Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Tom Close mu ndirimbo yibukije ikiba gitegereje abacukurira abandi akabo

radiotv10by radiotv10
17/10/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Tom Close mu ndirimbo yibukije ikiba gitegereje abacukurira abandi akabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Tom Close yashyize hanze indirimbo yakoranye na Fireman yise ‘Niyo ikamena’ ahamo ubutumwa abacurukurira abandi akobo, ko Imana iba ihari ikabacira akanzu.

Ni indirimbo ya Tom Close iri kuri Album ye ya cyenda yakoranye n’umuraperi Fireman, yasohokanye n’amashusho yayo kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukwakira 2023.

Tom close avuga ko yahisemo gukorana iyi ndirimbo n’umuraperi Fireman, kuko ari we uhuza n’ubutumwa yashakaga gutanga muri iyi ndirimbo.

Ni indirimbo y’iminota 5:30’’ igaragaramo amashusho asa nka filimi, agaragaza umuntu watezwe n’abantu bakamwuzuza inguma umubiri wose.

Mu nyikirizo, Tom Close aririmba agira ati “N’iyo waba umeze ute ntuzakeke y’uko untera ubwoba, kuko iyakaremye ni yo ikamena. Uncukurira akobo, ikancukurira akanzu.”

Muri iyi ndirimbo kandi Tom Close aririmbamo avuga ko abantu bahemukirwa n’abahoze ari inshuti zabo. Ati “Aho wageze umuva ibyiza ni ho ungejeje umvuga ibibi gusa.”

Fireman na we akomeza arapa avuga ko intambara abantu bagenda barwana, akenshi bazishozwaho n’abasanzwe baba hafi. Ati “Burya bamwe ubona bakwaka inama, abenshi ni abifuza kukubona mu manga.”

Si ubwa mbere Tom Close akoranye indirimbo n’umuraperi, dore ko hari abandi bagiye bazikorana nka Bull Dogg na Riderman.

Kate Gustave NKURUNZIZA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Claude Harerimana says:
    2 years ago

    Ibyo uvuze nibyo , Kandi izo nizo ntambara ziri hanze aha iwacu mu Rwanda ariko Niko isi iteye kuva na kera , burya uwaciye uyu mugani ntabwo ari uwubu
    Imiteto no , dukanguke .

    Reply

Leave a Reply to Claude Harerimana Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 12 =

Previous Post

Hamenyekanye icyakurikiye ihamagazwa ry’umunyamakuru wavuze ibyateje impaka kuri Miss Jolly

Next Post

Hagaragajwe icyakorwa cyatuma Abanyarwanda bose babasha gutunga ‘Smartphone’

Related Posts

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

by radiotv10
29/07/2025
0

Umukundwa Clemence uzwi nka Cadette witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda rya 2019, agiye gutangira kumvikana nk’umunyamakuru kuri radio nshya mu...

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

by radiotv10
28/07/2025
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi, yasabye abitabiriye irushanwa rya Miss Burundi, kutazarangazwa n'ubwiza ngo bazahore babumurika bibagirwe...

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

by radiotv10
25/07/2025
0

Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga, wari watawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bapfaga 7 000 Frw, yarekuwe....

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

by radiotv10
25/07/2025
0

African streetwear is no longer just an underground aesthetic, it has transformed into a bold expression of culture, identity, and...

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

by radiotv10
22/07/2025
0

Umusore Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB akurikiranyweho gufungirana mu nzu...

IZIHERUKA

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe
AMAHANGA

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

by radiotv10
30/07/2025
0

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe hafi y’iwe yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe hafi y’iwe yapfuye

30/07/2025
Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

30/07/2025
Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe icyakorwa cyatuma Abanyarwanda bose babasha gutunga ‘Smartphone’

Hagaragajwe icyakorwa cyatuma Abanyarwanda bose babasha gutunga ‘Smartphone’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe hafi y’iwe yapfuye

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.