Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sobanukirwa inkomoko yo kuba FPR-Inkotanyi yitwa Umuryango aho kuba ishyaka

radiotv10by radiotv10
05/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Sobanukirwa inkomoko yo kuba FPR-Inkotanyi yitwa Umuryango aho kuba ishyaka
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umuryango RPF-Inkotanyi buvuga ko impamvu uyu mutwe wa Politiki wahisemo kwitwa Umuryango aho kwitwa Ishyaka, ari uko kuva washingwa wifuza ko wahuza Abanyarwanda bose nta n’umwe uheejwe kandi buri wese akawuzamo ku bushake.

Byatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi, Gasamagera Wellars, wavuze ko mu mateka y’ishingwa ry’uyu Muryango, wahaga ikaze buri wese wifuzaga kuba umunyamuryango.

Ati “Umuryango FPR-Inkotanyi si ishyaka. Umuryango FPR-Inkotanyi ni Umutwe wa Politiki kuva ugishingwa mbere na mbere ufite kwifuza ko wahuza Abanyarwanda bose. Abanyarwanda bose bakawujyamo nta n’umwe uheejwe ariko nta n’ubihatiwe.”

Hon. Gasamagera avuga ko ikigaragaza ko nta muntu ujya muri uyu Muryango abihatiwe, ari uko “nta karita baguha. Ni umutima wawe ujyanamo ndetse n’aho ushakiye ushobora kuwuvamo.”

Nanone kandi uwawuvuyemo, akifuza kuwugarukamo, ahabwa ikaze, nk’ugarutse mu muryango we nk’uko bigenda mu miryango y’abantu.

Gasamagera ati “Aha nirirwa nakira amabaruwa y’abantu bambwira ngo ‘twavuye mu muryango ariko turashaka kuwugarukamo’. Icyo kintu cyo guhuza Abanyarwanda bose ni cyo dushyira imbere.”

Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi; avuga ko ubusanzwe amahame y’andi mashyaka, ari ukwironda kw’abarwanashyaka, ku buryo “utaririmo ntabwo arimo, ariko twe [RPF-Inkotanyi] turavuga ngo n’utarimo naze. Ni yo mpamvu rero tutabyita ishyaka rya Politiki, tukaryita Umuryango, kuko duhuje Abanyarwanda bose, ababishaka, kandi twifuza ko nta n’umwe waheezwa cyane cyane iyo twemeranywa kuri ya mahame tugenderaho.”

Umuryango wa RPF-Inkotanyi washinzwe mu 1987, kuva wabaho, waharaniye kubaka Ubumwe bw’Abanyarwanda, kwimakaza Demokarasi no guharanira Amajyambere y’Abanyarwanda bose.

Uyu muryango washinzwe ugamije gukemura ibibazo byari byugarije u Rwanda byaterwaga n’ubutegetsi bubi bwabayeho mu Rwanda bwari bwarimitse irondabwoko ryagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana inzirakarengane zirenga Miliyoni umwe, ingabo zawo zahoze ari RPA, ni zo zayihagaritse, hakurikiraho urugamba rwo kubaka Igihugu cyari gisigaye ari umuyonga, ubu kikaba ari intangarugero muri byose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 10 =

Previous Post

Amakuru arambuye ku mugabo n’umugore we b’Abanyarwanda batawe muri yombi muri Uganda

Next Post

Korea y’Epfo yagaragarije Afurika ko izirikana uburyo yayibaye hafi ubwo yari ikomerewe

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Korea y’Epfo yagaragarije Afurika ko izirikana uburyo yayibaye hafi ubwo yari ikomerewe

Korea y’Epfo yagaragarije Afurika ko izirikana uburyo yayibaye hafi ubwo yari ikomerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.