Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRda: Umunya-Eritrea kabuhariwe mu guterera yegukanye Etape3 noneho Umunyarwanda aza mu 10

radiotv10by radiotv10
21/02/2023
in SIPORO
0
TdRda: Umunya-Eritrea kabuhariwe mu guterera yegukanye Etape3 noneho Umunyarwanda aza mu 10
Share on FacebookShare on Twitter

Agace ka gatatu k’isiganwa rya Tour du Rwanda rimaze kwigarurira imitima ya benshi, kegukanywe n’Umunya-Eritrea, Henok Mulueberhan w’ikipe ya Green Project, mu gihe Umunyarwanda waje hafi ari Muhoza Eric waje mu myanya 10 ya mbere akaba ari na we uje hafi kuva iri siganwa ry’uyu mwaka ryatangira.

Aka gace katurutse i Huye kerecyeza i Musanze, kasojwe ku isaha ya saa munani zuzuye (14:00’) kagaragayemo uguhangana gukomeye k’umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco kuko kuva mu Karere ka Huye kurinda binjira mu Karere ka Musanze yari ayoboye bagenzi be.

Umunya-Eritrea Henok Mulueberhan ukinira ikipe ya Green Project yahabwaga amahirwe menshi cyane muri aka gace kabamo ibice binini byo kuzamuka dore ko anazwiho ubuhanga mu kuzamuka, ni na we waje gukandagiza bwa mbere ipine ku murongo w’umweru muri Musanze.

Henok Mulueberhan kandi arahita yambara umwambaro w’umuhondo w’umukinnyi uyoboye iri rushanwa ku rutonde rusange kugeza kuri utu duce dutatu tumaze gukinwa.

Uyu mwambaro arawambura Umwongereza Vernon Ethan uwuraranye amajoro abiri kuko kuva yawambara ku Cyumweru yanaje kuwugumana ejo hashize ku wa Mbere ubwo yanegukanaga agace ka kabiri ka Kigali-Gisagara.

Vernon Ethan ufite ubuhanga buhambaye mu gusiganwa ahatambika, ntiyahiriwe uyu munsi kuko adasanzwe azwiho umuhamagaro wo kuzamuka mu gihe agace k’uyu munsi karimo ahantu hanini ho guterera, dore ko atanaje mu myanya hafi.

Umunyarwanda waje hafi muri aka gace ka gatatu ka Huye-Musanze, ni Muhoza Eric ukinira ikipe ya Bike Aid, noneho wanaje mu myaka icumi ya mbere kuko yaje ku mwanya wa cyenda (9) aho aruswa amasegonda 11′ n’uwegukanye aka gace.

Umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco kandi yegukanye amanota menshi yo guterera udusozi dutandukanye dore ko aka gace ari na ko karekare ka 199,5 Km, kari karimo n’udusozi twinshi.

Rurangiranwa Chris Froome witezweho gukora akantu muri iri rushanwa, yagerageje kuva muri Peloton ariko yagera imbere abakinnyi bagenzi bagahita bamugarura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Umunyarwanda n’Umurundi bafatiwe muri Malawi bakekwaho kuyobora igikorwa kitemewe

Next Post

Amakuru mashya ku muhanzi wari ufunzwe akekwaho gukoresha umukobwa imibonano ku gahato

Related Posts

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

IZIHERUKA

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda
IMIBEREHO MYIZA

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku muhanzi wari ufunzwe akekwaho gukoresha umukobwa imibonano ku gahato

Amakuru mashya ku muhanzi wari ufunzwe akekwaho gukoresha umukobwa imibonano ku gahato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.