Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi yongeye kurengera avuga kuri Perezida Kagame anashimangira umugambi mubisha amaranye igihe ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/12/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi yongeye kurengera avuga kuri Perezida Kagame anashimangira umugambi mubisha amaranye igihe ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Felix Tshisekedi ku munsi we wa nyuma w’ibikorwa byo kwiyamamariza gukomeza kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye kuvuga ko yifuza gutera u Rwanda, ndetse anongera kuvuga ku Mukuru warwo, Paul Kagame.

Tshisekedi ubwo yari imbere y’imbaga y’abaturage bari baje kumva imigabo n’imigambi ye, bari bateraniye ahitwa Sainte Thérèse mu gace ka N’djili mu Mujyi wa Kinshasa, yongeye kubabwira ko bafite umwanzi ndetse anerura ko ari u Rwanda.

Yakomeje avuga ko ibi yifuza kubabwira Abanyekongo ndetse n’Isi yose, ati “Igihe abanzi bacu bazakomeza kutwitwaraho nabi bakaba barasa n’isasu rimwe, nzateranya Imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko kugira ngo mbasabe uburenganzira bwo gutangiza intambara ku Rwanda.”

Yakomeje avuga ko ibi abyemererwa n’Itegeko Nshinga ry’Igihugu cye, ati “Ntimuhangayike. Igisirikare cyacu gifite imbaraga nyinshi. Kuva i Goma dushobora kugera i Kigali.”

Uyu Mukuru w’Igihugu cya Congo Kinshasa, watinyutse kuvuga kuri mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame uzwiho ubushishozi mu miyoborere, yongeye kumuvugaho, ati “Ndabwira Kagame ko yajya akinisha abandi ariko kuri njye, namubwira ko Fatshi ari umutamenwa.”

Aya magambo kandi aje akurikira andi Tshisekedi aherutse kuvuga kuri Perezida Kagame w’u Rwanda, amugereranya na Hitler, ariko nyuma yo kubitangaza, akaba yaramaganiwe kure n’abantu banyuranye barimo n’Abanyekongo ubwabo, bamwibukije ko adakwiye gutinyuka kuvuga ku Mukuru w’u Rwanda uzwiho ibigwi bidasanzwe.

Si rimwe cyangwa kabiri Tshisekedi atangaje ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda, dore ko na mbere yo kwiyamamariza indi manda, yakunze kuvuga ko ashaka gutera iki Gihugu cy’igituranyi.

Tariki 30 Ugushyingo 2022, ubwo Perezida Paul Kagame yakiraga indahiro z’abayobozi bashya bari binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda, yagarutse ku byari bimaze iminsi bivugwa na Tshisekedi avuga ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda.

Icyo gihe Umukuru w’u Rwanda yavuze ko uyu wirirwa avuga iby’intambara abiterwa no kuba adafite icyo ayiziho, kuko aramutse ayisobanukiwe n’ingaruka zayo atagakwiye guhora ayifuza.

Icyo gihe Perezida Kagame yagize ati “Iyo nza kugira inama uwo muntu wakunze kuvuga ibi, nakamugiriye inama ko dukeneye gukorana no kubana mu mahoro, kuko niba wifuza umuntu uzi iby’intambara, rwose uzaze umbaze kuko hari icyo nyiziho kandi nzi uburyo ari mbi, kandi nzi neza ko ntakiruta kugira amahoro.”

Umukuru w’u Rwanda yakunze kugaragaza ko hakenewe amahoro hagati y’iki Gihugu n’igituranyi cyacyo, kuko ari yo Ibihugu byombi n’ababituye bakungukiramo kurusha intambara yifuzwa na Congo Kinshasa.

Gusa u Rwanda rwakunze kuvuga ko nyuma y’uko iki Gihugu cy’igituranyi kigaragaje ko gifite iyi migambi mibisha, cyakajije umutekano ku mupaka ugihuza na cyo, ku buryo haramutse hagize igihungabanya umutekano giturukayo, cyarwanywa rugikubita.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

VIDEO: Putin yagiye gutanga kandidatire asabwa kubanza kwerekana irangamuntu

Next Post

China: Umutingito ufite ubukana budasanzwe wahitanye abarenga 100

Related Posts

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

by radiotv10
10/12/2025
0

Mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD haravugwamo gucikamo ibice kw’abakomeyemo, bitewe no kutumvikana ku guhitamo umukandida uzarihagararira mu...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
09/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryifashishije amashusho agaragaza abaguye mu mirwano, riravuga ko mu gihe hakomeje umugambi wo kurimbura Abanyekongo bo mu burasirazuba...

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

by radiotv10
09/12/2025
0

AFC/M23 has published shocking and heartbreaking footage showing individuals who lost their lives in recent clashes, alleging that as the...

IZIHERUKA

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI
IBYAMAMARE

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

10/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
China: Umutingito ufite ubukana budasanzwe wahitanye abarenga 100

China: Umutingito ufite ubukana budasanzwe wahitanye abarenga 100

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.