Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

TurambiweAgasuzuguro: Bamwe mu bahanzi nyarwanda bahagurutse

radiotv10by radiotv10
08/08/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
TurambiweAgasuzuguro: Bamwe mu bahanzi nyarwanda bahagurutse
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahanzi nyarwanda bahagurutse batangiza ubukangurambaga bwo kwamagana icyo bise agasuzuguro bakorerwa n’abo bise “abakomisiyoneri b’abahanzi.”

Ibi byatangijwe n’umuhanzi Kenny Sol wasohoye itangazo rigaruka ku mpamvu ataririmbye mu gitaramo Rwanda Rebirth Celebration Concert cyaririmbwemo na The Ben cyabaye ku wa Gatandatu tariki 06 Kanama 2022.

Kenny Sol utararirimbye kandi yaragombaga kuririmba, yasohoye itangazo risa nk’iritangiza ubukangurambaga yise #Turambiweagasuzuguro avugamo ko abategura ibitaramo mu Rwanda basuzugura abahanzi nyarwanda.

Kenny Sol wagarutse ku Munyamakuru David Bayingana wari wateguye iki gitaramo, yavuze ko yamubwiye amagambo y’agasuzuguro kenshi amwihenuraho, amubwira ko azaririmbe cyangwa arorere.

Uyu muhanzi avuga ko abateguye iki gitaramo banze kubahiriza amasezerano bagiranye ndetse ko ari yo mpamvu ataririmbye muri kiriya gitaramo.

Umuhanzi Juno Kizigenza na we ugezweho muri iyi minsi, na we yahise asohora inyandiko ndende yamagana aka gasuzuguro gakorerwa bamwe mu bahanzi nyarwanda.

Muri iyi nyandiko ya Juno Kizigenza, atangira yihanganisha Kenny Sol ko na we ashobora gutangira gusobanyirizwa kubera kugaragaza ukuri kw’ibibera muri uru ruganda rwa muzika.

Juno Kizigenza uvuga ko aka gasuzuguro kaba kihishwe inyuma n’abakomisiyoneri bereka abahanzi ko bifuza iterambere ryabo ariko bakajya kubaca ruhinganyuma kugira ngo bakame izo bataragiye.

Yagize ati “Kandi benshi muri bo ni na bo bitambika hagati y’umuhanzi n’ibigo bitera inkunga cyangwa ibya Leta bigize abakomisiyoneri b’abahanzi bakabeshya ko abahanzi bose ari abasinzi kandi ko ari bo bonyine bazi kuduhandlinga [kutugarura mu murongo].”

Uyu muhanzi avuga ko abo bantu bigize abakomisiyoneri b’abahanzi bateye imbere mu gihe bamwe mu bahanzi barinda basaza badatejwe imbere n’impano yabo.

Kenny Sol yatangije ubu bukangurambaga bwo kwamagana ibyo bise agasuzuguro
Juno Kizigenza na we yaje mu ngendo imwe n’iya Kenny Sol

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + fourteen =

Previous Post

Igisobanuro cy’urukundo: Umukobwa w’imyaka 22 abana n’umugabo w’imyaka 88 anatwitiye, basangira akabisi n’agahiye

Next Post

Bobi Wine na Besigye batsinzwe amatora ya Perezida bagiye kuba Indorerezi mu yo muri Kenya

Related Posts

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

IZIHERUKA

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe
AMAHANGA

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bobi Wine na Besigye batsinzwe amatora ya Perezida bagiye kuba Indorerezi mu yo muri Kenya

Bobi Wine na Besigye batsinzwe amatora ya Perezida bagiye kuba Indorerezi mu yo muri Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.