Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Shampiyona y’u Rwanda ishobora gusubikwa

radiotv10by radiotv10
24/12/2021
in MU RWANDA, SIPORO
0
Shampiyona y’u Rwanda ishobora gusubikwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’ ryasabye Minisiteri ya Siporo ko Shampiyona y’umupira w’amaguru y’icyiciro cya mbere yaba ihagaze kugira ngo ikipe y’igihugu yitegure inakine imikino ya gicuti na Guinea na Senegal.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru ‘Amavubi’ irateganya gukina imikino 3 ya gicuti n’amakipe y’ibihugu 2 azaza kwitegurira igikombe cy’Afurika mu Rwanda.

Harimo uwo ateganya gukina na Guinea tariki ya 2 Mutarama, tariki ya 4 agakina Senegal ni mu gihe tariki ya 6 nabwo hateganyijwe undi na Guinea ariko umutoza w’ikipe y’igihugu, Mashami Vincent akaba ngo wo atarawemera kuko yaba ibaye imikino myinshi yegeranye.

FERWAFA yakoze inyigo y’iyi mikino ya gicuti ndetse iyigeza kuri Minisiteri ya Siporo (MINISPORTS) nk’umufatanyabikorwa, ikaba ari yo igomba gufata umwanzuro ko iyi mikino igomba kuba cyangwa ntibe.

Byitezwe ko bitarenze uyu munsi ari bwo MINISPORTS iri butange igisubizo muri FERWAFA nayo ikamenya igikurikira.

FERWAFA ikaba yaramaze gufata umwanzuro ko mu gihe iyi mikino yakwemerwa, umunsi wa 11 na 12 yari iteganyijwe hagati y’itariki 28 Ukuboza na 5 Mutarama 2022 yasubikwa kugira ngo hakinwe iyi mikino ya gicuti.

Mu gihe MINISPORTS yabiha umugisha, biteganyijwe ko umutoza Mashami Vincent azahamagara tariki ya 27 Ukuboza, abakinnyi bagatangira umwiherero tariki ya 28 bagakina na Guinea tariki ya 2 Mutarama 2022 ndetse na Senegal tariki ya 4 Mutarama 2022 ni mu gihe umukino wo ku itariki ya 6 Mutarama 2022 na Guinea na none umutoza Mashami Vincent atarawemera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 3 =

Previous Post

Ubujurire bwa Jado Castar wakatiwe imyaka 2 abwambukanye muri 2022

Next Post

Byahindutse: Nyabugogo yajyaga yuzura abagenzi mu minsi mikuru ubu ni ibisanzwe

Related Posts

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

IZIHERUKA

How to reset your life after the holidays without pressure
MU RWANDA

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byahindutse: Nyabugogo yajyaga yuzura abagenzi mu minsi mikuru ubu ni ibisanzwe

Byahindutse: Nyabugogo yajyaga yuzura abagenzi mu minsi mikuru ubu ni ibisanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to reset your life after the holidays without pressure

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.