Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Senegal yongeye gutanga isomo rya ruhago muri Afurika

radiotv10by radiotv10
05/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Senegal yongeye gutanga isomo rya ruhago muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Icyizere cyari cyose kuri Algeria yakiniraga imbere y’abafana ibihumbi n’ibihumbi dore ko iki Gihugu ari cyo cyakiriye igikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu Bihugu byabo (CHAN 2023), ariko Senegal yongeye kwerekana ko yahagurutse i Dakar ishaka gukora nk’ibyakozwe n’ikipe nkuru yatwaye CAN, birangira biyihiriye, yegukana CHAN hitabajwe penaliti.

Umukino Senegal yatsinzemo Algeria wabereye kuri Nelson Mandera Stadium ndetse warebwe n’abantu 39 120. Abany-Algeria benshi bari bitize ko ikipe y’abo yitwara neza ikegukanya icyo gikombe cyane ko yazamutse mu itsinda rya A ifite amanota 9/9, ndetse ntagushidikanya ko yari imwe mu makipe yahabwaga amahirwe, kuko mu mukino wa ½, yanyagiye Niger 5-0. Biyigira ikipe ya mbere uyu umwaka ishoboye gutsinda ibitego byinshi mu mukino umwe.

Ku rundi ruhande ariko Senegal yari yarinjijwe igitego 1 muri 6 yatsinze nayo yari ikipe yo kwitega, ndetse bakagira akarusho kuko Ikipe y’icyo gihugu nkuru ariyo ifite igikombe giheruka mu mupira w’amaguru. Ariko kandi uwavuga ko icyo gihugu cyahiriwe n’umwaka ushije w’imikino ntiyaba yibeshye kuko icyo gihugu cyegukanye igikombe cya Beach Soccer AFCON, ndetse bakora amateka yo kugera muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi giheruka kubera muri Qatar ku nshuro ya 22.

Ibyo byose rero byatumye Senegal ijya muri ino mukino ntayo ari ikipe yo kwitondera, biza no kuyihira binyuze ku musore wayo Ousmane Diouf winjije penaliti ya 5 nyuma y’uko kizingenza wa Algeria Mahious, watsinze ibitego byinshi muri iryo rushanwa yari amaze guhusha iya 5 ku ruhande rw’Algeria yari iwayo ndetse bikabatesha amahirwe yo kwegukana iryo rushanwa.

Umusifuzi Pierre Ghislain ukomoka muri Gabon ni we wari wahawe gusifura uwo mukino ndetse yaje gutanga amakarita 4 y’umuhondo mu gice cya mbere cy’umukino.

Umutoza Pape Thiaw utoza Senegal akaba yashoboye kwegukana igikombe cye cya mbere ari hamwe n’ikipe y’igihugu cye.

Uyu yanabaye umukinnyi ukomeye wa Senegal ngira ngo benshi ntibazibagirwa ubwo Senegal yitwaraga neza mu gikombe cy’Isi muri 2002.

Senegal kandi, yakoze amateka yo kwegukana Irushanwa rya CHAN bwa mbere mu mateka mu nshuro 7 iryo rushanwa rimaze rikinwa.

Mu gihe Algeria yanditse amateka yo kumara imikino 6 itarinjizwa igitego.

Umukino kandi wahuje Senagal na Algeria mu ijoro ryakeye ni wo wabaye uwa mbere muri iryo rushanwa kongerwaho iminota 30 (Extra time) nyuma y’uko amakipe yombi yari yanganyije 0-0 nk’uko nabigarutseho haruguru.

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 3 =

Previous Post

Perezida Kagame utaherukaga i Burundi yagezeyo yitabiriye inama yigirwamo ibya Congo

Next Post

Igisobanuro kidasanzwe cy’uwiyemerera kwica abantu 4 abaciye imitwe wateganyaga kuzica 40

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
08/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda...

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

by radiotv10
08/01/2026
0

Rutanga Eric wakiniye amakipe arimo akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC, yatangaje ko yasezeye gukina nk’uwabigize umwuga,...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisobanuro kidasanzwe cy’uwiyemerera kwica abantu 4 abaciye imitwe wateganyaga kuzica 40

Igisobanuro kidasanzwe cy’uwiyemerera kwica abantu 4 abaciye imitwe wateganyaga kuzica 40

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.