Wednesday, October 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Shema umaze ukwezi atorewe kuyobora FERWAFA ari mu Banyarwanda batatu bahawe inshingano muri ruhago y’Isi

radiotv10by radiotv10
08/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Shema umaze ukwezi atorewe kuyobora FERWAFA ari mu Banyarwanda batatu bahawe inshingano muri ruhago y’Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Shema Ngoga Fabrice umaze ukwezi n’igice atorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), na Martin Ngoga wabaye mu nzego Nkuru z’u Rwanda, bahawe inshingano mu Mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA.

Aba bombi hamwe na Kankindi Anne-Lise, bahawe inshingano muri FIFA, nk’uko byemerejwe mu Nteko Rusange ya 47 y’iyi Mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi.

Shema Fabrice utaruzuza amezi abiri atorewe kuba Perezida wa FERWAFA dore ko yatsinze amatora yabaye tariki 30 Kanama, yagizwe umwe mu bagize Akanama ka FIFA Gashinzwe kurwanya Irondaruhu n’Ivangura mu mupira w’Amaguru ku Isi (Anti-Racism and Anti-Discrimination Committee).

Shema Fabrice watsinze amatora y’umwanya wa Perezida wa FERWAFA ari Umukandida rukumbi, mu kwezi gushize kandi yari yahuye na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, bahuriye ku Biro Bikuru bya FIFA muri Afurika biri muri Morocco.

Ni mu gihe Martin Ngoga wari usanganywe inshingano muri FIFA, we yagizwe Umuyobozi wa Komisiyo Ishinzwe iperereza no kwimakaza ubunyamwuga.

Naho Kankindi Anne-Lise na we uzwi mu buyobozi bw’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, we yagizwe umwe mu bagize Akanama Ikoranabuhanga no Guhanga Ibishya muri iyi Mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 13 =

Previous Post

Eng.-Tension rises as Congolese refugees face arrests and deportations in Bujumbura

Next Post

Abanyarwanda 380 batahutse bavuye muri Congo babwiwe amahirwe abategereje

Related Posts

Amakuru mashya: Hatangajwe amahirwe adasanzwe arimo amafaranga agera kuri 1.000.000Frw ategereje abazajya gushyigikira Amavubi

Amakuru mashya: Hatangajwe amahirwe adasanzwe arimo amafaranga agera kuri 1.000.000Frw ategereje abazajya gushyigikira Amavubi

by radiotv10
07/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA ryatangaje ko abazitabira umukino uzahuza ikipe y’Igihugu Amavubi n’iya Benin, bazagira amahirwe ya tombola...

Ubutumwa bugaragaramo ikiniga bwa rutahizamu wari utegerezanyijwe amatsiko mu Mavubi bwa mbere

Ubutumwa bugaragaramo ikiniga bwa rutahizamu wari utegerezanyijwe amatsiko mu Mavubi bwa mbere

by radiotv10
07/10/2025
0

Rutahizamu Joy Lance Mickels usanzwe akinira Sabah FC yo muri Azerbaijan, wari wahamagawe bwa mbere mu ikipe y’Igihugu Amavubi, yatangaje...

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

by radiotv10
06/10/2025
0

Wasili na Jangwani, amazina azwi mu kuryoshya ruhago Nyarwanda, dore ko aba bombi ari abavugizi b’abakunzi b’amakipe y’amacyeba akomeye mu...

Byagaragaye ko bari bakumburanye: Aba mbere b’Amavubi bageze mu mwiherero

Byagaragaye ko bari bakumburanye: Aba mbere b’Amavubi bageze mu mwiherero

by radiotv10
06/10/2025
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu Amavubi baherutse guhamagarwa ngo bazifashijwe mu mikino ibiri yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi, aba mbere bageze mu...

Urunturuntu muri Rayon nyuma yo kunganya na Gasogi n’umukino wa gatatu nta ntsinzi

Urunturuntu muri Rayon nyuma yo kunganya na Gasogi n’umukino wa gatatu nta ntsinzi

by radiotv10
05/10/2025
0

Umwuka mubi wongeye kuzamuka muri Rayon Sports FC nyuma yo kunganya ibitego bibiri ku bindi na Gasogi United mu mukino...

IZIHERUKA

Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo abari batwaye intsinga baburiye ibisobanuro
MU RWANDA

Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo abari batwaye intsinga baburiye ibisobanuro

by radiotv10
08/10/2025
0

Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

08/10/2025
Ibiri gukorerwa impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi byatumye zitahwa n’ubwoba

Ibiri gukorerwa impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi byatumye zitahwa n’ubwoba

08/10/2025
Abanyarwanda 380 batahutse bavuye muri Congo babwiwe amahirwe abategereje

Abanyarwanda 380 batahutse bavuye muri Congo babwiwe amahirwe abategereje

08/10/2025
Shema umaze ukwezi atorewe kuyobora FERWAFA ari mu Banyarwanda batatu bahawe inshingano muri ruhago y’Isi

Shema umaze ukwezi atorewe kuyobora FERWAFA ari mu Banyarwanda batatu bahawe inshingano muri ruhago y’Isi

08/10/2025
Eng.-Tension rises as Congolese refugees face arrests and deportations in Bujumbura

Eng.-Tension rises as Congolese refugees face arrests and deportations in Bujumbura

08/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda 380 batahutse bavuye muri Congo babwiwe amahirwe abategereje

Abanyarwanda 380 batahutse bavuye muri Congo babwiwe amahirwe abategereje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo abari batwaye intsinga baburiye ibisobanuro

Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

Ibiri gukorerwa impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi byatumye zitahwa n’ubwoba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.