Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Sugira Ernest yatangiye akazi muri AS Kigali yigeze gukinira

radiotv10by radiotv10
27/10/2021
in SIPORO
0
Sugira Ernest yatangiye akazi muri AS Kigali yigeze gukinira
Share on FacebookShare on Twitter

Sugira Ernest rutahizamu w’umunyarwanda uheruka gutandukana na Rayon Sports kuri ubu yatangiye imyitozo ikakaye muri AS Kigali aheruka gusinyira amasezerano y’umwaka umwe (2021-2022).

Sugira w’imyaka 30 wanabaye muri AS Kigali mu 2014 akayivamo mu 2016 agana muri AS Vita Club, ubu ni umukinnyi mushya muri AS Kigali uzajya abafasha gukina ataha izamu, umwanya asanzeho Robert Saba utarahiriwe n’intangiriro ze muri iyi kipe y’umujyi wa Kigali.

Sugira Ernest abaye umukinnyi mushya wa AS Kigali bazakoresha muri uyu mwaka w’imikino wiyongera kuri Lamine Moro Omar, Niyonzima Olivier Sefu, Mugheni Kakule Fabrice na Ntwari Fiacre (umunyezamu).

Image

Sugira Ernest umukinnyi mushya muri AS Kigali wavuye muri Rayon Sports

Sugira Ernest akomezanyije n’abandi imyitozo yo kwitegura imikino ya shampiyona 2021-2022, imikino izatangira kuri uyu wa gatandatu tariki 30 Ukwakira 2021. AS Kigali izatangira umwaka w’imikino 2021-2022 isura Espoir FC i Rusizi.

AS Kigali yatangiye imyiteguro ya shampiyona nyuma y’uko isezerewe mu ijonjora rya kabiri ry’imikino ya TOTAL CAF Confederation Cup 2021-2022, imikino yatsindiwemo na DCMP yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo), imikino ibiri yarangiye AS Kigali itsinzwe ibitego 4-2.

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

TOTAL CAF CC: APR FC yatomboranye na RS Berkane ikinamo Clatous Chama na Tuisila Kisinda

Next Post

Kirehe: Abatuye i Mahama bararira igihombo cy’umushinga wo kuhira

Related Posts

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

by radiotv10
19/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w'Amaguru mu Rwanda na Rwanda Premier League ikurikirana Shampiyona, bamaganye imyitwarire yagaragajwe na bamwe mu bafana ba APR...

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Abatuye i Mahama bararira igihombo cy’umushinga wo kuhira

Kirehe: Abatuye i Mahama bararira igihombo cy’umushinga wo kuhira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.