Monday, October 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Twibukiranye igisubizo P.Kagame yahaye abanenga imikoranire y’u Rwanda n’amakipe y’ibihangange ishorwamo akayabo

radiotv10by radiotv10
29/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Twibukiranye igisubizo P.Kagame yahaye abanenga imikoranire y’u Rwanda n’amakipe y’ibihangange ishorwamo akayabo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amezi atanu Perezida Paul Kagame asubije abanenga kuba u Rwanda rukorana n’amakipe akomeye mu mupira w’amaguru, mu mikoranire ibyara inyungu, akanavuga ko hari indi kipe rugiye gukorana na yo, iyi kipe yamenyekanye ndetse n’imikoranire yatangiye.

Habanje Arsenal

Inkuru y’imikoranire y’u Rwanda n’amakipe y’I Burayi yageze i Kigali ku nshuro ya mbere muri 2018, ubwo u Rwanda rwavugaga ko ruri muri gahunda yo gukuba inshuro ebyiri amafaranga ava mu bukerarugendo; akava kuri miliyoni 440 USD rwinjizaga ku mwaka, akagera kuri miliyoni 800 USD muri 2024.

Iyo gahunda yatumye rushyira umukono ku masezerano y’imikoranire na Arsenal yo mu Bwongereza, bemeranya ko iyi kipe izajya yambara imyenda bakinana iriho ijambo rishshikariza abantu gusura u Rwanda ‘Visit Rwanda’ ndetse rikanagaragara ku byapa byamamaza ku kibuga.

Nubwo impande zombi zitigeze zigaragaza ikiguzi u Rwanda rugomba kubitangaho; ibinyamamukuru nka The Athletics, Sportsmedia, n’ibindi; bigaragaza ko u Rwanda rugomba kwishyura miliyoni 10 z’amapound ku mwaka umwe. Bivuze ko mu myaka irindwi aya masezerano agomba kumara; u Rwanda rugomba kwishyura miliyoni 70 z’amapound.

Imibare igaragaza ko ku mwaka wa mbere w’aya masezerano; abasura u Rwanda bageze kuri miliyoni 1,7, bituma ubukerarugendo bw’u Rwanda bwinjiza miliyoni 404 USD avuye kuri miliyoni 438 yinjiye muri 2017.

Mu mwaka wa kabiri abasura u Rwanda bageze kuri miliyoni 1,6; bituma ubukerarugendo bwinjiriza u Rwanda miliyoni 500 USD.

Uwo mwaka wa 2019 hahise hiyongeraho andi masezerano y’u Rwanda na PSG yo mu Bufaransa, aho ibinyamakuru byatangaje ko u Rwanda rugomba kwishyura miliyoni ziri hagati ya 8 na 10 z’ama-Euro ku mwaka umwe. Ni ukavuga ko ku mwaka u Rwanda rwishyura miliyoni 10; ku buryo kugeza muri 2025 PSG yazakira miliyoni 50 z’ama-Euro.

Ubu hasinywe andi masezerano mashya y’u Rwanda na Bayern Munchen yo mu Budage; asanze amezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2023 ubukerarugendo bw’u Rwanda bwinjije miliyoni 247 USD.

U Rwanda n’uyu mufatanyabikorwa mu bukerarugendo, bavuze ko bazakorana kugeza muri 2028, ariko ntibagaragaje ikiguzi u Rwanda ruzatanga kuri iyi myaka itanu.

 

Inyungu ku Rwanda irahari

Muri Werurwe uyu mwaka, ubwo Perezida Paul Kagame yagarukaga ku bakomeza kuririra kuri aya masezerano, bakanenga u Rwanda kuba rushora imari ingana uku mu makipe akomeye, yagaragaje ko iyi mikoranire ikomeje kubyara inyungu.

Agaruka ku ikipe ya Arsenal, Perezida Kagame yagize ati “Birenze cyane ibyo twashoye muri iyi mikoranire, ariko hari abavuga ngo oya, oya Ndetse hari n’abakabaye babyumva neza, ariko abitwara batyo si uko batabyumva, hari icyo babuze cyangwa badafite ubwenge bwo kubyumva. Babiterwa no gutsimbarara gusa, bakavuga ngo ‘u Rwanda ruri gusesagura amafaranga yacu’. Ninde wabikubwiye? Ni njye uzi icyo dushoramo ni nanjye uzi icyo dukuramo. None urashaka kumvugira? Ugashaka ko abantu bakwizera kuruta uko banyizera! Hari n’amaserezano dufitanye na PSG. Harimo impinduka nke, ariko ashingiye ku gitekerezo kimwe, ndetse turi kuvunana n’indi kipe y’umupira w’amaguru ikomeye. Iyo dukomeje gukurikiranya amakipe gutya, tuba tuzi icyo dukurikiye. Ntabwo ari ugupfusha ubusa amafaranga.”

Muri uru rwego rw’ubukerarugendo, imibare ishimangira ko amafaranga yavuye mu basuye ingagi yavuye kuri miliyoni 19.2 USD yo muri 2018 agera kuri kuri miliyoni 113 USD muri 2022.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + seven =

Previous Post

Musanze: Uko abantu barenga 100 bo mu Turere 13 baguwe gitumo bari mu bitemewe

Next Post

IFOTO: Abavugizi ba RDF na Polisi y’u Rwanda kuri sitade

Related Posts

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

by radiotv10
13/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko hagiye gutangira ibikorwa byo kwiyandikisha ku nkumi n'abasore bifuza kuyinjiramo ku rwego rw’abapolisi bato, birimo...

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

by radiotv10
13/10/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yongeye gukangurira abantu gukora imyitozo ngororamubiri, agaragaza iyo bakora kugira ngo bagabanye ibyago kugeza kuri...

Ibyagaragaye mu iperereza ku bakozi ba RBC baregwa muri dosiye ya Miliyoni 48Frw

Ibyagaragaye mu iperereza ku bakozi ba RBC baregwa muri dosiye ya Miliyoni 48Frw

by radiotv10
13/10/2025
0

Abakozi babiri b’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC na rwiyemezamirimo umwe, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Work-Life balance: Does it really exist?

Work-Life balance: Does it really exist?

by radiotv10
13/10/2025
0

We’ve all heard the phrase “work-life balance” that perfect harmony between your career and your personal life. It sounds ideal,...

Igisubizo gihabwa abamaze imyaka itatu bafite ikibahangayikishije kirumvikanamo icyizere kitari vuba

Igisubizo gihabwa abamaze imyaka itatu bafite ikibahangayikishije kirumvikanamo icyizere kitari vuba

by radiotv10
13/10/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bamaze imyaka itatu bategereje ingurane z’imitungo...

IZIHERUKA

Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare
AMAHANGA

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

by radiotv10
13/10/2025
0

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

13/10/2025
Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

13/10/2025
Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

13/10/2025
Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

13/10/2025
Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

13/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Abavugizi ba RDF na Polisi y’u Rwanda kuri sitade

IFOTO: Abavugizi ba RDF na Polisi y’u Rwanda kuri sitade

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.