Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Sudan imaze iminsi mu bibazo ubu hiyongereyeho ibindi biri gusiga benshi mu marira

radiotv10by radiotv10
30/08/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Sudan imaze iminsi mu bibazo ubu hiyongereyeho ibindi biri gusiga benshi mu marira
Share on FacebookShare on Twitter

Imyuzure imaze iminsi ibiri yibasiye ibice by’amajyaruguru ya Sudani, byasize bihitanye ababarirwa muri mirongo itatu, abandi amagana bava mu byabo, aho bamwe bavuga ko aka kaga karuta ibindi bibazo by’umutekano bamazemo iminsi.

Qureshi Hussein uvugira umuryango wegamiye kuri Leta urengera abaturage witwa Sudanese Civil Defense, yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP dukesha iyi nkuru, ko abantu 31 babuze ubuzima bahitanywe n’iyi myuzure yatewe n’imvura imaze iminsi igwa muri iki Gihugu.

Yongeyeho ko ababarirwa mu magana bagizweho ingaruka n’iyi myuzure, yibasiye amajyaruguru ya Sudani.

Yagize ati “kugeza ubu turi kurwana no gushaka ubutabazi bwihuse, kuko abantu bari kurara mu mihanda kuko inzu zabo zatwawe, ku buryo ubuzima bwabo buri mukaga.”

Bamwe mu baturage baganiriye na AFP, bayibwiye ko akaga barimo uyu munsi, karuta kure ibibazo bari basanzwe bafite.

Yassin Abdul Wahab wakuwe mu bye n’iyi myuzure akisanga agomba kugondagonda agashitingi we n’umuryango we, yagize ati “Turiho nabi kuko tudafite aho turambika umusaya. Ubu turimo turagondagonda uduhema two kuba twikinzemo n’imiryango yacu, kandi biragoye no kubaka utwo duhemo kuko turi kwifashisha ibisigazwa by’amazu yacu yatwawe n’imyuzure.”

Si uyu gusa ubayeho nabi biturutse ku mvura nyinshi n’imyuzure imaze iminsi yibasiye iki Gihugu, kuko muri uku kwezi gusa habarwa abantu 317 000 bagizweho ingaruka n’ibi biza.

Muri bo, abakabakaba ibihumbi 118 bakuwe mu byabo bajya gusembera, umubare wiyongera ku bantu 10 410 713 babarwaga kugeza tariki 26 Nyakaga 2024 bavanywe mu byabo n’imirwanyo ishyamiranyije igisirikare cya Leta n’abarwanyi ba Rapid Support Forces, kuva yakwaduka mu kwezi kwa kane kw’umwaka ushize wa 2023, nk’uko raporo ya UNHCR ibigaragaza.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 1 =

Previous Post

Umuhanzikazi nyarwanda yazamuye impaka kubera ifoto yishyiriye hanze

Next Post

FERWAFA yibukijwe gukura amakipe mu rujijo ku cyo ategerezanyije amatsiko

Related Posts

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

by radiotv10
12/05/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rivuga ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gikomeje gukorana n’imitwe irimo uwa FDLR ugambiriye guhungabanya...

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FERWAFA yibukijwe gukura amakipe mu rujijo ku cyo ategerezanyije amatsiko

FERWAFA yibukijwe gukura amakipe mu rujijo ku cyo ategerezanyije amatsiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.