Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi yongeye kubwizwa ukuri kumurya mu matwi akwirengagiza yitwaje u Rwanda

radiotv10by radiotv10
07/07/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi yongeye kubwizwa ukuri kumurya mu matwi akwirengagiza yitwaje u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa wagiriye uruzinduko muri Repubulika Iharanira ya Demokarasi ya Congo, yavuze ko Perezida Tshisekedi agomba kwemera ko habaho ibiganiro ku bibazo byo mu burasirazuba bw’Igihugu cye, we akavuga ko atabyanze, ahubwo ko ngo byatewe n’imyitwarire y’u Rwanda.

Ingaruka z’umutekano mucye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya congo; ndetse n’uburyo bushobora kuzishyiraho iherezo; ni kimwe mu byaranze ibiganiro bya Perezida Cyril Matamela Ramaphosa wa Afurika y’Epfo na Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika ya Democracy ya Congo.

Ramapfosa uri i Kinshasa yavuze ko Perezida Tshisekedi agomba gushyira imbere inzira y’ibiganiro kuko ari bwo buryo bwemejwe n’abahanga nk’inzira yizewe yo gukemura ibibazo.

Yagize ati “Iyo abantu bicaye bashakira hamwe uburyo bwo kubikemura. Kiriya kibazo cy’umutekano mucye kiri mu burasirazuba bwa congo; abayobozi b’ibihugu byo mu karere ndetse na Afurika Yunze Ubumwe bakiganiriyeho, SADC nayo igiye kubyinjiramo. Ibyo byose bigamije ibiganiro nshuti yanjye.”

Perezida Tshisekedi yavuze ko atigeze abangamira iyi nzira, ngo ahubwo ngo byatewe n’indi impamvu irimo n’u Rwanda.

Yagize ati “Ndashaka kuvuga ko ari inshuro ya mbere numvise ko nanze ibiganiro n’u Rwanda. ndashaka kubibutsa ko u Rwanda rutavugisha ukuri ku mpamvu rwateye Congo, ahubwo bavuga ko ari ibibazo by’imbere mu Gihugu cya congo. Bavuga ko biterwa na M23 irwanya Leta kubera ibiri kuba mu Gihugu, ariko buri wese arabizi ko ari ikinyoma. U Rwanda ntirwemera ko rwateye Congo, nyamara hari raporo zibyemeza.

Birumvikana ko kuganira n’u Rwanda bigoye mu gihe rutemera uruhare rwarwo muri ibyo bibazo. Ntibagomba kudusuzugura ngo batwoherereze itsinda rito ry’abantu ngo baze kuganira na Guverinoma yigenga kandi yemewe ku rwego mpuzamahanga. U Rwanda rwo ntirushaka kujya muri ibyo biganiro, ni yo mpamvu Repubyulika Iharanira Demokarasi ya Congo idashobora kwicarana n’iryo tsinda rito batwoherereza ngo tuganire kuri iyo ngingo y’umutekano.”

Iyo nzira y’ibiganiro u Rwanda rurayemera, ariko rukavuga ko inshuro zabanje zitatanze umusaruro. Ubu ngo babihariye inzego zahawe inshingano zo kubikemura.

Perezida Paul Kagame yabivugiye muri Qatar muri Gicurasi uyu mwaka, aho yagize ati “iki kibazo cyaduhuje inshuro nyinshi, kandi dushobora no kongera…”

Aba bakuru b’Ibihugu byombi bahuriye muri Angola inshuro nyinshi, ndetse hari n’ababahurije mu biganiro, nka Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron ubwo bari i New York mu Nteko rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye.

Perezida Kagame na Tshisekedi kandi bagombaga guhurira i Doha muri Qatar, tariki ya 23 Mutarama 2023 ku butumire bw’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, ariko ntibyabaye.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + five =

Previous Post

Tunisia: Abanyagihugu n’abimukira bamaze iminsi 3 bakozanyaho ku mpamvu ibabaje

Next Post

Hasobanuwe ibimenyetso bishingirwaho mu gushinja uregwa kwica umwana wababaje benshi yari abereye mukase

Related Posts

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

by radiotv10
12/12/2025
0

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubushinjacyaha bwasobanuye ibyatangajwe n’abatangabuhamya bashinja Mukase wa Akeza kumwivugana

Hasobanuwe ibimenyetso bishingirwaho mu gushinja uregwa kwica umwana wababaje benshi yari abereye mukase

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.