Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Tumenye ibirambuye bikekwa ku Banya-Uganda babiri bafungiye mu Rwanda n’uburyo bafashwe

radiotv10by radiotv10
17/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batatu barimo Abanya-Uganda babiri, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no gukoresha ibiganiro bya YouTube abafite ubumuga bwo mu mutwe, bagamije kubakuramo inyungu bwite.

Abatawe muri yombi ni Kembabazi Rachael w’imyaka 31 ufite YouTube Channel yitwa Connect with Uganda, Mayanja Muwanguzi Lawrence w’imyaka 28, ufite umurongo wa YouTube witwa UG Connect ndetse na Niyibizi Xavier w’Imyaka 27 we ufite YouTube Channel yitwa Nexo Adventure.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwabataye muri yombi mu cyumweru gishize tariki 10 Kanama 2023, rubafatiye muri Hoteli imwe yo mu Mujyi wa Kigali, mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kimihurura.

Niyizi Xavier ari na we Munyarwanda wari kumwe n’aba bandi bo muri Uganda, yavugaga ko ayobora ba mukerarugendo, mu gihe ari we wabafashije guhura n’uwitwa Nsanzimana Elie ufite ubumuga bwo mu mutwe, bakoreshaga ikiganiro rwihishwa ubwo bafatwaga.

Uko ari batatu bakurikiranyweho icyaha cy’ivangura no gukurura amacakubiri giteganywa n’ingino y’ 163 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Igika cya mbere cy’iyi ngingo gikubiyemo ibifitanye isano n’ibi bikekwa kuri aba bantu, kigira kiti “igikorwa kibangamira umuntu umwe cyangwa abantu benshi cyangwa gitandukanya umuntu cyangwa abantu benshi hashingiwe ku isano muzi, ubwoko, inkomoko, umuryango, inzu, ibara ry’uruhu, igitsina, akarere, ubwenegihugu, idini, ibitekerezo bya politiki, ibyiciro by’ubukungu, umuco, ururimi, imibereho muri sosiyete, ubumuga bw’umubiri cyangwa bwo mu mutwe cyangwa isura y’umubiri.”

Iyi ngingo igasoza igira iti “Umuntu uhamijwe n’urukiko gukora kimwe mu bikorwa bivugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atanu (500.000 FRW) ariko atarenze miliyoni imwe (1.000.000 FRW).”

Naho ingingo ya 3 y’Itegeko rirengera Abantu Bafite Ubumuga Muri Rusange iteganya ko “Umuntu ufite ubumuga wese afite uburenganzira bungana n’ubw’abandi imbere y’amategeko, agomba kubahwa no guhabwa agaciro bikwiye ikiremwa muntu.”

Ingingo yaryo ya 27 iteganya ko “Umuntu wese ukoreye umuntu ufite ubumuga icyaha cy’ivangura cyangwa ihohoterwa iryo ari ryo ryose, ahanishwa igihano gisumba ibindi mu biteganywa n’ingingo z’Igitabo cy’amategeko ahana  n’iz’amategeko yihariye  ku  birebana n’icyo cyaha.”

RIB ivuga kandi ko “Ibi bikorwa usibye kuba bihanwa n’amategeko bibangamiye Itegeko Nshinga mu ngingo yayo ya 16 ivuga ku kurindwa ivangura, bibangamiye kandi amasezerano mpuzamahanga y’umuryango w’Abibumbye yemejwe n’u Rwanda muri 2008.”

Nyuma y’uko RIB ifashe aba bantu batatu, bacumbikiwe kuri sitasiyo zayo za Kimihurura n’iya Remera, dosiye yabo yashyikirijwe Ubushinjacyaha ku wa Mbere tariki 14 Kanama 2023.

 

Imikorere y’ibyaha bakekwaho

RIB ivuga ko YouTube Channel yitwa ‘Connect with Uganda’ ya KEMBABAZI RACHEAL, yari igiye gukoresha ikiganiro uriya Nsanzimana Elie ufite ubumuga bwo mu mutwe, ku nshuro ya gatatu.

Ibiganiro bya mbere byaberaga mu Murenge wa Kibirizi mu karere ka Gisagara aho uyu musore asanzwe atuye, mu gihe icyariho gikorwa kuri iyo nshuro cyaberaga muri hoteli yo mu Mujyi wa Kigali.

RIB igira iti “Ibi bikorwa bikaba ari ibikorwa by’ivangura bishingiye ku bumuga bw’umubiri cyangwa bwo mu mutwe cyangwa isura y’umubiri. Ni ibikorwa bihanwa n’amategeko nk’uko ingingo 163 ibiteganya y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.”

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruvuga ko ibyakozwe n’aba bantu ari ugushakira inyungu mu bumuga bw’uriya musore.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yagize ati “Muri ino minsi hari ibintu bigaragara kuri social media cyane cyane kuri YouTube usanga hari abantu bitwikira umutaka w’ubuvugizi bitwaza gufasha abantu bafite ubumuga ariko bari kubakoresha mu nyungu bwite bashaka kugwiza ababareba.”

Akomeza agira ati “Kandi birazwi neza uko ugwiza abakureba kuko washyizeho amashusho y’umuntu ufite ubumuga, bikuzanira inyungu mu mafaranga. Ese abo bantu bahabwa angahe bijyanye nayo baba binjije?”

Yakomeje atanga ingero ati “Iyo usesenguye wibaza impamvu usanga Youtubes zirenga nka 14 zijya gusura umuntu nka Busyete na Nsanzimana Eliya n’abandi. Ugasanga umwe yamukozeho nka episodes zirenga 5, kandi abo bantu ugasanga bafite ababakurikira barenga nka miliyoni. Akenshi rero usanga bamwe mu bakoresha izo youtubes ikibashishikaje ari ukugwiza views batitaye uko babikora bakora, uwo babikorera ndetse n’ingaruka bishobora kugira kubo babikorera.”

Dr Murangira aboneraho guha ubutumwa abakoresha nabi imbuga nkoranyambaga mu bikorwa nk’ibi byo gushakira indonke mu bafite ubumuga, ko bakwiye kubihagarika.

Ati “RIB irihanangiriza abantu bose bakoresha social media zitandukanye nka YouTube bitwikira umutaka w’ubuvugizi, bakazikoresha nka tool of exploitation, bafatirana abantu mu ntege nke abantu bafite ubumuga, bakabakoresha ibikorwa by’itesha gaciro, ibikorwa bitabereye ikiremwamuntu, ibikorwa bigize icyaha cy’ivangura. RIB ikaba ibasaba kubihagarika.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Ibiteye amatsiko ku nyoni zifite amateka byatumye Umunyarwanda yiyemeza kuzirengera

Next Post

Umukinnyi ufite ibigwi yihariyeho mu Mavubi asubije ikibazo yibazwaho na benshi

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi ufite ibigwi yihariyeho mu Mavubi asubije ikibazo yibazwaho na benshi

Umukinnyi ufite ibigwi yihariyeho mu Mavubi asubije ikibazo yibazwaho na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.