Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Sadio Mane wari utegerejwe i Kigali ntakije kuko Senegal yasubitse ibyo kuza

radiotv10by radiotv10
28/12/2021
in SIPORO
0
Sadio Mane wari utegerejwe i Kigali ntakije kuko Senegal yasubitse ibyo kuza
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’igihugu ya Sénégal yagombaga kugirira umwiherero i Kigali hagati ya tariki ya 31 Ukuboza n’iya 6 Mutarama, ntikije bikaba byatumye umukino wa gicuti wagombaga kuyihuza n’Amavubi utakibaye.

Ku mugoroba wo ku wa Mbere, tariki ya 27 Ukuboza 2021, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Sénégal (FSF), ryatangaje ko umwiherero wari kubera mu Rwanda wakuweho.

Ryavuze ko iki cyemezo cyafashwe “Hashingiwe ku ibaruwa ya FIFA yo ku wa 25 Ukuboza 2021, aho Ishyirahamwe rya ruhago muri Sénégal ryamenyeshejwe risabwa kwemerera FIFA na CAF kureka abakinnyi bakina mu makipe y’i Burayi bakazitabira ubutumire bwa CAN guhera tariki ya 3 Mutarama 2022.”

Biturutse kuri iyi ngingo, Sénégal yafashe icyemezo cyo gukorera umwiherero i Dakar hagati ya tariki ya 27 Ukuboza n’iya 4 Mutarama, ikazahava yerekeza muri Cameroun, i Bafoussam ahazabera icyiciro cya kabiri cy’umwiherero.

Ku rundi ruhande, Guinée na yo iri mu Itsinda rimwe na Sénégal muri CAN, yo iragera i Kigali kuri uyu wa Kabiri ndetse izakina imikino ibiri ya gicuti n’Amavubi tariki ya 2 n’iya 6 Mutarama 2022.

Biteganyijwe ko Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda ikinwa guhera kuri uyu wa Kabiri kugeza ku wa Kane, aho abakinnyi bazitabira umwiherero ku wa 30 Ukuboza nyuma yo guhamagarwa n’umutoza Mashami Vincent.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 3 =

Previous Post

Ibyamamare birimo Fally Ipupa bashenguwe n’urupfu rwa Général Defao wishwe na COVID

Next Post

Ariel Wayz yongeye guteza sakwesakwe kubera ifoto ye yifashe ahantu

Related Posts

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ariel Wayz yongeye guteza sakwesakwe kubera ifoto ye yifashe ahantu

Ariel Wayz yongeye guteza sakwesakwe kubera ifoto ye yifashe ahantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.