Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Seychelles: Uwifuza kuba Perezida akurikiranyweho ibyaha bitamenyerewe ku banyapolitiki

radiotv10by radiotv10
04/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Seychelles: Uwifuza kuba Perezida akurikiranyweho ibyaha bitamenyerewe ku banyapolitiki
Share on FacebookShare on Twitter

Patrick Herminie ukuriye ishyaka rya United Seychelles Party ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Seychelles, akaba n’umukandida uzahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2025, yakozweho iperereza akekwaho gukoresha amarozi no kujya mu mihango ya gipfumu.

Arareganwa n’abandi bantu batandatu bo mu Gihugu cya Seychelles, n’undi umwe ukomoka muri Tanzania, bakekwaho kugira uruhare muri ibi bikorwa byo kuraguza.

Iri perereza rikozwe nyuma y’uko hari amajwi yafashwe nk’ibimenyetso simusiga ya Herminie, avugana kuri Telephone n’umuntu ukomoka mu Gihugu cya Tanzania, uherutse gutabwa muri yombi n’inzego z’umutekano wa Seychelles.

Uwo muntu wari uturutse muri Tanzania, ubwo yari yururutse indege ku kibuga mpuzamahanga cya Seychelles, yafatanywe utuntu dusa n’amabuye, uducupa duto twarimo ibindi by’imiti ijya kugira ibara ry’ikigina, ifu ipfunyitse mu bitambaro, n’umuhambiro w’impapuro zanditse ururimi n’ibimenyetso bikunze gukoreshwa n’abafite imyemerere ishingiye kuri Satani nkuko ibiro ntaramakuru bya Seychelles byabitangaje.

Nyuma yo guhatwa ibibazo kuri uyu wa Mbere, Patrick Herminie yarekuwe atanze akayabo k’amarupia akoreshwa muri Seychelles, abarirwa mu 30 000 [asaga asaga 38 580 000 Frw]. Urubanza rwe ruteganyijwe ku itariki 06 Ugushyingo 2023.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 17 =

Previous Post

Volleyball: Mu Rwanda hagiye gukinirwa irushanwa ryo mu karere ryari rimaze imyaka ritaba

Next Post

Amakuru yaramutse mu gitondo cya kare mu rugamba FARDC na M23

Related Posts

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali
AMAHANGA

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru yaramutse mu gitondo cya kare mu rugamba FARDC na M23

Amakuru yaramutse mu gitondo cya kare mu rugamba FARDC na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.