Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi yongeye kubwizwa ukuri kumurya mu matwi akwirengagiza yitwaje u Rwanda

radiotv10by radiotv10
07/07/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi yongeye kubwizwa ukuri kumurya mu matwi akwirengagiza yitwaje u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa wagiriye uruzinduko muri Repubulika Iharanira ya Demokarasi ya Congo, yavuze ko Perezida Tshisekedi agomba kwemera ko habaho ibiganiro ku bibazo byo mu burasirazuba bw’Igihugu cye, we akavuga ko atabyanze, ahubwo ko ngo byatewe n’imyitwarire y’u Rwanda.

Ingaruka z’umutekano mucye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya congo; ndetse n’uburyo bushobora kuzishyiraho iherezo; ni kimwe mu byaranze ibiganiro bya Perezida Cyril Matamela Ramaphosa wa Afurika y’Epfo na Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika ya Democracy ya Congo.

Ramapfosa uri i Kinshasa yavuze ko Perezida Tshisekedi agomba gushyira imbere inzira y’ibiganiro kuko ari bwo buryo bwemejwe n’abahanga nk’inzira yizewe yo gukemura ibibazo.

Yagize ati “Iyo abantu bicaye bashakira hamwe uburyo bwo kubikemura. Kiriya kibazo cy’umutekano mucye kiri mu burasirazuba bwa congo; abayobozi b’ibihugu byo mu karere ndetse na Afurika Yunze Ubumwe bakiganiriyeho, SADC nayo igiye kubyinjiramo. Ibyo byose bigamije ibiganiro nshuti yanjye.”

Perezida Tshisekedi yavuze ko atigeze abangamira iyi nzira, ngo ahubwo ngo byatewe n’indi impamvu irimo n’u Rwanda.

Yagize ati “Ndashaka kuvuga ko ari inshuro ya mbere numvise ko nanze ibiganiro n’u Rwanda. ndashaka kubibutsa ko u Rwanda rutavugisha ukuri ku mpamvu rwateye Congo, ahubwo bavuga ko ari ibibazo by’imbere mu Gihugu cya congo. Bavuga ko biterwa na M23 irwanya Leta kubera ibiri kuba mu Gihugu, ariko buri wese arabizi ko ari ikinyoma. U Rwanda ntirwemera ko rwateye Congo, nyamara hari raporo zibyemeza.

Birumvikana ko kuganira n’u Rwanda bigoye mu gihe rutemera uruhare rwarwo muri ibyo bibazo. Ntibagomba kudusuzugura ngo batwoherereze itsinda rito ry’abantu ngo baze kuganira na Guverinoma yigenga kandi yemewe ku rwego mpuzamahanga. U Rwanda rwo ntirushaka kujya muri ibyo biganiro, ni yo mpamvu Repubyulika Iharanira Demokarasi ya Congo idashobora kwicarana n’iryo tsinda rito batwoherereza ngo tuganire kuri iyo ngingo y’umutekano.”

Iyo nzira y’ibiganiro u Rwanda rurayemera, ariko rukavuga ko inshuro zabanje zitatanze umusaruro. Ubu ngo babihariye inzego zahawe inshingano zo kubikemura.

Perezida Paul Kagame yabivugiye muri Qatar muri Gicurasi uyu mwaka, aho yagize ati “iki kibazo cyaduhuje inshuro nyinshi, kandi dushobora no kongera…”

Aba bakuru b’Ibihugu byombi bahuriye muri Angola inshuro nyinshi, ndetse hari n’ababahurije mu biganiro, nka Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron ubwo bari i New York mu Nteko rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye.

Perezida Kagame na Tshisekedi kandi bagombaga guhurira i Doha muri Qatar, tariki ya 23 Mutarama 2023 ku butumire bw’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, ariko ntibyabaye.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Tunisia: Abanyagihugu n’abimukira bamaze iminsi 3 bakozanyaho ku mpamvu ibabaje

Next Post

Hasobanuwe ibimenyetso bishingirwaho mu gushinja uregwa kwica umwana wababaje benshi yari abereye mukase

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we
MU RWANDA

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

18/12/2025
Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubushinjacyaha bwasobanuye ibyatangajwe n’abatangabuhamya bashinja Mukase wa Akeza kumwivugana

Hasobanuwe ibimenyetso bishingirwaho mu gushinja uregwa kwica umwana wababaje benshi yari abereye mukase

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.