Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sobanukirwa inkomoko yo kuba FPR-Inkotanyi yitwa Umuryango aho kuba ishyaka

radiotv10by radiotv10
05/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Sobanukirwa inkomoko yo kuba FPR-Inkotanyi yitwa Umuryango aho kuba ishyaka
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umuryango RPF-Inkotanyi buvuga ko impamvu uyu mutwe wa Politiki wahisemo kwitwa Umuryango aho kwitwa Ishyaka, ari uko kuva washingwa wifuza ko wahuza Abanyarwanda bose nta n’umwe uheejwe kandi buri wese akawuzamo ku bushake.

Byatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi, Gasamagera Wellars, wavuze ko mu mateka y’ishingwa ry’uyu Muryango, wahaga ikaze buri wese wifuzaga kuba umunyamuryango.

Ati “Umuryango FPR-Inkotanyi si ishyaka. Umuryango FPR-Inkotanyi ni Umutwe wa Politiki kuva ugishingwa mbere na mbere ufite kwifuza ko wahuza Abanyarwanda bose. Abanyarwanda bose bakawujyamo nta n’umwe uheejwe ariko nta n’ubihatiwe.”

Hon. Gasamagera avuga ko ikigaragaza ko nta muntu ujya muri uyu Muryango abihatiwe, ari uko “nta karita baguha. Ni umutima wawe ujyanamo ndetse n’aho ushakiye ushobora kuwuvamo.”

Nanone kandi uwawuvuyemo, akifuza kuwugarukamo, ahabwa ikaze, nk’ugarutse mu muryango we nk’uko bigenda mu miryango y’abantu.

Gasamagera ati “Aha nirirwa nakira amabaruwa y’abantu bambwira ngo ‘twavuye mu muryango ariko turashaka kuwugarukamo’. Icyo kintu cyo guhuza Abanyarwanda bose ni cyo dushyira imbere.”

Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi; avuga ko ubusanzwe amahame y’andi mashyaka, ari ukwironda kw’abarwanashyaka, ku buryo “utaririmo ntabwo arimo, ariko twe [RPF-Inkotanyi] turavuga ngo n’utarimo naze. Ni yo mpamvu rero tutabyita ishyaka rya Politiki, tukaryita Umuryango, kuko duhuje Abanyarwanda bose, ababishaka, kandi twifuza ko nta n’umwe waheezwa cyane cyane iyo twemeranywa kuri ya mahame tugenderaho.”

Umuryango wa RPF-Inkotanyi washinzwe mu 1987, kuva wabaho, waharaniye kubaka Ubumwe bw’Abanyarwanda, kwimakaza Demokarasi no guharanira Amajyambere y’Abanyarwanda bose.

Uyu muryango washinzwe ugamije gukemura ibibazo byari byugarije u Rwanda byaterwaga n’ubutegetsi bubi bwabayeho mu Rwanda bwari bwarimitse irondabwoko ryagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana inzirakarengane zirenga Miliyoni umwe, ingabo zawo zahoze ari RPA, ni zo zayihagaritse, hakurikiraho urugamba rwo kubaka Igihugu cyari gisigaye ari umuyonga, ubu kikaba ari intangarugero muri byose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Amakuru arambuye ku mugabo n’umugore we b’Abanyarwanda batawe muri yombi muri Uganda

Next Post

Korea y’Epfo yagaragarije Afurika ko izirikana uburyo yayibaye hafi ubwo yari ikomerewe

Related Posts

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

IZIHERUKA

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika
AMAHANGA

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

21/11/2025
Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Korea y’Epfo yagaragarije Afurika ko izirikana uburyo yayibaye hafi ubwo yari ikomerewe

Korea y’Epfo yagaragarije Afurika ko izirikana uburyo yayibaye hafi ubwo yari ikomerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.