Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

radiotv10by radiotv10
12/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego z’umutekano muri Tanzaniya ubwo bari mu myigaragambyo yaturutse ku matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri iki Gihugu mu kwezi gushize.

Umuryango w’Abibumbye usaba ko hakorwa iri perereza, mu gihe ubutegetsi bwa Tanzaniya bumaze kugeza mu nkiko abantu amagana bashinjwa icyaha cyo kugambanira Igihugu kubera imyigaragambyo iheruka kuba.

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burenganzira bwa muntu, Volker Türk, yavuze ko bamaze kumenya ko ubutegetsi buri kugerageza guhisha ibimenyetso by’abigaragambyaga bapfuye, nyuma yuko hasohotse raporo zivuga ko inzego z’umutekano zafashe imirambo y’abishwe mu myigaragambyo zikayikura mu buruhukiro bw’ibitaro, igashyirwa ahantu hatatangajwe.

Bwana Türk yasabye ubutegetsi kugarura iyo mirambo mu buruhukiro bw’ibitaro kugira ngo imiryango ibashe gushyingura abayo mu cyubahiro.

Yagize ati “Raporo zivuga ko imiryango ikomeje gushakisha abantu bayo ahantu hose, igasura sitasiyo za polisi zitandukanye n’ibitaro byose ngo barebe ko bababona, birababaje cyane.”

Ishyaka rikomeye ritavuga rumwe na Leta muri Tanzania, Chadema, rivuga ko abantu bagera ku 2 000 bishwe mu gihe cy’iminsi itatu y’imyigaragambyo yakurikiye amatora ya Perezida muri Tanzaniya.

Leta yo ntiratangaza umubare nyawo w’abapfuye. Umuryango w’Abibumbye wavuze ko abantu amagana bikekwa ko bishwe, ariko ntiwashoboye kugenzura ayo makuru neza kubera umutekano muke ukomeje muri Tanzaniya, ndetse no kuba interineti yarahagaritswe mu gihugu mu gihe cy’iminsi itandatu nyuma y’amatora.

Kiliziya Gatolika muri Tanzaniya yamaganye iyicwa ry’abigaragambya riherutse kuba, ndetse inaburira ko amahoro nyayo atagerwaho hatabayeho ubutabera.

Kugeza ubu, Leta ya Tanzaniya imaze kugeza mu nkiko abantu amagana ibarega icyaha cyo kugambanira igihugu bijyanye n’imyigaragambyo yavutse nyuma y’amatora yabaye ku wa 29 Ukwakira 2025 ataravuzweho rumwe.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 5 =

Previous Post

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Next Post

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Related Posts

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

IZIHERUKA

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri
IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.