Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi nawe yageze muri Ethiopia mu nama yanitabiriwe na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
17/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi nawe yageze muri Ethiopia mu nama yanitabiriwe na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yageze i Addis Ababa, mu Nteko Rusange y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Perezida Tshisekedi yageze muri Ethiopia ahamaze kugera na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, bombi bakaba bari mu Bakuru b’Ibihugu bitabiriye Imirimo y’Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Nkuko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu butumwa bwanyujijwe kuri Twitter, Tshisekedi yageze i Addis Ababa mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 16 Gashyantare 2023.

Ibi byatangajwe na Perezidansi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’amasaha iy’u Rwanda na yo itangaje ko Perezida Paul Kagame yageze i Addis Ababa na we yitabiriye Inteko Rusange isanzwe ya 36 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Iyi Nteko Rusange izatangira imirimo yayo kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Gashyantare 2023, iteganyijwemo ibiganiro bitandukanye birimo n’ibizagaruka ku mahoro n’umutekano mu karere no ku Mugabane wa Afurika muri rusange.

Perezidansi ya DRCongo yagize icyo ivuga ku biganiro bizibanda ku by’ibibazo by’umutekano biri mu burasiraziba bw’iki Gihugu.

Yagize iti “Mbere y’Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Umukuru w’Igihugu [Tshisekedi] kuri uyu wa Gatanu azitabira inama ebyiri z’ingenzi, iya mbere izagaruka ku bibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC naho iya kabiri n’iy’akanama gashinzwe amahoro n’umutekano k’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.”

Iyi nama igiye kongera kugaruka ku bibazo by’umutekano mucye bimaze iminsi biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ibaye nyuma y’ibyumweru bibiri habaye indi yahuje Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Iyi nama yabereye i Bujumbura mu Burundi, yafatiwemo imyanzuro isaba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kwemera kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23 ndetse Tshisekedi we ubwe akaba yarabyemereye bagenzi be muri iyi nama.

Gusa Guverinoma ya DRC, yahise ihindura imvugo, ivuga ko itazaganira n’uyu mutwe wa M23, aho bamwe mu basesenguzi bavuze ko bishimangira ko Guverinoma y’iki Gihugu itifuza ko ibibazo biri mu burasirazuba bwacyo bikemuka mu nzira z’amahoro nkuko yakunze kubigaragaza.

Perezida Kagame ubwo yageraga muri Ethiopia
Na Tshisekedi yahageze
Na Tshisekedi yahageze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Abagabo na bo bagiye kujya baboneza urubyaro bakoresheje ibinini

Next Post

Hari aho bambuka gikomando kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kugaragara muri Kigali

Related Posts

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

by radiotv10
06/12/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko...

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

IZIHERUKA

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro
IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari aho bambuka gikomando kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kugaragara muri Kigali

Hari aho bambuka gikomando kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kugaragara muri Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.