Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Tumenye imigabo n’imigambi ba Ambasaderi bashya bazaniye u Rwanda

radiotv10by radiotv10
30/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Tumenye imigabo n’imigambi ba Ambasaderi bashya bazaniye u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abahagarariye Ibihugu byabo mu Rwanda bashya uko ari 12, bakiriwe na Perezida Paul Kagame, bamushyikiriza impapuro zibemerera gutangira izi nshingano, bagaruka ku byo bagiye gushyiramo ingufu, byumvikanamo ibisanzwe biri mu murongo w’ububanyi n’ubutwererane by’u Rwanda.

Aba Badipolomate bakiriwe na Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Kanama 2023, mu Biro bye muri Village Urugwiro, barimo abazaba bafite ibyicaro mu Rwanda, n’abazaba babifite mu Bihugu binyuranye byiganjemo ibyo mu karere.

Aba ba Ambasaderi, ni uwa Israel, Einat Weiss; uw’u Budage, Heike Uta Dettmann; uwa Korea y’Epfo, Jeong Woo-Jin; uw’u Budage, Heike Uta Dettmann; uwa Pakistan, Naeem Ullah Khan; bose bafite ibyicaro i Kigali.

Hari kandi ambasaderi Mesfin Gebremariam Shawo wa Ethiopia; Ambasaderi Mohamed Mellah wa Algeria; Soumaïla Savané wa Repubulika ya Guinea, na bo bose bazaba bafite ibyicaco i Kigali mu Rwanda.

Ni mu gihe abandi bazaba bafite ibyicaro mu bindi Bihugu, nka Ambasaderi Mlondi Solomon Dlamini wa Eswatini ufite icyicaro i Maputo, Ambasaderi Majid Saffar wa Iran ufite icyicaro i Kampala muri Uganda, Ambasaderi Ronald Micallef wa Malta icyicaro i Addis Ababa muri Ethiopia.

Hari kandi Ebrahim Mahmood Ahmed Abdullah uhagarariye Bahrain mu Rwanda, we ufite icyicaro i Tunis muri Tunisia, hakaba Ambasaderi Mathews Jere wa Zambia ufite icyicaro i Dar es Salaam muri Tanzania.

Aba badipolomate bagaragaje ibyishimo byo kwakirwa na Perezida Paul Kagame, banavuze ibyo bagiye gushyiramo ingufu mu guteza imbere umubano w’Ibihugu byabo n’u Rwanda.

Ambasaderi Einat Weiss wa Isarel mu Rwanda, avuga ko Igihugu cye n’u Rwanda bisanganywe umubano mwiza kandi bikaba bifite byinshi bisangiye, bityo ko imikoranire ndetse n’ubufatanye bizarushaho gutera imbere.

Yagize ati “Nkeka ko ntakindi Gihugu ku Isi gisangiye n’ikindi indangagaciro nk’uko bimeze kuri Israel n’u Rwanda. Hari byinshi bikomeje gukorwa hagati y’Ibihugu byombi mu buhinzi n’ubworozi, uburezi, ubuzima ndetse n’ibijyanye n’umutekano mu by’ikoranabuhanga kandi nizeye ko tuzakomeza gukorana byinshi.”

Ambasaderi Jeong Woo-Jin wa Koreya y’Epfo mu Rwanda, avuga ko igihe gito amaze mu Rwanda, yamaze kubona ubwiza bwarwo ndetse n’umuco w’Abanyarwanda.

Yavuze ko azafatanya n’u Rwanda mu iterambere rurimo, hakoreshejwe inzira z’ubufatanye bw’Igihugu ahagarariye n’u Rwanda, by’umwihariko mu nzego zirimo ikoranabuhanga n’ubuhinzi.

Ambasaderi Heike Uta Dettmann uhagarariye u Budage mu Rwanda, yavuze ko yanyuzwe n’uburyo Perezida Kagame yamwakiriye, ndetse n’ibiganiro bagiranye.

Ati “Twaganiriye ku mubano w’Ibihugu byacu kandi nanjye namwemereye ko niteguye gukora cyane mparanira ko umubano w’Ibihugu byacu warushaho gutera imbere.”

Ambasaderi Heike Uta Dettmann avuga ko azarushaho guteza imbere umubano n’imigenderanire ndetse n’imikoranire hagati y’Igihugu cye n’icy’u Rwanda, ku buryo hari ishoramari rizava mu Gihugu cye riza gukorera mu Rwanda.

Ambasaderi mushya wa Israel, Einat Weiss yazanye impapuro zimwemerera guhagararira Igihugu cye mu Rwanda
Avuga ko Igihugu cye gifite byinshi gisangiye n’u Rwanda

Ambasaderi Heike Uta Dettmann w’u Budage
Na we yazanye impapuro
Jeong Woo-Jin wa Korea y’Epfo
Majid Saffar uhagarariye Iran mu Rwanda
Ambasaderi Mathews Jere wa Zambia
Ambasaderi Ebrahim Mahmood Ahmed Abdulla wa Bahrain
Ambasaderi Mesfin Gebremariam Shawo wa Ethiopia
Ambasaderi Mohammed Mellah wa Algeria
Ambasaderi Soumaïla Savané wa Repubulika ya Guinea
Naeem Ullah Khan wa Palistan
Ambasaderi Mlondi Solomon Dlamini w’Ubwami bwa Eswatini
Ambasaderi Ronald Micallef w’Ibirwa bya Malta

Photos © Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 17 =

Previous Post

Gen Murasira wujuje icyumweru agaruwe muri Guverinoma yakiriye umushyitsi

Next Post

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare bakuru 10 anaha inshingano Abajenerali 6

Related Posts

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare bakuru 10 anaha inshingano Abajenerali 6

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare bakuru 10 anaha inshingano Abajenerali 6

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.