Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRda: Umunya-Eritrea kabuhariwe mu guterera yegukanye Etape3 noneho Umunyarwanda aza mu 10

radiotv10by radiotv10
21/02/2023
in SIPORO
0
TdRda: Umunya-Eritrea kabuhariwe mu guterera yegukanye Etape3 noneho Umunyarwanda aza mu 10
Share on FacebookShare on Twitter

Agace ka gatatu k’isiganwa rya Tour du Rwanda rimaze kwigarurira imitima ya benshi, kegukanywe n’Umunya-Eritrea, Henok Mulueberhan w’ikipe ya Green Project, mu gihe Umunyarwanda waje hafi ari Muhoza Eric waje mu myanya 10 ya mbere akaba ari na we uje hafi kuva iri siganwa ry’uyu mwaka ryatangira.

Aka gace katurutse i Huye kerecyeza i Musanze, kasojwe ku isaha ya saa munani zuzuye (14:00’) kagaragayemo uguhangana gukomeye k’umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco kuko kuva mu Karere ka Huye kurinda binjira mu Karere ka Musanze yari ayoboye bagenzi be.

Umunya-Eritrea Henok Mulueberhan ukinira ikipe ya Green Project yahabwaga amahirwe menshi cyane muri aka gace kabamo ibice binini byo kuzamuka dore ko anazwiho ubuhanga mu kuzamuka, ni na we waje gukandagiza bwa mbere ipine ku murongo w’umweru muri Musanze.

Henok Mulueberhan kandi arahita yambara umwambaro w’umuhondo w’umukinnyi uyoboye iri rushanwa ku rutonde rusange kugeza kuri utu duce dutatu tumaze gukinwa.

Uyu mwambaro arawambura Umwongereza Vernon Ethan uwuraranye amajoro abiri kuko kuva yawambara ku Cyumweru yanaje kuwugumana ejo hashize ku wa Mbere ubwo yanegukanaga agace ka kabiri ka Kigali-Gisagara.

Vernon Ethan ufite ubuhanga buhambaye mu gusiganwa ahatambika, ntiyahiriwe uyu munsi kuko adasanzwe azwiho umuhamagaro wo kuzamuka mu gihe agace k’uyu munsi karimo ahantu hanini ho guterera, dore ko atanaje mu myanya hafi.

Umunyarwanda waje hafi muri aka gace ka gatatu ka Huye-Musanze, ni Muhoza Eric ukinira ikipe ya Bike Aid, noneho wanaje mu myaka icumi ya mbere kuko yaje ku mwanya wa cyenda (9) aho aruswa amasegonda 11′ n’uwegukanye aka gace.

Umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco kandi yegukanye amanota menshi yo guterera udusozi dutandukanye dore ko aka gace ari na ko karekare ka 199,5 Km, kari karimo n’udusozi twinshi.

Rurangiranwa Chris Froome witezweho gukora akantu muri iri rushanwa, yagerageje kuva muri Peloton ariko yagera imbere abakinnyi bagenzi bagahita bamugarura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − four =

Previous Post

Umunyarwanda n’Umurundi bafatiwe muri Malawi bakekwaho kuyobora igikorwa kitemewe

Next Post

Amakuru mashya ku muhanzi wari ufunzwe akekwaho gukoresha umukobwa imibonano ku gahato

Related Posts

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukinnyi wo hagati Bigirimana Abedi wa Rayon Sports, agiye kumara ibyumweru bitatu hanze y’ikibuga adakina kubera imvune yagize. Aya makuru...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo

Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe

Habura iminsi ngo ibiruhuko bitangire ababyeyi bibukijwe ibyo bagomba gukora ngo bazarinde ko abana babo kuba basambanywa

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku muhanzi wari ufunzwe akekwaho gukoresha umukobwa imibonano ku gahato

Amakuru mashya ku muhanzi wari ufunzwe akekwaho gukoresha umukobwa imibonano ku gahato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.