Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Senegal yongeye gutanga isomo rya ruhago muri Afurika

radiotv10by radiotv10
05/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Senegal yongeye gutanga isomo rya ruhago muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Icyizere cyari cyose kuri Algeria yakiniraga imbere y’abafana ibihumbi n’ibihumbi dore ko iki Gihugu ari cyo cyakiriye igikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu Bihugu byabo (CHAN 2023), ariko Senegal yongeye kwerekana ko yahagurutse i Dakar ishaka gukora nk’ibyakozwe n’ikipe nkuru yatwaye CAN, birangira biyihiriye, yegukana CHAN hitabajwe penaliti.

Umukino Senegal yatsinzemo Algeria wabereye kuri Nelson Mandera Stadium ndetse warebwe n’abantu 39 120. Abany-Algeria benshi bari bitize ko ikipe y’abo yitwara neza ikegukanya icyo gikombe cyane ko yazamutse mu itsinda rya A ifite amanota 9/9, ndetse ntagushidikanya ko yari imwe mu makipe yahabwaga amahirwe, kuko mu mukino wa ½, yanyagiye Niger 5-0. Biyigira ikipe ya mbere uyu umwaka ishoboye gutsinda ibitego byinshi mu mukino umwe.

Ku rundi ruhande ariko Senegal yari yarinjijwe igitego 1 muri 6 yatsinze nayo yari ikipe yo kwitega, ndetse bakagira akarusho kuko Ikipe y’icyo gihugu nkuru ariyo ifite igikombe giheruka mu mupira w’amaguru. Ariko kandi uwavuga ko icyo gihugu cyahiriwe n’umwaka ushije w’imikino ntiyaba yibeshye kuko icyo gihugu cyegukanye igikombe cya Beach Soccer AFCON, ndetse bakora amateka yo kugera muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi giheruka kubera muri Qatar ku nshuro ya 22.

Ibyo byose rero byatumye Senegal ijya muri ino mukino ntayo ari ikipe yo kwitondera, biza no kuyihira binyuze ku musore wayo Ousmane Diouf winjije penaliti ya 5 nyuma y’uko kizingenza wa Algeria Mahious, watsinze ibitego byinshi muri iryo rushanwa yari amaze guhusha iya 5 ku ruhande rw’Algeria yari iwayo ndetse bikabatesha amahirwe yo kwegukana iryo rushanwa.

Umusifuzi Pierre Ghislain ukomoka muri Gabon ni we wari wahawe gusifura uwo mukino ndetse yaje gutanga amakarita 4 y’umuhondo mu gice cya mbere cy’umukino.

Umutoza Pape Thiaw utoza Senegal akaba yashoboye kwegukana igikombe cye cya mbere ari hamwe n’ikipe y’igihugu cye.

Uyu yanabaye umukinnyi ukomeye wa Senegal ngira ngo benshi ntibazibagirwa ubwo Senegal yitwaraga neza mu gikombe cy’Isi muri 2002.

Senegal kandi, yakoze amateka yo kwegukana Irushanwa rya CHAN bwa mbere mu mateka mu nshuro 7 iryo rushanwa rimaze rikinwa.

Mu gihe Algeria yanditse amateka yo kumara imikino 6 itarinjizwa igitego.

Umukino kandi wahuje Senagal na Algeria mu ijoro ryakeye ni wo wabaye uwa mbere muri iryo rushanwa kongerwaho iminota 30 (Extra time) nyuma y’uko amakipe yombi yari yanganyije 0-0 nk’uko nabigarutseho haruguru.

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − five =

Previous Post

Perezida Kagame utaherukaga i Burundi yagezeyo yitabiriye inama yigirwamo ibya Congo

Next Post

Igisobanuro kidasanzwe cy’uwiyemerera kwica abantu 4 abaciye imitwe wateganyaga kuzica 40

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisobanuro kidasanzwe cy’uwiyemerera kwica abantu 4 abaciye imitwe wateganyaga kuzica 40

Igisobanuro kidasanzwe cy’uwiyemerera kwica abantu 4 abaciye imitwe wateganyaga kuzica 40

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.