• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Simba SC yasinyanye amasezerano na DC United yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakinnyemo wayne Rooney

radiotv10by radiotv10
26/08/2021
in SIPORO
0
Simba SC yasinyanye amasezerano na DC United yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakinnyemo wayne Rooney
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Simba SC yo mu cyiciro cya mbere muri Tanzania yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’ikipe ya DC United ikina Major League Soccer (MLS) mu gice cy’uburasirazuba ikaba ibarizwa mu mujyi wa Washington.

DC United “Red & White” ni ikipe yakinnyemo Wayne Rooney wabaye muri Manchester United akayivamo mu 2017. Nyuma yo kuva muri Everton mu 2018 yahise agana muri DC United akinamo imyaka ibiri (2018-2020).

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Mohammed Dewji umuyobozi mukuru wa Simba SC yavuze ko iyi kipe na DC United basinyanye ubufatanye buzatuma ikipe ya Simba SC izakora umwiherero yitegura umwaka w’imikino 2022-2023 bakanakina amarushanwa atandukanye ategurwa na DC United.

“Mu masezerano y’ubufatanye Simba SC twagiranye na DC United bizadufasha kujya kwitoreza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika igihe tuzaba twitegura umwaka w’imikino wa 2022. Uretse ibyo kandi tuzanitabira irushanwa rizakirwa na DC United, andi makipe yo muri Major League Soccer no muri Amerika y’amajyepfo” Mo Dewji

Mohammed Dewji yavuze ko yihuriye na Jason Levien nyiri kipe ifite agaciro ka miliyoni 700 z’amadolari.

Image

Jason Levien (ibumoso) nyiri D.C United na Mohammed Dewji “MO” (Iburyo) nyiri Simba SC

Mu kwitegura umwaka w’imikino 2021-2022, ikipe ya Simba SC yakoreye imyiteguro mu gihugu cya Morocco mbere y’uko igaruka muri Tanzania aho izabanza kwerekana abakinnyi izakoresha bityo ibone kwinjira mu marushanwa ya TOTAL CAF Champions League.

DC United 0 - 3 FC Dallas | HuffPost

DC United ikipe yasinyanye na Simba SC ko bazajya bafatanya

DC United player salaries 2019 – The Denver Post

Wayne Rooney ubwo yari muri D.C United 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 3 =

Previous Post

Tanzania: Raila Odinga yasuye urugo rwa Pombe Magufuli n’urwa Benjamin Mkapa

Next Post

Mugiraneza Jean Baptiste yongereye amasezerano muri KMC FC

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Mugiraneza Jean Baptiste yongereye amasezerano muri KMC FC

Mugiraneza Jean Baptiste yongereye amasezerano muri KMC FC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.