Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TOKYO 2020: Abakinnyi batandatu ba Pologne basubijwe iwabo nyuma yo kwibeshya bakohereza abakinnyi benshi mu Buyapani

radiotv10by radiotv10
20/07/2021
in SIPORO
0
TOKYO 2020: Abakinnyi batandatu ba Pologne basubijwe iwabo nyuma yo kwibeshya bakohereza abakinnyi benshi mu Buyapani
Share on FacebookShare on Twitter

Harabura iminsi itatu kugira ngo imikino Olempike ya 2020 itangire mu mujyi wa Tokyo mu gihugu cy’u Buyapani, igihugu cya Pologne cyasubije abakinnyi batandatu (6) mu gihugu cyabo nyuma y’uko habayeho kwibeshya bakajyana abakinnyi 23 mu gihe bari bemerewe abakinnyi 17 muri rusange.

Abakinnyi batandatu basubijwe muri Pologne ni abakina umukino wo koga (Swimmers) kuko ariho basanze bafite abakinnyi benshi bityo babafatira indege ibasubiza iwabo muri Pologne.

Ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu gihugu cya Pologne (PZP), Pawel Slominski yasabye imbabazi abakunzi ba siporo muri iki gihugu agaragaza ko habayeho kwibeshya ku mategeko bigatuma bisanga mu Buyapani bafite umubare urenga w’abakinnyi bemerewe mu mikino Olempike ya 2020 igomba gutangira tariki ya 23 Nyakanga 2021.

“Ndicuza cyane ndetse ndanababaye kuko birasharira gufata umwanzuro nk’uyu wo gusubiza abakinnyi mu rugo muri ubu buryo.” Pawel Slominski

Tokyo 2020. Swimmers already in Poland. “We have been deceived”

Abakinnyi b’igihugu cya Pologne bari bageze mu Buyapani mu ntangiriro z’icyumweru gishize

Pawel Slominski akomeza agira ati “Ibi bintu ntabwo byakabaye bitubaho. Kandi birababaza abakinnyi bacu bakina umukino wo koga. Gusa abifatira ku gahanga ishyirahamwe ry’umukino wo koga ndabumva kandi nanjye ndumva uburemere bw’iri kosa kandi tubisabiye imbabazi”

Pawel Slominski avuga ko nta bundi bunebwe byakoranywe ahubwo ko byari muri gahunda yo gutanga amahirwe ku bakinnyi benshi n’abatoza kugira ngo bitabire iri rushanwa.

Tokyo 2020. Swimmers return home. It is difficult to understand the PZP error

Abakinnyi batandatu ba Pologne bakina umukino wo koga basubijwe iwabo nyumay’ukwibeshya kwakozwe n’ishyirahamwe ry’uyu mukino

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 6 =

Previous Post

Nigeria: Igisirikare kivuga ko abajura bahanuye indege y’intambara

Next Post

Kigali: Ingo zigera ku bihumbi 210 nizo zigomba guhabwa ibyo kurya

Related Posts

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

by radiotv10
09/05/2025
0

Abazitabira imikino nyafurika ya BAL 2025, bazasusurutswa n’abahanzi barimo uzwi ku Mugabane wa Afurika, King Promise wamenyekanye mu ndirimbo nka...

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ingo zigera ku bihumbi 210 nizo zigomba guhabwa ibyo kurya

Kigali: Ingo zigera ku bihumbi 210 nizo zigomba guhabwa ibyo kurya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.