Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Senegal yongeye gutanga isomo rya ruhago muri Afurika

radiotv10by radiotv10
05/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Senegal yongeye gutanga isomo rya ruhago muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Icyizere cyari cyose kuri Algeria yakiniraga imbere y’abafana ibihumbi n’ibihumbi dore ko iki Gihugu ari cyo cyakiriye igikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu Bihugu byabo (CHAN 2023), ariko Senegal yongeye kwerekana ko yahagurutse i Dakar ishaka gukora nk’ibyakozwe n’ikipe nkuru yatwaye CAN, birangira biyihiriye, yegukana CHAN hitabajwe penaliti.

Umukino Senegal yatsinzemo Algeria wabereye kuri Nelson Mandera Stadium ndetse warebwe n’abantu 39 120. Abany-Algeria benshi bari bitize ko ikipe y’abo yitwara neza ikegukanya icyo gikombe cyane ko yazamutse mu itsinda rya A ifite amanota 9/9, ndetse ntagushidikanya ko yari imwe mu makipe yahabwaga amahirwe, kuko mu mukino wa ½, yanyagiye Niger 5-0. Biyigira ikipe ya mbere uyu umwaka ishoboye gutsinda ibitego byinshi mu mukino umwe.

Ku rundi ruhande ariko Senegal yari yarinjijwe igitego 1 muri 6 yatsinze nayo yari ikipe yo kwitega, ndetse bakagira akarusho kuko Ikipe y’icyo gihugu nkuru ariyo ifite igikombe giheruka mu mupira w’amaguru. Ariko kandi uwavuga ko icyo gihugu cyahiriwe n’umwaka ushije w’imikino ntiyaba yibeshye kuko icyo gihugu cyegukanye igikombe cya Beach Soccer AFCON, ndetse bakora amateka yo kugera muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi giheruka kubera muri Qatar ku nshuro ya 22.

Ibyo byose rero byatumye Senegal ijya muri ino mukino ntayo ari ikipe yo kwitondera, biza no kuyihira binyuze ku musore wayo Ousmane Diouf winjije penaliti ya 5 nyuma y’uko kizingenza wa Algeria Mahious, watsinze ibitego byinshi muri iryo rushanwa yari amaze guhusha iya 5 ku ruhande rw’Algeria yari iwayo ndetse bikabatesha amahirwe yo kwegukana iryo rushanwa.

Umusifuzi Pierre Ghislain ukomoka muri Gabon ni we wari wahawe gusifura uwo mukino ndetse yaje gutanga amakarita 4 y’umuhondo mu gice cya mbere cy’umukino.

Umutoza Pape Thiaw utoza Senegal akaba yashoboye kwegukana igikombe cye cya mbere ari hamwe n’ikipe y’igihugu cye.

Uyu yanabaye umukinnyi ukomeye wa Senegal ngira ngo benshi ntibazibagirwa ubwo Senegal yitwaraga neza mu gikombe cy’Isi muri 2002.

Senegal kandi, yakoze amateka yo kwegukana Irushanwa rya CHAN bwa mbere mu mateka mu nshuro 7 iryo rushanwa rimaze rikinwa.

Mu gihe Algeria yanditse amateka yo kumara imikino 6 itarinjizwa igitego.

Umukino kandi wahuje Senagal na Algeria mu ijoro ryakeye ni wo wabaye uwa mbere muri iryo rushanwa kongerwaho iminota 30 (Extra time) nyuma y’uko amakipe yombi yari yanganyije 0-0 nk’uko nabigarutseho haruguru.

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − ten =

Previous Post

Perezida Kagame utaherukaga i Burundi yagezeyo yitabiriye inama yigirwamo ibya Congo

Next Post

Igisobanuro kidasanzwe cy’uwiyemerera kwica abantu 4 abaciye imitwe wateganyaga kuzica 40

Related Posts

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

IZIHERUKA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?
MU RWANDA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisobanuro kidasanzwe cy’uwiyemerera kwica abantu 4 abaciye imitwe wateganyaga kuzica 40

Igisobanuro kidasanzwe cy’uwiyemerera kwica abantu 4 abaciye imitwe wateganyaga kuzica 40

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.