Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Somalia ishobora kwinjira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu gihe cya vuba

radiotv10by radiotv10
20/08/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Somalia ishobora kwinjira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu gihe cya vuba

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Peter Mathuki

Share on FacebookShare on Twitter

Nkuko byatangajwe n’umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Peter Mathuki, Somalia imaze gutera intambwe ikomeye iyinjiza muri uyu muryango ku buryo bitarenze uyu mwaka isbobora kwakirwa nk’umunyamuryango mushya.

Ubwo yaganiraga n’abanyamakuru i Arusha muri Tanzania nyuma y’inama ya EAC, Peter Mathuki yavuze ko yizeye ko uyu mwaka uzarangira Somalia yamaze kuba umunyamuryano wa munani winjiye muri uyu muryango nyuma ya RDC na Sudani y’Epfo byaherukaga kwinjiramo.

Yavuze ko hari izindi nama za EAC ziteganyijwe kuzabera i Nairobi kandi ko kugira Somalia umunyamuryango biri mu ngingo z’ibanze zizaganirwaho.

Ati: “Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba wakoze igenzura ngo urebe niba Somalia yiteguye kwinjiramo kandi raporo yarabisuzumye neza isangizwa ibihugu byose binyamuryango. Ibiganiro ku kubyemeza bizatangira ku itariki ya 22 Kanama kugeza ku itariki ya 5 Nzeri 2023.

Somalia yasabye kwinjira muri EAC mu mwaka wa 2012 ariko ubugenzuzi bwo kureba ko yiteguye kuba umunyamuryango mushya bwatangiye muri Mutarama 2023.

Raporo y’itsinda ryashinzwe gukora ubwo bugenzuzi yemerejwe n’Abakuru b’Ibihugu bya EAC i Bujumbura muri Kamena 2023 maze iha ububasha Inama y’Abaminisitiri n’Ubunyamabanga by’uyu muryango gutangira ibiganiro na Somalia.

Dr Abdusalam Omer, wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Somalia, ubu akaba ari intumwa idasanzwe ya Perezida wa Somalia mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yabwiye ikinyamakuru The East African ko amahame yo kwishyira hamwe kwa EAC azasuzumwa agahuzwa n’amategeko ya Somalia kandi ko ibyo bizaba inyungu ku gihugu cye.

Yavuze ko Somalia yiteze kuzungukira mu isoko rusange ry’Akarere mu kugabanya ibiciro by’ibicuruzwa ndetse no kurwanya iterabwoba rikunze kwibasira igihugu cye.

Yongeyeho ati: “Hari byinshi Somalia yizeye kungukira mu kuba umunyamuryango ariko kandi n’Akarere gafite byinshi kazungukira kuri Somaliya kuko ikora ku Burasirazuba bwo hagati binoroshye ubuhahirane n’u Burayi, Amerika n’ahandi hose”.

Umuryngo wa Afurika y’Iburasirazuba wavutse mu mwaka wa 1967 u Rwanda ruwinjiramo muri 2007. Ufite icyicaro i Arusha muri Tanzania ukaba ubumbiye hamwe abaturage barenga miliyoni 300 bo mu bihugu birindwi binyamuryango ari byo u Rwanda, Uganda, Tanzania, Kenya, u Burundi, RDC na Sudani y’Epfo.

RADIOTV10RWANDA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 8 =

Previous Post

Couple y’umukambwe n’umukecuru yakoze ibikomeje kuvugisha benshi

Next Post

Umenya ko akazi kawe kagenze neza iyo  Umuyobozi ukomeye abikubwiye- Bruce Melodie

Related Posts

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Abasirikare b’u Burundi bari bakiri mu Ntara ya Kivu y’Epfo, nyuma yo gutsindwa n’abarwanyi ba AFC/M23, biravugwa ko batangiye gucyurwa...

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

by radiotv10
16/12/2025
0

Arikiyepisikopi wa Arikidiyoseze ya Kinshasa, Karidinali Fridolin Ambongo; yongeye kugira inama Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko bukwiye...

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

by radiotv10
16/12/2025
0

Residents of Uvira City took to the streets in form of protest after the AFC/M23 Coalition announced that it would...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umenya ko akazi kawe kagenze neza iyo  Umuyobozi ukomeye abikubwiye- Bruce Melodie

Umenya ko akazi kawe kagenze neza iyo  Umuyobozi ukomeye abikubwiye- Bruce Melodie

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.