Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Twibukiranye igisubizo P.Kagame yahaye abanenga imikoranire y’u Rwanda n’amakipe y’ibihangange ishorwamo akayabo

radiotv10by radiotv10
29/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Twibukiranye igisubizo P.Kagame yahaye abanenga imikoranire y’u Rwanda n’amakipe y’ibihangange ishorwamo akayabo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amezi atanu Perezida Paul Kagame asubije abanenga kuba u Rwanda rukorana n’amakipe akomeye mu mupira w’amaguru, mu mikoranire ibyara inyungu, akanavuga ko hari indi kipe rugiye gukorana na yo, iyi kipe yamenyekanye ndetse n’imikoranire yatangiye.

Habanje Arsenal

Inkuru y’imikoranire y’u Rwanda n’amakipe y’I Burayi yageze i Kigali ku nshuro ya mbere muri 2018, ubwo u Rwanda rwavugaga ko ruri muri gahunda yo gukuba inshuro ebyiri amafaranga ava mu bukerarugendo; akava kuri miliyoni 440 USD rwinjizaga ku mwaka, akagera kuri miliyoni 800 USD muri 2024.

Iyo gahunda yatumye rushyira umukono ku masezerano y’imikoranire na Arsenal yo mu Bwongereza, bemeranya ko iyi kipe izajya yambara imyenda bakinana iriho ijambo rishshikariza abantu gusura u Rwanda ‘Visit Rwanda’ ndetse rikanagaragara ku byapa byamamaza ku kibuga.

Nubwo impande zombi zitigeze zigaragaza ikiguzi u Rwanda rugomba kubitangaho; ibinyamamukuru nka The Athletics, Sportsmedia, n’ibindi; bigaragaza ko u Rwanda rugomba kwishyura miliyoni 10 z’amapound ku mwaka umwe. Bivuze ko mu myaka irindwi aya masezerano agomba kumara; u Rwanda rugomba kwishyura miliyoni 70 z’amapound.

Imibare igaragaza ko ku mwaka wa mbere w’aya masezerano; abasura u Rwanda bageze kuri miliyoni 1,7, bituma ubukerarugendo bw’u Rwanda bwinjiza miliyoni 404 USD avuye kuri miliyoni 438 yinjiye muri 2017.

Mu mwaka wa kabiri abasura u Rwanda bageze kuri miliyoni 1,6; bituma ubukerarugendo bwinjiriza u Rwanda miliyoni 500 USD.

Uwo mwaka wa 2019 hahise hiyongeraho andi masezerano y’u Rwanda na PSG yo mu Bufaransa, aho ibinyamakuru byatangaje ko u Rwanda rugomba kwishyura miliyoni ziri hagati ya 8 na 10 z’ama-Euro ku mwaka umwe. Ni ukavuga ko ku mwaka u Rwanda rwishyura miliyoni 10; ku buryo kugeza muri 2025 PSG yazakira miliyoni 50 z’ama-Euro.

Ubu hasinywe andi masezerano mashya y’u Rwanda na Bayern Munchen yo mu Budage; asanze amezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2023 ubukerarugendo bw’u Rwanda bwinjije miliyoni 247 USD.

U Rwanda n’uyu mufatanyabikorwa mu bukerarugendo, bavuze ko bazakorana kugeza muri 2028, ariko ntibagaragaje ikiguzi u Rwanda ruzatanga kuri iyi myaka itanu.

 

Inyungu ku Rwanda irahari

Muri Werurwe uyu mwaka, ubwo Perezida Paul Kagame yagarukaga ku bakomeza kuririra kuri aya masezerano, bakanenga u Rwanda kuba rushora imari ingana uku mu makipe akomeye, yagaragaje ko iyi mikoranire ikomeje kubyara inyungu.

Agaruka ku ikipe ya Arsenal, Perezida Kagame yagize ati “Birenze cyane ibyo twashoye muri iyi mikoranire, ariko hari abavuga ngo oya, oya Ndetse hari n’abakabaye babyumva neza, ariko abitwara batyo si uko batabyumva, hari icyo babuze cyangwa badafite ubwenge bwo kubyumva. Babiterwa no gutsimbarara gusa, bakavuga ngo ‘u Rwanda ruri gusesagura amafaranga yacu’. Ninde wabikubwiye? Ni njye uzi icyo dushoramo ni nanjye uzi icyo dukuramo. None urashaka kumvugira? Ugashaka ko abantu bakwizera kuruta uko banyizera! Hari n’amaserezano dufitanye na PSG. Harimo impinduka nke, ariko ashingiye ku gitekerezo kimwe, ndetse turi kuvunana n’indi kipe y’umupira w’amaguru ikomeye. Iyo dukomeje gukurikiranya amakipe gutya, tuba tuzi icyo dukurikiye. Ntabwo ari ugupfusha ubusa amafaranga.”

Muri uru rwego rw’ubukerarugendo, imibare ishimangira ko amafaranga yavuye mu basuye ingagi yavuye kuri miliyoni 19.2 USD yo muri 2018 agera kuri kuri miliyoni 113 USD muri 2022.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + six =

Previous Post

Musanze: Uko abantu barenga 100 bo mu Turere 13 baguwe gitumo bari mu bitemewe

Next Post

IFOTO: Abavugizi ba RDF na Polisi y’u Rwanda kuri sitade

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Abavugizi ba RDF na Polisi y’u Rwanda kuri sitade

IFOTO: Abavugizi ba RDF na Polisi y’u Rwanda kuri sitade

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.