Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRda: Chriss Froome uyu munsi werekanye ubuhangange bwe yahuye n’ibizazane bamucaho (LIVE)

radiotv10by radiotv10
23/02/2023
in SIPORO
0
TdRda: Chriss Froome uyu munsi werekanye ubuhangange bwe yahuye n’ibizazane bamucaho (LIVE)
Share on FacebookShare on Twitter

Umwongereza Chris Froome wegukanye irushanwa rya mbere ku Isi mu isiganwa ry’amagare rya Tour de France, wari utarigaragaza muri Tour du Rwanda, uyu munsi yakoze ibidasanzwe, mu gace ka gatanu, aho yacitse igikundi cy’abandi bakinnyi, akanyukira igare, bagenzi be bagasigara basiganuza.

Aka gace kahagurutse Rusizi kerecyeza i Rubavu, kagizwe n’ibilometero 195,5; katangiye saa 08:57’ ubwo abakinnyi bahagurukaga mu gikundi nk’ibisanzwe.

Abakinnyi bahagurukiye imbere y’isoko rya Rusizi mu mujyi rwagati, bari 80, ariko umukinnyi Jakub Toupalik ukinira ikipe ya EF Education yahise ava mu irushanwa kubera ikibazo yagize ubwo aka gace kari kakimara gutangira.

Nyuma y’ibilometeri bicye, abakinnyi batangiye guhatana, itsinda ry’abakinnyi 14 bahise bikura mu gikundi barimo Umunyarwanda Mugisha Moise, Currie, Christensen, Etxeberria na Iturria (Euskaltel), Gabburo, Fiorelli, Tarozzi na Tolio, Grellier na Vercher.

Baje kwiyongeramo abandi baza kuba 20 barimo Umwongereza Chris Froome witabiriye iri rushanwa buri wese amuhanze amaso dore ko azwiho amateka yihariye yo kuba yaregukanye Tour de France ifatwa nk’irushanwa rikomeye mu mukino wo gusiganwa ku magare ku Isi.

Chris Froome na we yaje gucika aka gakundi, atangira kugenda wenyine ndetse aza no gutangira gushyiramo intera.

Abakinnyi bamaze kugenda KM 105 – Intera igeze kuri 3'40''. #TdRwanda23 #IgareTwaje pic.twitter.com/Q4rzJfIY06

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) February 23, 2023

Bamaze kugenda ibilometero 89, Chris Froome yari amaze gushyiramo intera y’amasegonda 45’’, ndetse aza gukomeza kunyonga igare agera aho ashyiramo intera y’umunota 1’45’’.

Ku bilometero 98, Chris Froome yari amaze gushyira intera y’iminota 2’15’’ hagati ye na Peloton, ari na bwo akavura katangiraga kujojoba.

Ku bilometero 103 uyu rurangiranwa mu mukino w’amagare yari amaze gushyira intera hagati ye na Peloton y’iminota 3’20’’ mu gihe peloton yari iyobowe n’ikipe ya Total Energies.

Saa 12:25′- Hari hamaze kugendwa ibilometero 129, aho Chris Froome yari amaze gushyira intera y’iminota 3’15” hagati ye na Peloton. Ubu ari mu Karere ka Rutsiro aho imvura iri kugwa.

Saa 12:29′- Bari bamaze kugenda ibilometero 130, ariko intera hagati ya Chris Froome na Peloton yari imaze kugabanuka aho yari imaze kugera kuri 2’20”.

Umufaransa Thomas Bonnet ukinira ikipe ya Total Energies wari muri Peloton, yagerageje kuyivamo, atangira kwataka Chris Froome.

Saa 12:44- Hasigaye ibilometero 55 ngo bagere aho basoreza. Intera hagati ya Chris Fromme n’itsinda rimukurikiye yagabanutse, ubu igeze ku munota 1’20” mu gihe hagati ye na Thomas Bannet harimo intera y’iminota 3’40”.

Saa 13:02- Ibilometeri bisigaye ngo bagere ahasorezwa aka gace ka gatanu, ni ibilometero 45. Umukinnyi Iturria ukinira ikipe ya Euskaltel team ari kugerageza gusatira Froome, yagabanyije intera hagati yabo, ubu hasigayemo amasegonda 35”, mu gihe peloton yo harimo intera y’umunota 1’40”.

Saa 13:06- Iturria yari amaze guca kuri Chris Fromme ndetse amaze gushyiramo intera hagati ye na we y’amasegonda 45”. Igare rya Chriss Froome ryabanje guhura n’ikibazo ariko kimaze gukemuka yahise yongera kunyonga igare.

Saa 13:15′- Hamaze kugendwa ibilometeri 156, abakinnyi batatu bahise bagarura Iturria wari wabasize aciye no kuri Chris Froome. Ubu uko ari bane bayoboye aga gace k’isiganwa.

Saa 13:50′- Haburaga ibilometero bitanu (5) ngo abakinnyi bagere ahasorezwa aka gace Umunya-Afurika y’Epfo Ormiston yatangiye kwataka bigaragara ko ashaka kwegukana aka gace, inyuma ye hari Bizkarra ukinira Euskaltel ariko hagati yabo hari intera y’amasegonda 40”.

Intera yari imaze kuganabuka

Igare rya Chris Froome ryaje guhura n’ikibazo
Iturria wa Euskaltel team ubwo yatakaga Froome akanamucaho ubwo igare rye ryari rimaze kugira ikibazo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − ten =

Previous Post

Nyuma y’umunsi 1 afunguwe umuhanzi nyarwanda yahise asohora indirimbo ivuga ibyamubayeho

Next Post

Amashusho anejeje: Perezida Kagame mu rugo akina umukino benshi batakekaga ko akunda

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

IZIHERUKA

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira
FOOTBALL

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashusho anejeje: Perezida Kagame mu rugo akina umukino benshi batakekaga ko akunda

Amashusho anejeje: Perezida Kagame mu rugo akina umukino benshi batakekaga ko akunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.