Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Sudani: Urujijo ni rwose ku nkongi idasanzwe yarimbuye igikorwa remezo gikomeye

radiotv10by radiotv10
18/09/2023
in AMAHANGA
0
Sudani: Urujijo ni rwose ku nkongi idasanzwe yarimbuye igikorwa remezo gikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunara ukomeye wa kompanyi ikora ibituruka kuri Peteroli yo mu mujyi wa Khartoum muri Sudani, wadukiriwe n’inkongi y’umuriro ifite imbaraga nyinshi bitazwi icyayiteye, urashya urakongoka.

Iyi nkongi yafashe uyu munara wa Kompanyi ya la Greater Nile Petroleum Oil Company uherereye mu Murwa Mukuru wa Sudani i Khartoum, kuri iki Cyumweru.

Gusa kugeza ubu ntiharamenyekana intandaro y’iyi nkongi idasanzwe, mu gihe inzego z’ubuyobozi zikeka ko ifitanye isano n’ibitero by’indege by’umutwe wa FSR, umaze iminsi mu ntambara n’igisirikare cya Leta.

Uku gukeka gushingira ku kuba uyu mutwe wari umaze amasaha 48 unarashe ibindi bisazu biremereye mu Murwa Mukuru wa Khartoum.

Tagreed Abdin wakoze igishushanyo mbonera cy’uyu munara, mu butumwa yanditse kuri X, yagize ati “Mbega akaga katari ngombwa.”

Ikinyamakuru Le Soir, gitangaza ko kugeza ubu hataramenyekana umubare w’abantu baburiye ubuzima muri iyi nkongi yibasiye uriya munara.

Kuva muri Mata uyu mwaka wa 2023, muri Sudani hadutse intambara ihanganishije ingabo za Leta z’uruhande rwa General Abdel Fattah al-Burhan uyoboye Igihugu ndetse n’iza Visi Perezida we General Mohamed Hamdane Daglo zo mu mutwe wa FSR.

Kugeza ubu habarwa abantu barenga miliyoni 3 bahunze ibyabo bava mu mujyi wa Khartoum, wabaye isibaniro ry’iyi ntambara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − two =

Previous Post

Uko byagenze ngo Minisitiri n’Umuyobozi wo hejuru banyonge igare (AMAFOTO)

Next Post

Kigali: Urujijo ku cyateye inkongi yafatiye imodoka mu muhanda hafi y’urusengero

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Urujijo ku cyateye inkongi yafatiye imodoka mu muhanda hafi y’urusengero

Kigali: Urujijo ku cyateye inkongi yafatiye imodoka mu muhanda hafi y’urusengero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.