Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

TurambiweAgasuzuguro: Bamwe mu bahanzi nyarwanda bahagurutse

radiotv10by radiotv10
08/08/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
TurambiweAgasuzuguro: Bamwe mu bahanzi nyarwanda bahagurutse
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahanzi nyarwanda bahagurutse batangiza ubukangurambaga bwo kwamagana icyo bise agasuzuguro bakorerwa n’abo bise “abakomisiyoneri b’abahanzi.”

Ibi byatangijwe n’umuhanzi Kenny Sol wasohoye itangazo rigaruka ku mpamvu ataririmbye mu gitaramo Rwanda Rebirth Celebration Concert cyaririmbwemo na The Ben cyabaye ku wa Gatandatu tariki 06 Kanama 2022.

Kenny Sol utararirimbye kandi yaragombaga kuririmba, yasohoye itangazo risa nk’iritangiza ubukangurambaga yise #Turambiweagasuzuguro avugamo ko abategura ibitaramo mu Rwanda basuzugura abahanzi nyarwanda.

Kenny Sol wagarutse ku Munyamakuru David Bayingana wari wateguye iki gitaramo, yavuze ko yamubwiye amagambo y’agasuzuguro kenshi amwihenuraho, amubwira ko azaririmbe cyangwa arorere.

Uyu muhanzi avuga ko abateguye iki gitaramo banze kubahiriza amasezerano bagiranye ndetse ko ari yo mpamvu ataririmbye muri kiriya gitaramo.

Umuhanzi Juno Kizigenza na we ugezweho muri iyi minsi, na we yahise asohora inyandiko ndende yamagana aka gasuzuguro gakorerwa bamwe mu bahanzi nyarwanda.

Muri iyi nyandiko ya Juno Kizigenza, atangira yihanganisha Kenny Sol ko na we ashobora gutangira gusobanyirizwa kubera kugaragaza ukuri kw’ibibera muri uru ruganda rwa muzika.

Juno Kizigenza uvuga ko aka gasuzuguro kaba kihishwe inyuma n’abakomisiyoneri bereka abahanzi ko bifuza iterambere ryabo ariko bakajya kubaca ruhinganyuma kugira ngo bakame izo bataragiye.

Yagize ati “Kandi benshi muri bo ni na bo bitambika hagati y’umuhanzi n’ibigo bitera inkunga cyangwa ibya Leta bigize abakomisiyoneri b’abahanzi bakabeshya ko abahanzi bose ari abasinzi kandi ko ari bo bonyine bazi kuduhandlinga [kutugarura mu murongo].”

Uyu muhanzi avuga ko abo bantu bigize abakomisiyoneri b’abahanzi bateye imbere mu gihe bamwe mu bahanzi barinda basaza badatejwe imbere n’impano yabo.

Kenny Sol yatangije ubu bukangurambaga bwo kwamagana ibyo bise agasuzuguro
Juno Kizigenza na we yaje mu ngendo imwe n’iya Kenny Sol

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 11 =

Previous Post

Igisobanuro cy’urukundo: Umukobwa w’imyaka 22 abana n’umugabo w’imyaka 88 anatwitiye, basangira akabisi n’agahiye

Next Post

Bobi Wine na Besigye batsinzwe amatora ya Perezida bagiye kuba Indorerezi mu yo muri Kenya

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bobi Wine na Besigye batsinzwe amatora ya Perezida bagiye kuba Indorerezi mu yo muri Kenya

Bobi Wine na Besigye batsinzwe amatora ya Perezida bagiye kuba Indorerezi mu yo muri Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.