Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sobanukirwa inkomoko yo kuba FPR-Inkotanyi yitwa Umuryango aho kuba ishyaka

radiotv10by radiotv10
05/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Sobanukirwa inkomoko yo kuba FPR-Inkotanyi yitwa Umuryango aho kuba ishyaka
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umuryango RPF-Inkotanyi buvuga ko impamvu uyu mutwe wa Politiki wahisemo kwitwa Umuryango aho kwitwa Ishyaka, ari uko kuva washingwa wifuza ko wahuza Abanyarwanda bose nta n’umwe uheejwe kandi buri wese akawuzamo ku bushake.

Byatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi, Gasamagera Wellars, wavuze ko mu mateka y’ishingwa ry’uyu Muryango, wahaga ikaze buri wese wifuzaga kuba umunyamuryango.

Ati “Umuryango FPR-Inkotanyi si ishyaka. Umuryango FPR-Inkotanyi ni Umutwe wa Politiki kuva ugishingwa mbere na mbere ufite kwifuza ko wahuza Abanyarwanda bose. Abanyarwanda bose bakawujyamo nta n’umwe uheejwe ariko nta n’ubihatiwe.”

Hon. Gasamagera avuga ko ikigaragaza ko nta muntu ujya muri uyu Muryango abihatiwe, ari uko “nta karita baguha. Ni umutima wawe ujyanamo ndetse n’aho ushakiye ushobora kuwuvamo.”

Nanone kandi uwawuvuyemo, akifuza kuwugarukamo, ahabwa ikaze, nk’ugarutse mu muryango we nk’uko bigenda mu miryango y’abantu.

Gasamagera ati “Aha nirirwa nakira amabaruwa y’abantu bambwira ngo ‘twavuye mu muryango ariko turashaka kuwugarukamo’. Icyo kintu cyo guhuza Abanyarwanda bose ni cyo dushyira imbere.”

Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi; avuga ko ubusanzwe amahame y’andi mashyaka, ari ukwironda kw’abarwanashyaka, ku buryo “utaririmo ntabwo arimo, ariko twe [RPF-Inkotanyi] turavuga ngo n’utarimo naze. Ni yo mpamvu rero tutabyita ishyaka rya Politiki, tukaryita Umuryango, kuko duhuje Abanyarwanda bose, ababishaka, kandi twifuza ko nta n’umwe waheezwa cyane cyane iyo twemeranywa kuri ya mahame tugenderaho.”

Umuryango wa RPF-Inkotanyi washinzwe mu 1987, kuva wabaho, waharaniye kubaka Ubumwe bw’Abanyarwanda, kwimakaza Demokarasi no guharanira Amajyambere y’Abanyarwanda bose.

Uyu muryango washinzwe ugamije gukemura ibibazo byari byugarije u Rwanda byaterwaga n’ubutegetsi bubi bwabayeho mu Rwanda bwari bwarimitse irondabwoko ryagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana inzirakarengane zirenga Miliyoni umwe, ingabo zawo zahoze ari RPA, ni zo zayihagaritse, hakurikiraho urugamba rwo kubaka Igihugu cyari gisigaye ari umuyonga, ubu kikaba ari intangarugero muri byose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − nine =

Previous Post

Amakuru arambuye ku mugabo n’umugore we b’Abanyarwanda batawe muri yombi muri Uganda

Next Post

Korea y’Epfo yagaragarije Afurika ko izirikana uburyo yayibaye hafi ubwo yari ikomerewe

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Korea y’Epfo yagaragarije Afurika ko izirikana uburyo yayibaye hafi ubwo yari ikomerewe

Korea y’Epfo yagaragarije Afurika ko izirikana uburyo yayibaye hafi ubwo yari ikomerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.