Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Shampiyona y’u Rwanda ishobora gusubikwa

radiotv10by radiotv10
24/12/2021
in MU RWANDA, SIPORO
0
Shampiyona y’u Rwanda ishobora gusubikwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’ ryasabye Minisiteri ya Siporo ko Shampiyona y’umupira w’amaguru y’icyiciro cya mbere yaba ihagaze kugira ngo ikipe y’igihugu yitegure inakine imikino ya gicuti na Guinea na Senegal.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru ‘Amavubi’ irateganya gukina imikino 3 ya gicuti n’amakipe y’ibihugu 2 azaza kwitegurira igikombe cy’Afurika mu Rwanda.

Harimo uwo ateganya gukina na Guinea tariki ya 2 Mutarama, tariki ya 4 agakina Senegal ni mu gihe tariki ya 6 nabwo hateganyijwe undi na Guinea ariko umutoza w’ikipe y’igihugu, Mashami Vincent akaba ngo wo atarawemera kuko yaba ibaye imikino myinshi yegeranye.

FERWAFA yakoze inyigo y’iyi mikino ya gicuti ndetse iyigeza kuri Minisiteri ya Siporo (MINISPORTS) nk’umufatanyabikorwa, ikaba ari yo igomba gufata umwanzuro ko iyi mikino igomba kuba cyangwa ntibe.

Byitezwe ko bitarenze uyu munsi ari bwo MINISPORTS iri butange igisubizo muri FERWAFA nayo ikamenya igikurikira.

FERWAFA ikaba yaramaze gufata umwanzuro ko mu gihe iyi mikino yakwemerwa, umunsi wa 11 na 12 yari iteganyijwe hagati y’itariki 28 Ukuboza na 5 Mutarama 2022 yasubikwa kugira ngo hakinwe iyi mikino ya gicuti.

Mu gihe MINISPORTS yabiha umugisha, biteganyijwe ko umutoza Mashami Vincent azahamagara tariki ya 27 Ukuboza, abakinnyi bagatangira umwiherero tariki ya 28 bagakina na Guinea tariki ya 2 Mutarama 2022 ndetse na Senegal tariki ya 4 Mutarama 2022 ni mu gihe umukino wo ku itariki ya 6 Mutarama 2022 na Guinea na none umutoza Mashami Vincent atarawemera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 3 =

Previous Post

Ubujurire bwa Jado Castar wakatiwe imyaka 2 abwambukanye muri 2022

Next Post

Byahindutse: Nyabugogo yajyaga yuzura abagenzi mu minsi mikuru ubu ni ibisanzwe

Related Posts

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

IZIHERUKA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo
MU RWANDA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Byahindutse: Nyabugogo yajyaga yuzura abagenzi mu minsi mikuru ubu ni ibisanzwe

Byahindutse: Nyabugogo yajyaga yuzura abagenzi mu minsi mikuru ubu ni ibisanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.