Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi nawe yageze muri Ethiopia mu nama yanitabiriwe na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
17/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi nawe yageze muri Ethiopia mu nama yanitabiriwe na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yageze i Addis Ababa, mu Nteko Rusange y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Perezida Tshisekedi yageze muri Ethiopia ahamaze kugera na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, bombi bakaba bari mu Bakuru b’Ibihugu bitabiriye Imirimo y’Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Nkuko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu butumwa bwanyujijwe kuri Twitter, Tshisekedi yageze i Addis Ababa mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 16 Gashyantare 2023.

Ibi byatangajwe na Perezidansi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’amasaha iy’u Rwanda na yo itangaje ko Perezida Paul Kagame yageze i Addis Ababa na we yitabiriye Inteko Rusange isanzwe ya 36 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Iyi Nteko Rusange izatangira imirimo yayo kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Gashyantare 2023, iteganyijwemo ibiganiro bitandukanye birimo n’ibizagaruka ku mahoro n’umutekano mu karere no ku Mugabane wa Afurika muri rusange.

Perezidansi ya DRCongo yagize icyo ivuga ku biganiro bizibanda ku by’ibibazo by’umutekano biri mu burasiraziba bw’iki Gihugu.

Yagize iti “Mbere y’Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Umukuru w’Igihugu [Tshisekedi] kuri uyu wa Gatanu azitabira inama ebyiri z’ingenzi, iya mbere izagaruka ku bibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC naho iya kabiri n’iy’akanama gashinzwe amahoro n’umutekano k’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.”

Iyi nama igiye kongera kugaruka ku bibazo by’umutekano mucye bimaze iminsi biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ibaye nyuma y’ibyumweru bibiri habaye indi yahuje Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Iyi nama yabereye i Bujumbura mu Burundi, yafatiwemo imyanzuro isaba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kwemera kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23 ndetse Tshisekedi we ubwe akaba yarabyemereye bagenzi be muri iyi nama.

Gusa Guverinoma ya DRC, yahise ihindura imvugo, ivuga ko itazaganira n’uyu mutwe wa M23, aho bamwe mu basesenguzi bavuze ko bishimangira ko Guverinoma y’iki Gihugu itifuza ko ibibazo biri mu burasirazuba bwacyo bikemuka mu nzira z’amahoro nkuko yakunze kubigaragaza.

Perezida Kagame ubwo yageraga muri Ethiopia
Na Tshisekedi yahageze
Na Tshisekedi yahageze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − five =

Previous Post

Abagabo na bo bagiye kujya baboneza urubyaro bakoresheje ibinini

Next Post

Hari aho bambuka gikomando kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kugaragara muri Kigali

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari aho bambuka gikomando kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kugaragara muri Kigali

Hari aho bambuka gikomando kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kugaragara muri Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.