Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Sierra Leone: Hafashwe ingamba zikarishye nyuma yuko igorofa iguye igahitana benshi

radiotv10by radiotv10
20/09/2024
in AMAHANGA
0
Sierra Leone: Hafashwe ingamba zikarishye nyuma yuko igorofa iguye igahitana benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Sierra Leone yashyizemo amabwiriza mashya agenga imyubakire muri iki Gihugu nyuma yuko inzu y’igorofa ihirimye i Freetown, igahitana abagera kuri 15.

Iyi gorofa yaguye ku wa Mbere w’iki Cyumweru tariki 16 Nzeri 2024, yasize abantu barenga 10 bagwiriwe n’ibikuta, ndetse kuri uyu wa Kane, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imicungire y’Ibiza ‘National Disaster Management Agency’ muri Sierra Leone, kikaba cyaratangaje ko umubare w’abahitanywe n’iyi mpanuka wazamutse ukagera kuri 15.

Minisiteri ishinzwe umurimo muri iki Gihugu, yavuze ko abakora ibikorwa by’ubwubatsi bagiye kujya bagenzurwa bihagije, kandi iyi Minisiteri ikamenya neza ko amabwiriza agenga imyubakire yubahirijwe uko bigomba.

Paul Bockarie ushinzwe ibikorwa muri iyi Minisiteri yagize ati “Twamaze gushyiraho gahunda ijyanye no kugenzura ibikorwa by’ubwubatsi mu gihugu, ndetse turimo turashaka abahanga mu bwubatsi baturutse hanze y’Igihugu bazadufasha mu bijyanye n’amahugurwa azadufasha mu myubakire yacu.”

Ni mu gihe abahanga bavuga ko kuba hari inyubako nyinshi zubatse nta byangombwa zitanakurikije gahunda y’imyubakire muri iki Gihugu, biri mu bikomeza guteza impanuka za hato na hato.

Alusine Bangura uhugukiye iby’ubwubatsi, yagize ati “Ni izi ngaruka zose nyine zibaho iyo hari amabwiriza n’ingamba bigenga imyubakire, ariko ntibyubahirizwe ntihanagenzurwe ishyirwa mu bikorwa ryayo, bikurikirwa n’ibibazo nk’ibi bitwambura abantu twakundaga.”

Yongeyeho ko “Leta yo ubwayo ariy o ifite mu nshingano ubugenzuzi bw’imyubakire mu Gihugu, kandi n’ibigo byubakisha izi nzu bikagenzura ko hakurikiza amabwiriza agenga imyubakire.”

Uretse aba bahanga mu bwubatsi bavuze ko iyi mpanuka yaturutse mu myubakire y’iyi gorofa itari yujuje ubuziranenge, Leta ya Sierra Leone kugeza ubu ntiratangaza mu buryo bweruye icyateye iyi mpanuka.

Abaturage babaga muri iyi nyubako barokotse iyi mpanuka, barasaba ubufasha bwo gushakirwa aho gukinga umusaya no kubona ibyo kurya, ariko kandi bagashimangira ko banakeneye ko Leta ibaba hafi kuko iyi mpanuka yabasigiye ihungabana rikomeye.

Umwe yagize ati “Iyi mpanuka navuga ko ari ikintu kidasanzwe cyatubayeho muri aka gace Shell New Road. Kugeza ubu ntacyo abantu bari kubasha gukora, uretse kuba bicaye bategereje ko babona ababo bahagamye mu binonko by’iyi nzu yabahirimye hejuru, nyuma y’uko ikigo cy’igihugu gishinzwe ubutabazi kivuze ko kigiye gukora ibishoboka byose ibikorwa by’ubutabazi bikihuta.”

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + eight =

Previous Post

Musenyeri Kiliziya Gatulika y’u Rwanda yungutse yakiranywe amahoro ya Kristu n’Abakristu be (AMAFOTO)

Next Post

Hatewe indi ntambwe mu mubano w’u Rwanda na Singapore

Related Posts

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

by radiotv10
22/11/2025
0

Igihugu cya Ukraine cyavuze ko kidashobora kubahiriza amasezerano yateywe na Leta Zunze Ubumwe za America agamije kurangiza intambara kiriya Gihugu...

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zitangaje ko zitazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize G20 bikize kurusha ibindi ku Isi,...

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatewe indi ntambwe mu mubano w’u Rwanda na Singapore

Hatewe indi ntambwe mu mubano w’u Rwanda na Singapore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.