Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi nawe yageze muri Ethiopia mu nama yanitabiriwe na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
17/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi nawe yageze muri Ethiopia mu nama yanitabiriwe na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yageze i Addis Ababa, mu Nteko Rusange y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Perezida Tshisekedi yageze muri Ethiopia ahamaze kugera na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, bombi bakaba bari mu Bakuru b’Ibihugu bitabiriye Imirimo y’Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Nkuko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu butumwa bwanyujijwe kuri Twitter, Tshisekedi yageze i Addis Ababa mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 16 Gashyantare 2023.

Ibi byatangajwe na Perezidansi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’amasaha iy’u Rwanda na yo itangaje ko Perezida Paul Kagame yageze i Addis Ababa na we yitabiriye Inteko Rusange isanzwe ya 36 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Iyi Nteko Rusange izatangira imirimo yayo kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Gashyantare 2023, iteganyijwemo ibiganiro bitandukanye birimo n’ibizagaruka ku mahoro n’umutekano mu karere no ku Mugabane wa Afurika muri rusange.

Perezidansi ya DRCongo yagize icyo ivuga ku biganiro bizibanda ku by’ibibazo by’umutekano biri mu burasiraziba bw’iki Gihugu.

Yagize iti “Mbere y’Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Umukuru w’Igihugu [Tshisekedi] kuri uyu wa Gatanu azitabira inama ebyiri z’ingenzi, iya mbere izagaruka ku bibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC naho iya kabiri n’iy’akanama gashinzwe amahoro n’umutekano k’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.”

Iyi nama igiye kongera kugaruka ku bibazo by’umutekano mucye bimaze iminsi biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ibaye nyuma y’ibyumweru bibiri habaye indi yahuje Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Iyi nama yabereye i Bujumbura mu Burundi, yafatiwemo imyanzuro isaba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kwemera kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23 ndetse Tshisekedi we ubwe akaba yarabyemereye bagenzi be muri iyi nama.

Gusa Guverinoma ya DRC, yahise ihindura imvugo, ivuga ko itazaganira n’uyu mutwe wa M23, aho bamwe mu basesenguzi bavuze ko bishimangira ko Guverinoma y’iki Gihugu itifuza ko ibibazo biri mu burasirazuba bwacyo bikemuka mu nzira z’amahoro nkuko yakunze kubigaragaza.

Perezida Kagame ubwo yageraga muri Ethiopia
Na Tshisekedi yahageze
Na Tshisekedi yahageze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Abagabo na bo bagiye kujya baboneza urubyaro bakoresheje ibinini

Next Post

Hari aho bambuka gikomando kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kugaragara muri Kigali

Related Posts

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari aho bambuka gikomando kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kugaragara muri Kigali

Hari aho bambuka gikomando kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kugaragara muri Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.