Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Simpanura ariko mbona mu gihe cya vuba Perezida Kagame na Ndayishimiye bazahura-Impuguke

radiotv10by radiotv10
11/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Simpanura ariko mbona mu gihe cya vuba Perezida Kagame na Ndayishimiye bazahura-Impuguke
Share on FacebookShare on Twitter
  • Hari Abarundi basengeraga nabi u Rwanda ubu Perezida Ndayishimiye yararusabiye- Impuguke

Nyuma y’uko Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa ziruturutse mu Burundi zazanye ubutumwa bwa mugenzi we Evariste Ndayishimiye, Inzobere muri politiki, Alexis Nizeyimana atangaza ko nubwo adahanura ariko yizeye ko mu gihe cya vuba abakuru b’Ibihugu byombi na bo ubwabo bazahura.

Kuri uyu wa Mbere tariki 10 Mutarama 202, Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda ry’abayobozi baturutse mu Burundi bayobowe na Minisitiri Ushinwe Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, umuco na Siporo mu Burundi.

Impuguke mu bya Politiki zemeza ko iki ari intambwe ikomeye cyo kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi wari umaze igihe kinini urimo igitotsi.

Alexis Nizeyimana avuga ko intambwe ikomeye yo kuzahura umubano w’ibi bihugu ari ukuba Perezida Kagame Paul yarohereje Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente kumuhagararira mu biroro byo kwizihiza isabukuru y’ubwigenge bw’u Burundi mu mwaka ushize.

Ati “Mvuga ko ikomeye kurusha iyi yakozwe ubu, hari ubutumwa mu ruhame bamuhaye ijambo ariko byanze bikunze na we hari ubutumwa na we yari afite. Icyakozwe ubu ni ugusubiza intambwe mu yo u Rwanda rwateye kiriya gihe.”

 

Abarundi bigeze gusenga basaba Imana kugirira nabi u Rwanda

Alexis Nizeyimana yagarutse ku kuba u Burundi bwarigeze kujya bushotora u Rwanda ndetse ko hari amasengesho yigeze gusengwa muri kiriya Gihugu yaturira ibibi ku Rwanda.

Ati “Muri 2020 hari abasengaga rwose basaba Imana ngo igirere nabi u Rwanda, abibuka ayabaye [amasengesho] mu ntangiro z’uyu mwaka wa 2022 Perezida ubwe ni we wasenze asabira n’u Rwanda.”

Akomeza agira ati “Nubwo tudahanura cyane ariko ntekereza ko bitazaba cyera ubwo tuzabona n’abakuru b’Ibihugu ubwabo bihuriye.”

Intambwe mu kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi, yakomeje guterwa mu myaka ibiri ishize aho abakuru b’Ibihugu byombi bagiye bagira n’icyo bawuvugaho bombi bakaba baremeje ko hari ibiri gukorwa kugira ngo bishyirwe mu buryo.

Perezida Evariste Ndayishimiye mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’ubwigenge wanitabiriwe na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yavuze ko Ibihugu byombi biri kwandika igitabo gishya kandi ko ari vuba cyane ngo amapaji yacyo atangire gusomwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 4 =

Previous Post

Mfungiye ahantu n’inyamaswa itafungirwa- Cyuma yavugiye amagambo akarishye mu rukiko

Next Post

Gikondo: Imodoka igonze Camera ya ‘Sofiya’ ihita igwa na yo iribirandura

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gikondo: Imodoka igonze Camera ya ‘Sofiya’ ihita igwa na yo iribirandura

Gikondo: Imodoka igonze Camera ya ‘Sofiya’ ihita igwa na yo iribirandura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.