Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRda: Chriss Froome uyu munsi werekanye ubuhangange bwe yahuye n’ibizazane bamucaho (LIVE)

radiotv10by radiotv10
23/02/2023
in SIPORO
0
TdRda: Chriss Froome uyu munsi werekanye ubuhangange bwe yahuye n’ibizazane bamucaho (LIVE)
Share on FacebookShare on Twitter

Umwongereza Chris Froome wegukanye irushanwa rya mbere ku Isi mu isiganwa ry’amagare rya Tour de France, wari utarigaragaza muri Tour du Rwanda, uyu munsi yakoze ibidasanzwe, mu gace ka gatanu, aho yacitse igikundi cy’abandi bakinnyi, akanyukira igare, bagenzi be bagasigara basiganuza.

Aka gace kahagurutse Rusizi kerecyeza i Rubavu, kagizwe n’ibilometero 195,5; katangiye saa 08:57’ ubwo abakinnyi bahagurukaga mu gikundi nk’ibisanzwe.

Abakinnyi bahagurukiye imbere y’isoko rya Rusizi mu mujyi rwagati, bari 80, ariko umukinnyi Jakub Toupalik ukinira ikipe ya EF Education yahise ava mu irushanwa kubera ikibazo yagize ubwo aka gace kari kakimara gutangira.

Nyuma y’ibilometeri bicye, abakinnyi batangiye guhatana, itsinda ry’abakinnyi 14 bahise bikura mu gikundi barimo Umunyarwanda Mugisha Moise, Currie, Christensen, Etxeberria na Iturria (Euskaltel), Gabburo, Fiorelli, Tarozzi na Tolio, Grellier na Vercher.

Baje kwiyongeramo abandi baza kuba 20 barimo Umwongereza Chris Froome witabiriye iri rushanwa buri wese amuhanze amaso dore ko azwiho amateka yihariye yo kuba yaregukanye Tour de France ifatwa nk’irushanwa rikomeye mu mukino wo gusiganwa ku magare ku Isi.

Chris Froome na we yaje gucika aka gakundi, atangira kugenda wenyine ndetse aza no gutangira gushyiramo intera.

Abakinnyi bamaze kugenda KM 105 – Intera igeze kuri 3'40''. #TdRwanda23 #IgareTwaje pic.twitter.com/Q4rzJfIY06

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) February 23, 2023

Bamaze kugenda ibilometero 89, Chris Froome yari amaze gushyiramo intera y’amasegonda 45’’, ndetse aza gukomeza kunyonga igare agera aho ashyiramo intera y’umunota 1’45’’.

Ku bilometero 98, Chris Froome yari amaze gushyira intera y’iminota 2’15’’ hagati ye na Peloton, ari na bwo akavura katangiraga kujojoba.

Ku bilometero 103 uyu rurangiranwa mu mukino w’amagare yari amaze gushyira intera hagati ye na Peloton y’iminota 3’20’’ mu gihe peloton yari iyobowe n’ikipe ya Total Energies.

Saa 12:25′- Hari hamaze kugendwa ibilometero 129, aho Chris Froome yari amaze gushyira intera y’iminota 3’15” hagati ye na Peloton. Ubu ari mu Karere ka Rutsiro aho imvura iri kugwa.

Saa 12:29′- Bari bamaze kugenda ibilometero 130, ariko intera hagati ya Chris Froome na Peloton yari imaze kugabanuka aho yari imaze kugera kuri 2’20”.

Umufaransa Thomas Bonnet ukinira ikipe ya Total Energies wari muri Peloton, yagerageje kuyivamo, atangira kwataka Chris Froome.

Saa 12:44- Hasigaye ibilometero 55 ngo bagere aho basoreza. Intera hagati ya Chris Fromme n’itsinda rimukurikiye yagabanutse, ubu igeze ku munota 1’20” mu gihe hagati ye na Thomas Bannet harimo intera y’iminota 3’40”.

Saa 13:02- Ibilometeri bisigaye ngo bagere ahasorezwa aka gace ka gatanu, ni ibilometero 45. Umukinnyi Iturria ukinira ikipe ya Euskaltel team ari kugerageza gusatira Froome, yagabanyije intera hagati yabo, ubu hasigayemo amasegonda 35”, mu gihe peloton yo harimo intera y’umunota 1’40”.

Saa 13:06- Iturria yari amaze guca kuri Chris Fromme ndetse amaze gushyiramo intera hagati ye na we y’amasegonda 45”. Igare rya Chriss Froome ryabanje guhura n’ikibazo ariko kimaze gukemuka yahise yongera kunyonga igare.

Saa 13:15′- Hamaze kugendwa ibilometeri 156, abakinnyi batatu bahise bagarura Iturria wari wabasize aciye no kuri Chris Froome. Ubu uko ari bane bayoboye aga gace k’isiganwa.

Saa 13:50′- Haburaga ibilometero bitanu (5) ngo abakinnyi bagere ahasorezwa aka gace Umunya-Afurika y’Epfo Ormiston yatangiye kwataka bigaragara ko ashaka kwegukana aka gace, inyuma ye hari Bizkarra ukinira Euskaltel ariko hagati yabo hari intera y’amasegonda 40”.

Intera yari imaze kuganabuka

Igare rya Chris Froome ryaje guhura n’ikibazo
Iturria wa Euskaltel team ubwo yatakaga Froome akanamucaho ubwo igare rye ryari rimaze kugira ikibazo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + three =

Previous Post

Nyuma y’umunsi 1 afunguwe umuhanzi nyarwanda yahise asohora indirimbo ivuga ibyamubayeho

Next Post

Amashusho anejeje: Perezida Kagame mu rugo akina umukino benshi batakekaga ko akunda

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashusho anejeje: Perezida Kagame mu rugo akina umukino benshi batakekaga ko akunda

Amashusho anejeje: Perezida Kagame mu rugo akina umukino benshi batakekaga ko akunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.