Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Simpanura ariko mbona mu gihe cya vuba Perezida Kagame na Ndayishimiye bazahura-Impuguke

radiotv10by radiotv10
11/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Simpanura ariko mbona mu gihe cya vuba Perezida Kagame na Ndayishimiye bazahura-Impuguke
Share on FacebookShare on Twitter
  • Hari Abarundi basengeraga nabi u Rwanda ubu Perezida Ndayishimiye yararusabiye- Impuguke

Nyuma y’uko Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa ziruturutse mu Burundi zazanye ubutumwa bwa mugenzi we Evariste Ndayishimiye, Inzobere muri politiki, Alexis Nizeyimana atangaza ko nubwo adahanura ariko yizeye ko mu gihe cya vuba abakuru b’Ibihugu byombi na bo ubwabo bazahura.

Kuri uyu wa Mbere tariki 10 Mutarama 202, Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda ry’abayobozi baturutse mu Burundi bayobowe na Minisitiri Ushinwe Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, umuco na Siporo mu Burundi.

Impuguke mu bya Politiki zemeza ko iki ari intambwe ikomeye cyo kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi wari umaze igihe kinini urimo igitotsi.

Alexis Nizeyimana avuga ko intambwe ikomeye yo kuzahura umubano w’ibi bihugu ari ukuba Perezida Kagame Paul yarohereje Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente kumuhagararira mu biroro byo kwizihiza isabukuru y’ubwigenge bw’u Burundi mu mwaka ushize.

Ati “Mvuga ko ikomeye kurusha iyi yakozwe ubu, hari ubutumwa mu ruhame bamuhaye ijambo ariko byanze bikunze na we hari ubutumwa na we yari afite. Icyakozwe ubu ni ugusubiza intambwe mu yo u Rwanda rwateye kiriya gihe.”

 

Abarundi bigeze gusenga basaba Imana kugirira nabi u Rwanda

Alexis Nizeyimana yagarutse ku kuba u Burundi bwarigeze kujya bushotora u Rwanda ndetse ko hari amasengesho yigeze gusengwa muri kiriya Gihugu yaturira ibibi ku Rwanda.

Ati “Muri 2020 hari abasengaga rwose basaba Imana ngo igirere nabi u Rwanda, abibuka ayabaye [amasengesho] mu ntangiro z’uyu mwaka wa 2022 Perezida ubwe ni we wasenze asabira n’u Rwanda.”

Akomeza agira ati “Nubwo tudahanura cyane ariko ntekereza ko bitazaba cyera ubwo tuzabona n’abakuru b’Ibihugu ubwabo bihuriye.”

Intambwe mu kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi, yakomeje guterwa mu myaka ibiri ishize aho abakuru b’Ibihugu byombi bagiye bagira n’icyo bawuvugaho bombi bakaba baremeje ko hari ibiri gukorwa kugira ngo bishyirwe mu buryo.

Perezida Evariste Ndayishimiye mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’ubwigenge wanitabiriwe na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yavuze ko Ibihugu byombi biri kwandika igitabo gishya kandi ko ari vuba cyane ngo amapaji yacyo atangire gusomwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Mfungiye ahantu n’inyamaswa itafungirwa- Cyuma yavugiye amagambo akarishye mu rukiko

Next Post

Gikondo: Imodoka igonze Camera ya ‘Sofiya’ ihita igwa na yo iribirandura

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

How social media Is Changing the Meaning of Fame
IMYIDAGADURO

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gikondo: Imodoka igonze Camera ya ‘Sofiya’ ihita igwa na yo iribirandura

Gikondo: Imodoka igonze Camera ya ‘Sofiya’ ihita igwa na yo iribirandura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How social media Is Changing the Meaning of Fame

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.