Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi yongeye kurengera avuga kuri Perezida Kagame anashimangira umugambi mubisha amaranye igihe ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/12/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi yongeye kurengera avuga kuri Perezida Kagame anashimangira umugambi mubisha amaranye igihe ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Felix Tshisekedi ku munsi we wa nyuma w’ibikorwa byo kwiyamamariza gukomeza kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye kuvuga ko yifuza gutera u Rwanda, ndetse anongera kuvuga ku Mukuru warwo, Paul Kagame.

Tshisekedi ubwo yari imbere y’imbaga y’abaturage bari baje kumva imigabo n’imigambi ye, bari bateraniye ahitwa Sainte Thérèse mu gace ka N’djili mu Mujyi wa Kinshasa, yongeye kubabwira ko bafite umwanzi ndetse anerura ko ari u Rwanda.

Yakomeje avuga ko ibi yifuza kubabwira Abanyekongo ndetse n’Isi yose, ati “Igihe abanzi bacu bazakomeza kutwitwaraho nabi bakaba barasa n’isasu rimwe, nzateranya Imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko kugira ngo mbasabe uburenganzira bwo gutangiza intambara ku Rwanda.”

Yakomeje avuga ko ibi abyemererwa n’Itegeko Nshinga ry’Igihugu cye, ati “Ntimuhangayike. Igisirikare cyacu gifite imbaraga nyinshi. Kuva i Goma dushobora kugera i Kigali.”

Uyu Mukuru w’Igihugu cya Congo Kinshasa, watinyutse kuvuga kuri mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame uzwiho ubushishozi mu miyoborere, yongeye kumuvugaho, ati “Ndabwira Kagame ko yajya akinisha abandi ariko kuri njye, namubwira ko Fatshi ari umutamenwa.”

Aya magambo kandi aje akurikira andi Tshisekedi aherutse kuvuga kuri Perezida Kagame w’u Rwanda, amugereranya na Hitler, ariko nyuma yo kubitangaza, akaba yaramaganiwe kure n’abantu banyuranye barimo n’Abanyekongo ubwabo, bamwibukije ko adakwiye gutinyuka kuvuga ku Mukuru w’u Rwanda uzwiho ibigwi bidasanzwe.

Si rimwe cyangwa kabiri Tshisekedi atangaje ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda, dore ko na mbere yo kwiyamamariza indi manda, yakunze kuvuga ko ashaka gutera iki Gihugu cy’igituranyi.

Tariki 30 Ugushyingo 2022, ubwo Perezida Paul Kagame yakiraga indahiro z’abayobozi bashya bari binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda, yagarutse ku byari bimaze iminsi bivugwa na Tshisekedi avuga ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda.

Icyo gihe Umukuru w’u Rwanda yavuze ko uyu wirirwa avuga iby’intambara abiterwa no kuba adafite icyo ayiziho, kuko aramutse ayisobanukiwe n’ingaruka zayo atagakwiye guhora ayifuza.

Icyo gihe Perezida Kagame yagize ati “Iyo nza kugira inama uwo muntu wakunze kuvuga ibi, nakamugiriye inama ko dukeneye gukorana no kubana mu mahoro, kuko niba wifuza umuntu uzi iby’intambara, rwose uzaze umbaze kuko hari icyo nyiziho kandi nzi uburyo ari mbi, kandi nzi neza ko ntakiruta kugira amahoro.”

Umukuru w’u Rwanda yakunze kugaragaza ko hakenewe amahoro hagati y’iki Gihugu n’igituranyi cyacyo, kuko ari yo Ibihugu byombi n’ababituye bakungukiramo kurusha intambara yifuzwa na Congo Kinshasa.

Gusa u Rwanda rwakunze kuvuga ko nyuma y’uko iki Gihugu cy’igituranyi kigaragaje ko gifite iyi migambi mibisha, cyakajije umutekano ku mupaka ugihuza na cyo, ku buryo haramutse hagize igihungabanya umutekano giturukayo, cyarwanywa rugikubita.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 4 =

Previous Post

VIDEO: Putin yagiye gutanga kandidatire asabwa kubanza kwerekana irangamuntu

Next Post

China: Umutingito ufite ubukana budasanzwe wahitanye abarenga 100

Related Posts

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
China: Umutingito ufite ubukana budasanzwe wahitanye abarenga 100

China: Umutingito ufite ubukana budasanzwe wahitanye abarenga 100

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.