Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Sugira Ernest yatangiye akazi muri AS Kigali yigeze gukinira

radiotv10by radiotv10
27/10/2021
in SIPORO
0
Sugira Ernest yatangiye akazi muri AS Kigali yigeze gukinira
Share on FacebookShare on Twitter

Sugira Ernest rutahizamu w’umunyarwanda uheruka gutandukana na Rayon Sports kuri ubu yatangiye imyitozo ikakaye muri AS Kigali aheruka gusinyira amasezerano y’umwaka umwe (2021-2022).

Sugira w’imyaka 30 wanabaye muri AS Kigali mu 2014 akayivamo mu 2016 agana muri AS Vita Club, ubu ni umukinnyi mushya muri AS Kigali uzajya abafasha gukina ataha izamu, umwanya asanzeho Robert Saba utarahiriwe n’intangiriro ze muri iyi kipe y’umujyi wa Kigali.

Sugira Ernest abaye umukinnyi mushya wa AS Kigali bazakoresha muri uyu mwaka w’imikino wiyongera kuri Lamine Moro Omar, Niyonzima Olivier Sefu, Mugheni Kakule Fabrice na Ntwari Fiacre (umunyezamu).

Image

Sugira Ernest umukinnyi mushya muri AS Kigali wavuye muri Rayon Sports

Sugira Ernest akomezanyije n’abandi imyitozo yo kwitegura imikino ya shampiyona 2021-2022, imikino izatangira kuri uyu wa gatandatu tariki 30 Ukwakira 2021. AS Kigali izatangira umwaka w’imikino 2021-2022 isura Espoir FC i Rusizi.

AS Kigali yatangiye imyiteguro ya shampiyona nyuma y’uko isezerewe mu ijonjora rya kabiri ry’imikino ya TOTAL CAF Confederation Cup 2021-2022, imikino yatsindiwemo na DCMP yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo), imikino ibiri yarangiye AS Kigali itsinzwe ibitego 4-2.

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + four =

Previous Post

TOTAL CAF CC: APR FC yatomboranye na RS Berkane ikinamo Clatous Chama na Tuisila Kisinda

Next Post

Kirehe: Abatuye i Mahama bararira igihombo cy’umushinga wo kuhira

Related Posts

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Abatuye i Mahama bararira igihombo cy’umushinga wo kuhira

Kirehe: Abatuye i Mahama bararira igihombo cy’umushinga wo kuhira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.