Sunday, October 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Somalia ishobora kwinjira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu gihe cya vuba

radiotv10by radiotv10
20/08/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Somalia ishobora kwinjira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu gihe cya vuba

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Peter Mathuki

Share on FacebookShare on Twitter

Nkuko byatangajwe n’umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Peter Mathuki, Somalia imaze gutera intambwe ikomeye iyinjiza muri uyu muryango ku buryo bitarenze uyu mwaka isbobora kwakirwa nk’umunyamuryango mushya.

Ubwo yaganiraga n’abanyamakuru i Arusha muri Tanzania nyuma y’inama ya EAC, Peter Mathuki yavuze ko yizeye ko uyu mwaka uzarangira Somalia yamaze kuba umunyamuryano wa munani winjiye muri uyu muryango nyuma ya RDC na Sudani y’Epfo byaherukaga kwinjiramo.

Yavuze ko hari izindi nama za EAC ziteganyijwe kuzabera i Nairobi kandi ko kugira Somalia umunyamuryango biri mu ngingo z’ibanze zizaganirwaho.

Ati: “Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba wakoze igenzura ngo urebe niba Somalia yiteguye kwinjiramo kandi raporo yarabisuzumye neza isangizwa ibihugu byose binyamuryango. Ibiganiro ku kubyemeza bizatangira ku itariki ya 22 Kanama kugeza ku itariki ya 5 Nzeri 2023.

Somalia yasabye kwinjira muri EAC mu mwaka wa 2012 ariko ubugenzuzi bwo kureba ko yiteguye kuba umunyamuryango mushya bwatangiye muri Mutarama 2023.

Raporo y’itsinda ryashinzwe gukora ubwo bugenzuzi yemerejwe n’Abakuru b’Ibihugu bya EAC i Bujumbura muri Kamena 2023 maze iha ububasha Inama y’Abaminisitiri n’Ubunyamabanga by’uyu muryango gutangira ibiganiro na Somalia.

Dr Abdusalam Omer, wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Somalia, ubu akaba ari intumwa idasanzwe ya Perezida wa Somalia mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yabwiye ikinyamakuru The East African ko amahame yo kwishyira hamwe kwa EAC azasuzumwa agahuzwa n’amategeko ya Somalia kandi ko ibyo bizaba inyungu ku gihugu cye.

Yavuze ko Somalia yiteze kuzungukira mu isoko rusange ry’Akarere mu kugabanya ibiciro by’ibicuruzwa ndetse no kurwanya iterabwoba rikunze kwibasira igihugu cye.

Yongeyeho ati: “Hari byinshi Somalia yizeye kungukira mu kuba umunyamuryango ariko kandi n’Akarere gafite byinshi kazungukira kuri Somaliya kuko ikora ku Burasirazuba bwo hagati binoroshye ubuhahirane n’u Burayi, Amerika n’ahandi hose”.

Umuryngo wa Afurika y’Iburasirazuba wavutse mu mwaka wa 1967 u Rwanda ruwinjiramo muri 2007. Ufite icyicaro i Arusha muri Tanzania ukaba ubumbiye hamwe abaturage barenga miliyoni 300 bo mu bihugu birindwi binyamuryango ari byo u Rwanda, Uganda, Tanzania, Kenya, u Burundi, RDC na Sudani y’Epfo.

RADIOTV10RWANDA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 13 =

Previous Post

Couple y’umukambwe n’umukecuru yakoze ibikomeje kuvugisha benshi

Next Post

Umenya ko akazi kawe kagenze neza iyo  Umuyobozi ukomeye abikubwiye- Bruce Melodie

Related Posts

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

by radiotv10
25/10/2025
0

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon, Issa Tchiroma Bakary, wamaze kwitangaza nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, yatangaje ko igihe hatangazwa...

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

by radiotv10
24/10/2025
0

Abantu 25 baburiye ubuzima mu mpanuka yabereye muri Leta ya Andhra Pradesh mu majyepfo y’u Buhindi, nyuma yuko bisi itwara...

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Umutekano mu Bufaransa, yavuze ko Nicolas Sarközy wayoboye iki Gihugu, mu myaka itanu azamara muri Gereza La Santé afungiyemo,...

Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

by radiotv10
24/10/2025
0

Ibihano Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Turmp yafatitye kompanyi ebyiri zicuruza ibikomoka kuri petrole zo mu Burusiya,...

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

by radiotv10
22/10/2025
0

Ubwoba bwatashye abatuye mu gace ka Kashebere ko muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru kubera indege y’intambara yo...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
26/10/2025
3

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

25/10/2025
Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umenya ko akazi kawe kagenze neza iyo  Umuyobozi ukomeye abikubwiye- Bruce Melodie

Umenya ko akazi kawe kagenze neza iyo  Umuyobozi ukomeye abikubwiye- Bruce Melodie

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.