyobora.

Munyakazi Sadate wabaye Perezida wa Rayon Sports ukunze gutanga ibitekerezo ku mbuga nkoranyamabaga, akomeje kugaragaza ko atishimiye ibiherutse gutangazwa na Dr Frank Habineza wavuze ko yifuza ko Leta y’u Rwanda igirana ibiganiro n’abayirwanya.

Uyu mugabo ukunze kugaragaza ko akunda u Rwanda bihebuje, yagaruye inkuru yanditswe mu kwezi k’Ukwakira 2021, ubwo iri shyaka DGPR (Democratic Green Party of Rwanda) ryirukanaga abari abayoboke baryo babiri, ribaziza ubugambanyi bagamije kurisenya.

Mu butumwa buherekeje iyi nkuru yashyize kuri Twitter, Munyakazi Sadate yavuze ko iyirukanwa rya bariya bayoboke, ryatewe n’ingaruka “zo kugira Umuyobozi uhubuka kandi w’Umunyagitugu, ntekereza ko kwirukana Umunyamuryango ari ububasha bw’Inteko rusange kandi ntayateranye. Mbona uri Umunyagitugu Frank Habineza.”

Munyakazi Sadate yakomeje agira ati “Ndashishikariza abanyamuryango b’inyangamugayo ba Green Party kwirukana vuba na bwangu Frank Habineza ndetse aba yashyizeho Igitugu mwifatanye n’abandi banyamuryango b’inyangamugayo mushyireho ubuyobozi bushya bw’Ishyaka.”

Ubu butumwa bwashyizwe kuri Twitter na Munyakazi Sadate kuri iki Cyumweru tariki 14 Kanama 2022, bwaje bukurikira ubundi yashyizeho tariki 11 Kanama buherekeje ifoto igaragaza Dr Frank Habineza asa n’uwicaye mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko yasinziriye.

Yari yakoresheje amagambo aremereye ataranavuzweho rumwe na bamwe banamucyashye bamusaba kudakoresha imvugo nk’izo bafashe nka nyandagazi, ndetse bamwe bakavuga ko iyo foto yacuzwe [photoshop] atari umwimerere.

Ibi byose bikomeje gukorwa na Sadate, yabitangiye ubwo yamaganaga ibiherutse gutangazwa na Depite Dr Frank Habineza wasabye ko Leta y’u Rwanda yaganira n’abatavuga rumwe na yo yaba ari imitwe yitwaje intwaro ndetse n’abandi banyapolitiki bose.

Iyi ntumwa ya rubanda yagize icyo ivuga ku byakozwe na Munyakazi Sadate, yavuze ko atari ubwa mbere amwibasiye ndetse ko ashobora kumujyana mu nzego z’ubutabera zikabimuryoza kuko ibyo yakoze bigize icyaha.

Dr Fank Habineza yagize ati “Amagambo yakoresheje ni yo mabi cyane, nari nirinze kubivugaho kubera ko Sadate ni ubwa kabiri anyibasiye, na cya gihe Perezida avuga iby’imyaka 20 Sadate yaranyandagaje cyane. Ndabona harimo urwango n’ubugome, ntabwo ari ugutanga ibitekerezo.”

Munyakazi wahise yongera kugira icyo avuga, yagaragaje ko adatewe ubwoba no kuba Depite Frank Habineza yamujyana mu butabera.

Mu butumwa yanditse tariki 12 Kanama 2022, yagize ati “Ndifuza ko Haboneza andega maze Abanyarwanda mwese mukabona ko ibyo birirwa baririmba bya Freedom of Spech [ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo] ari ikinyoma, uwabaha ubutegetsi batwambura niyo dufite.”

Dr Frank Habineza
Munyakazi Sadate

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 3 =

Previous Post

Niba nta miliyoni z’umurage ugenewe kora ureke kugendera mu kigare cya Social Media- Clarisse Karasira

Next Post

Hateguwe isengesho ryo gusabira Buravan urembye

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hateguwe isengesho ryo gusabira Buravan urembye

Hateguwe isengesho ryo gusabira Buravan urembye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.